Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: MINICOM Yaburiye Abanyarwanda Ku Kigo CHY Gikora Ubucuruzi Bw’Uruhererekane
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

MINICOM Yaburiye Abanyarwanda Ku Kigo CHY Gikora Ubucuruzi Bw’Uruhererekane

admin
Last updated: 19 March 2021 5:36 am
admin
Share
SHARE

Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM) yasabye Abanyarwanda kwirinda gukorana n’ikigo CENTURY HENG YUE (CHY), cyiyandikishije mu Rwanda nk’ikigo gikora ubucuruzi bwifashisha ikoranabuhanga ariko kigatangira gukora ubucuruzi bw’uruhererekane buzwi nka’pyramide’.

Ubwo bucuruzi umuntu asabwa gutanga amafaranga aba yitwa ko ari ayo kugura iduka mu Bushinwa mu cyitwa CHY MALL, umuntu akajya ahabwa inyungu ku mafaranga yatanze hagati y’iminsi 10-12.

Iyo yinjije undi muntu muri ubwo bucuruzi na we agatangamo amafaranga, ahabwa inyungu ari nabyo bituma butangira kuba ubuzuruzi bw’uruhererekane.

Mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Kane, MINICOM yavuze ko ikigo CENTURY HENG YUE (CHY) gikomeje gukora ibyo kitaherewe uburenganzira.

Iti “MINICOM iramenyesha abantu bose ko sosiyete y’ubucuruzi yitwa CENTURY HENG YUE (CHY), ubusanzwe yanditswe muri RDB ko igomba gukora ubucuruzi bwifashisha ikoranabuhanga (e-commerce), yabirenzeho ahubwo igatangiza ubundi bucuruzi butemewe buzwi ku izina rya piramide, aho basaba abantu amafaranga babizeza inyungu yizewe kandi yihuse.”

“Bityo, Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda iraburira abantu bose kwirinda kugira imikoranire y’ubucuruzi bwa piramide hamwe n’iyi sosiyete.”

Ni icyemezo byatangajwe ko cyafashwe hashingiwe ku igenzura MINICOM yakoze ifatanyije n’izindi nzego zirimo Minisiteri y’Ikoranabuhanga mu Itumanaho na Inovasiyo, Banki Nkuru y’u Rwanda, Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) n’Urwego rw’Abikorerera (PSF).

TAGGED:CENTURY HENG YUE (CHY)featuredMINICOM
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article The Rise Fund Yaguze Imigabane Ya Miliyoni $200 Mu Bucuruzi Bwa Airtel Money
Next Article Shampiyona Zo Mu Cyiciro Cya Mbere Zakomorewe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?