Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: MINEDUC Yanenze Abarimu Basiba Akazi, Abandi Ntibategure
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

MINEDUC Yanenze Abarimu Basiba Akazi, Abandi Ntibategure

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 August 2025 7:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’uburezi Nsengimana Joseph avuga ko muri rusange abarimu bitwaye neza mu kazi kabo mu mwaka w’amashuri wahise, gusa anenga abigisha batateguye.

Mu kiganiro cyigirwagamo uko uburezi bwanozwa kurushaho ni ho yabivugiye kuri uyu wa Kane, cyari cyahurije hamwe abakora mu burezi n’abafatanyabokorwa babo.

Ubwo yasubizaga ibibazo, Nsengimana yasobanuye n’impamvu zatumye hemezwa ko abarimu bose bagomba guhemberwa muri SACCO.

Yavuze ko kugira ngo wumve iyo mpamvu, bisaba kwibuka icyatumye izo Koperative z’abarimu zishingwa.

Ngo zaje gutanga ibisubizo nk’ibyo ZIGAMA CSS itanga.

Ati: “Byaba byiza dusubiye inyuma tukareba impamvu Umwalimu SACCO yashyizweho n’uwo yari igenewe. Umwalimu SACCO yashyiriweho abarimu, rwose ngira ngo muribuka igihe yagiriyeho, uburyo yagiyeho kandi ni Nyakubahwa Perezida wa Repubulika watangije iki gitekerezo kubera ko yabonaga uburyo ZIGAMA CSS yari yashoboye gufasha abasirikare, aravuga ati: kuki abarimu na bo batafashwa, hakajyaho ikintu cyabo kibafasha kugira ngo biteze imbere? Ni uko Umwaimu SACCO yagiyeho”.

Mu mikorere ya Umwalimu SACCO, ikigamijwe ari iterambere ry’abarimu nk’uko Nsengimana abivuga, akemeza ko icyo igamije ari ugutuma bigira.

Yanavuze ko impamvu ituma Icyongereza gihabwa agaciro haba mu myigishirize no mu guhugura, ari uko u Rwanda rwakigize ururimi rukoreshwa mu nzego zose z’imiyoborere yarwo.

Ndetse ngo hari na gahunda nshya iteganya urwego rw’Icyongereza umwarimu agomba kuba ariho kugira ngo ashobore kwigisha muri urwo rurimi.

Nibitaba ibyo azasezererwa mu kazi nk’uko uwahoze ari Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirenge yigeze kubibwira Inteko.

Nsengimana yakebuye abarimu batitwara neza ngo bibe byabahesha isura nziza mu bana bigisha, abibutsa ko mwarimu ari we ugena uko abantu bamufata.

Ati: “Cyera mwarimu yari umuntu ukomeye cyane, ariko isura ye, si undi muntu uyimuha, niwe uyiha, kuko yari umubyeyi, yari umuntu wifata neza. Iyo mwarimu yitwaye nk’umubyeyi, nk’umurezi, arabyuhabirwa, bikiyongeraho ko n’igihugu cyumvise akamaro kw gishyiramo imbaraga nyinshi mu kumuteza imbere… Ariko na mwarimu akwiye gushyiraho ake…”

Izindi ngingo zaganiriweho zirimo abarimu basiba amasomo, abigisha amasomo batateguye biganjemo ab’Igifaransa n’abandi bavugwaho imyitwarire idafututse.

TAGGED:Abanyarwanda. featuredAbarimufeaturedNsengimanaUburezi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Canada Yiyongereye Ku Bindi Bihugu Bikize Bishaka Ko Palestine Yigenga Byuzuye 
Next Article Herekanywe Amashusho Ashinja Kabila Ubugambanyi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?