Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisanté Irashaka Kongera Abiga Ubuvuzi Mu Gihe Ababukoramo Bataka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Minisanté Irashaka Kongera Abiga Ubuvuzi Mu Gihe Ababukoramo Bataka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 August 2023 8:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gutuma urwego rw’ubuzima mu Rwanda rutera imbere kandi bikagirira akamaro Abanyarwanda muri rusange, Minisiteri y’ubuzima ivuga ko igiye kongera umubare w’abaforomo, ababyaza n’abajyanama b’ubuzima.

Intego ni uko mu myaka ine iri imbere bazaba bikubye kane.

Ubusanzwe umuganga [wo mu buvuzi busanzwe] yagombaga kwita ku baturage 1000 kandi ubundi byibura abantu batanu bo mu buzima ari bo bagomba kwita ku baturage bangana kuriya.

Umujyanama muri Minisiteri y’ubuzima witwa Théophile Dushime yabwiye baganzi bacu ba  The New Times ko mu by’ukuri u Rwanda rukeneye abaganga, ababyaza, abaforomo n’abajyanama b’ubuzima benshi.

Dushime ati:” Turi gusubiramo ibyemezo byari byarafashwe mbere kugira ngo harebwe uko abiga ubuvuzi muri Kaminuza zacu bakwiyongera bakazavamo abazakora mu nzego zitandukanye z’ubuzima.”

Icyo Minisiteri y’ubuzima irangamiye ni uko mu buvuzi hajya harangiza abanyeshuri bari hagati ya 2000 n’abanyeshuri 8000 buri mwaka.

Kugeza ubu mu Rwanda habarurwa postes de santé 1,247, ibigo nderabuzima 512, ibitaro 40 by’Uturere, ibitaro bine(4) by’Intara, n’ibitaro umunani(8) by’icyitegererezo ku rwego rw’igihugu.

N’ubwo Guverinoma ifite umugambi wo kongera umubare w’abiga ubuvuzi, ku rundi ruhande, ababyaza n’abaforomo basaba Leta kuzamura urwego rw’imibereho yabo kuko ngo bavunika bagahembwa intica ntikize!

Umuyobozi w’Urugaga rw’abaforomo n’ababyaza mu Rwanda witwa André Gitembagara yabwiye itangazamakuru ko bikwiye ko Leta yita ku babyaza n’abaforomo kuko bagira uruhare rutaziguye mu kuvuka no kubaho kw’impinja kandi na ba nyina bakarindwa gupfira ku kiriri.

Yemeza ko hari bamwe mu babyaza n’abaforomo b’abahanga bahitamo gushaka akazi mu mahanga nko muri Canada no mu Bwongereza bityo u Rwanda rugatakaza amaboko.

Imvune no guhembwa nabi nibyo ntandaro yo kuva muri uyu mwuga cyangwa yo kujya kuwukorera hanze y’u Rwanda.

Abaforomo n’ababyaza bahembwa hagati ya Frw 120, 000 na Frw 200,000.

Impuzandengo y’amasaha bakora ni 60 mu Cyumweru kandi ubundi itegeko rivuga ko umukozi wa Leta atagomba kurenza hagati y’amasaha 40 na 45 mu Cyumweru.

Gitembagara avuga ko ibintu nibidahinduka, ababyaza n’abaforomo bazakomeza kuva muri uyu mwuga bityo u Rwanda rukazahahombera.

TAGGED:AbaforomofeaturedLetaMinisiteriUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakinnyi 10 Muri 13 Bagize Ikipe Y’Uburundi Baburiwe Irengero
Next Article Peter utazi gushiraho caption Abanya Colombia Bakekwaho Kwica UmunyaPolitiki Wo Muri Equateur
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?