Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: MINISANTE Iraburira Abanywi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

MINISANTE Iraburira Abanywi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 July 2023 7:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyarwanda cyane cyane abo mu Ntara y’Amajyaruguru, bakunda agahiye. N’ubwo inzoga zemewe, ariko abaganga basaba abantu ‘kunywa mu rugero’.

Abantu bakunda inzoga bavuga ko kunywa mu rugero ari ikintu gikorwa n’umuntu ukiga kunywa inzoga n’aho uwazimenyereye ntiyabishobora.

Bemeza ko iyo usomye ku macupa abiri, ubwo uba ushobora no gusoma ku macupa 20.

Uwitwa Maniraho yagize ati: “ Ujya mu kabari ushaka rimwe, ryarangira ukibaza niba uri buhite utaha… Icyo gihe rero utumiza irindi rya kabiri, naryo ryashira ugatumiza irindi, gutyo gutyo…”

Bisa n’aho icupa rimwe ry’inzoga rihamagara irindi!

Maniraho avuga ko uburyo bwiza bwo kunywa mu rugero ari ukutanywa icupa na rimwe.

Kuba imibare iherutse gutangazwa na RBC yerekana ko abanywi b’inzoga mu Rwanda biyongereye, ni ikibazo gihangayikishije inzego z’ubuzima.

Raporo iherutse gusohoka yatangaje ko abanywa inzoga biyongereye bava kuri 41% mu mwaka wa 2013 bagera kuri 48% mu mwaka wa 2022.

Ni inyongera ya 7%.

Abagabo baracyari aba mbere mu kunywa inzoga kuko bafite ijanisha rya 62% n’aho  abagore bakagira 34%.

Intara y’Amajyaruguru niyo ifite abanywi benshi ( 56%) hagakurikiraho abo mu Ntara y’Amajyepfo bafite 51%.

Umuburo wa Minisanté

Minisiteri y’ubuzima iburira abantu bakunda inzoga ko ubuzima bwabo bwugarijwe n’indwara zikomeye.

Ivuga ko abanywi b’inzoga ba cyane bashyira ubwonko bwabo mu kaga kuko bituma bukora nabi.

Imikorere mibi y’ubwonko niyo ituma uwanyoye inzoga atemererwa gutwara ikinyabiziga.

Buri wese ariyumvisha ingaruka byateza.

Ibindi byago byugarije abanywi b’inzoga mu buryo budahindagurika ni indwara zirimo kanseri y’umwijima, kubangamira imikorere iboneye y’uburyo bw’imyororokere, kuziba imitsi irimo n’ijyana amaraso mu bwonko, uburwayi buhoraho bw’umutima ndetse n’ubw’inyama ifasha mu gukora amaraso yitwa ‘impindura.’

Izo ngaruka ziza zisanga ibindi bibazo birimo umubano mubi hagati y’umunywi n’abo babana( harimo n’abashakanye), kutagwiza amafaranga kuko amenshi agendera mu kugura inzoga ndetse no guhora mu bibazo n’amategeko kuko akenshi umuntu wasinze aba ashobora no gukora ibyaha.

Kunywa inzoga nyinshi mu gihe kirekire ni ugushyira ubuzima mu kaga

Muri make, Minisiteri y’ubuzima ivuga ko abantu bakuru bagombye kujya babanza gutekereza neza mbere yo kwinjira mu kabari.

Ntabwo ibuza abantu kunywa kuko byemewe ku bantu bakuru gusa, ariko itanga inama yo kwirinda gushayisha ngo umuntu ahinduke ‘rubundakumazi’.

TAGGED:AbanyarwandaAbanywifeaturedInzogaMinisiteriUburwayi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uko RPF-Inkotanyi Yakoze Ubukangurambaga Bwo Kubohora u Rwanda
Next Article Abashinwa Bakoze Imodoka Igenda Ibilometero 350 Mu Minota 15
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?