Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: MINALOC Igiye Kwifashisha Ikoranabuhanga Mu Gushyira Abantu Mu Budehe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

MINALOC Igiye Kwifashisha Ikoranabuhanga Mu Gushyira Abantu Mu Budehe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 January 2024 6:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abaturage banenga abaganga batinda kugera ku kazi
SHARE

Mu gihe runaka kiri imbere, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), irateganya kuzamurikira rubanda urubuga rw’ikoranabuhanga ruzajya rukoreshwa mu kumenya abaturage bakeneye inkunga.

Ni mu rwego rwo kumenya imibereho y’abaturage binyuze mu ikoranabuhanga kugira ngo abakennye kurusha abandi bafashwe kubwivanamo.

Iryo koranabuhanga baryise ‘Imibereho Dynamic Social Registry System’.

Ubuyobozi muri iyi Minisiteri buvuga ko ibyiciro by’ubudehe byabagamo amakosa menshi yaterwaga n’uko hari abaturage bumvaga ko bagomba gushyirwa mu byiciro by’abakene byanze bikunze kandi mu by’ukuri imibereho yabo itabibemerera.

Bifuzaga inkunga ya Leta ngo bafashwe kubaho kandi basanzwe bifashije mu rugero runaka.

Reba amakuru y’urugo rwawe muri sisiteme “𝗜𝗺𝗶𝗯𝗲𝗿𝗲𝗵𝗼”.
Kanda *𝟏𝟗𝟓# ukurikize amabwiriza. pic.twitter.com/QrdCO8koDo

— Ministry of Local Government | Rwanda (@RwandaLocalGov) January 15, 2024

Umuyobozi ushinzwe ikoranabuhanga muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Ariane Mugisha, yabwiye New Times ko iryo koranabuhanga rishya rizaba rifite amakuru ku mibereho y’abatuye buri rugo ku buryo bizoroha guhitamo abakene mu nzego zitandukanye, aho bari hose mu Rwanda.

Ati: “ Rizakemura ibibazo byo kubogama mu gutoranya abagenerwabikorwa muri gahunda zo gufasha abatishoboye. Rizoroshya n’uburyo bwo gukurikirana ko uwari mu cyiciro cy’ubukene runaka yakivuyemo.”

Yunzemo ko iri koranabuhanga rigenewe n’abandi bose bashaka gufasha abaturage kugira imibereho myiza, ni ukuvuga imiryango itegamiye kuri Leta n’ishingiye ku madini.

Ariane Mugisha avuga ko iri koranabuhanga rizakoreshwa no mu micungire y’ubutaka.

Yagize ati: “Twamaze kurangiza igice kimwe cyaryo kandi tuzakomeza kurinoza. Ibijyanye no kwandika abavutse nabyo byahujwe n’iri koranabuhanga hagamijwe kumenya umubare w’abagize buri rugo. Ryahujwe kandi n’irya mituweli kugira ngo ishyirwa mu bikorwa ryaryo rizorohe.”

Umuyobozi ushinzwe ikoranabuhanga muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Ariane Mugisha

Avuga ko ubundi buryo iri koranabuhanga riri gukoreshwamo harimo n’imicungire y’imisoro, imicungire y’abakozi  ba Leta n’ubundi bwinshi bwahujwe naryo kugira ngo hagenzurwe ubukungu bw’ingo n’imibereho y’abazituye.

Mu miterere y’iyo gahunda, harimo ko uretse ingo zifite ibibazo byihariye, Leta izakomeza kwita ku bageze mu za bukuru batishoboye, incike, abafite ubumuga bukomeye, abafite indwara zidakira n’ingo ziyobowe n’abana ‘abandi bose’ bagomba gufashwa kwikura mu bukene.

Mu ngamba nshya zatangajwe kandi harimo gahunda itandukanye n’iyari isanzwe ivuga ko abaturage bafashwa na Leta bazajya basinya amasezerano y’imyaka ibiri(2) yo kwikura mu bukene.

Politiki y’u Rwanda igaragaza ko hakenewe n’uruhare rw’umuturage ufashwa agaharanira kwitunga aho guhora afashwa.

Inshingano za Leta n’abo ifatanyije nabo zizaba ari ugushyiraho uburyo butuma umuturage abona iby’ibanze bimuvana mu bukene, ahasigaye hakaba ahe.

Iyi Politiki yemejwe n’Inama y’Abaminisitiri mu Ugushyingo 2022.

Mbere na mbere Ibyiciro by’Ubudehe byatangijwe mu mwaka wa 2000, bikaba byari  mu rwego rwo kugabanya ubukene.

Mu myaka yabanjirije uyu, abakene bahabwaga inkunga, abana babo bakishyurirwa  amafaranga y’ishuri muri Kaminuza, hakaba n’abishyurirwa ubwisungane mu kwivuza hashingiwe kuri ibyo byiciro.

TAGGED:AbaminisitirifeaturedIkoranabuhangaMINALOCUbudeheUbukene
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuhanda Huye-Rusizi Wacitsemo Kabiri
Next Article Perezida W’Uburundi Yagiye Muri Gabon Mu Ndege Y’Uwo Agiye Gusura
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?