Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Miliyoni $300 Zizashorwa Mu Kwagura Pariki y’Ibirunga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Miliyoni $300 Zizashorwa Mu Kwagura Pariki y’Ibirunga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 November 2022 3:21 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’ibidukikije yatangaje ko Leta yateganyije Miliyoni $300 ni ukuvuga Miliyari Frw 300 azashorwa mu kwagura Pariki y’Ibirunga. Biteganyijwe ko imirimo yo kwagura iriya pariki iri mu zinjiriza u Rwanda amadolari menshi izaha abaturage 17,000 akazi.

Izagurwa ku buso bungana na 23% bw’uko  yari isanzwe ingana.

Muri Minisiteri y’ibidukikije bavuga ko kwagura iriya pariki bizafasha mu kugabanya ku kigero cya 80% ibibazo byari bisanzwe biteranya abaturiye iriya Pariki n’inyamaswa ziyibamo.

Iyi mituranire hagati y’abantu na Pariki iherutse no gutuma hari umuturage uhitanwa n’imbogo yari yamanutse isanga abaturage mu mirima, ugiye kuyiyama imucumita ihembe rimuheza umwuka.

Biteganyijwe ko hagati y’aho abaturage bazaba batuye ugereranyije n’aho inyamaswa zizaba ziri hazaba hari uburebure bwa Kilometero 6,620.

Ikindi kandi ni uko abaturage 3,400 bazimurwa ahazashyirwa iriya Pariki kandi bazubakirwa ibikorwa remezo n’ibindi bizamura imibereho yabo.

Ibi bikorwa bizashorwamo Miliyoni $ 70.

Learn more about the plan to expand Rwanda's @VolcanoesPark here 👇🏿 pic.twitter.com/0UX0o2V95i

— Ministry of Environment – Rwanda (@EnvironmentRw) November 16, 2022

Ubwo hatahagwa ibikorwaremezo Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere cyubakiye abahoze batuye ahashyizwe Pariki y’Akagera mu Murenge wa Kabare ahitwa Cyarubare, Umuyobozi muri iki kigo ushinzwe ubukerarugendo Ariella Kageruka yasabye Abanyarwanda kubungabunga Pariki zose z’igihugu cyabo kuko umusaruro uvamo ubagirira akamaro bo n’abo babyaye.

Umushinga watashywe muri Kabare, ni umwe mu yindi 72 iri mu Rwanda.

Kageruka yavuze ko ibikorwa remezo byubatswe ari umusaruro w’uko abaturage bagize uruhare mu kurinda ibidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima muri rusange.

Muri Cyarubare hatashwe Agakiriro karimo n’aho urubyiruko rwigira imyuga.

Hari n’ibindi bikorwa bihari bigamije kurufasha kwishimira ko amafaranga ava mu bukerarugendo agirira akamaro abaturage bayituriye.

Kageruka yavuze ko hari n’indi mishinga nk’iriya yubatswe mu turere rwa Gatsibo na Nyagatare nayo yarangiye mu mwaka wa 2022.

Muri Cyarubare hanatewe ibiti 10,000 mu rwego rwo gufasha abahatuye kubona ibiti bituma bahumeka umwuka mwiza kandi bigakurura n’imvura.

Ariella Kageruka yavuze ko ibyiza  bigaragara mu bice byahoze ari Pariki ari ikintu abantu bagomba kwishimira kuko bibagirira akamaro kakazagera no ku rubyaro rwabo.

Ati: “ Iyo urenze ibidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima amafaranga abivamo agirira akamaro abaturiye Pariki ariko bikaguka bikagirira akamaro n’ababakomokaho. Niyo mpamvu twaje gutaha ibi bikorwa kandi n’ahandi bizahubakwa.”

Mu gihe Abanyarwanda bitegura kuzitabira igikorwa cyo kwita izina, Kageruka avuga ko ari ngombwa ko hari ibikorwa remezo bitahwa kugira ngo uriya munsi uzagere bishimiye umusaruro uva mu kwita ku bidukikije.

Ariella Kageruka

Avuga ko Abanyarwanda bari bamaze iminsi batizihiza umunsi wo kwita Izina kubera COVID-19 ariko ngo kuba bibaye ni ikintu cyo kwishimira .

Kuva gahunda y’isaranganyamutungo w’ibiva mu bukerarugendo bukorerwa muri za Pariki yatangira, u imishinga 880 yo guteza imbere abaturiye Pariki yaratangijwe kandi irarangira.

Yakorewe  mu Tutere  14 hirya no hino mu Rwanda.

Yagiyemo mo Miliyari Frw 9 zisaga gato. niyo imaze  gushyirwa mu mishinga y’iterambere rigamije kuzamura imibereho y’abaturage.

TAGGED:AbanyarwandaKagerukaPariki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwazamuye Igihuha Ko Polisi Yazamuye Amande Yo Kuvugira Kuri Telefoni Yafashwe
Next Article Rwanda: Depite Yasabye Guverinoma Gukuraho Inkwano No ‘Kuremera’ Abagiye Kurushinga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yahuje Ubuziranenge N’Iterambere Rirambye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Bugesera: PSF Yasinyanye N’Ubuyobozi Gufatanya Guteza Imbere Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?