Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisiteri Y’Uburezi Yakuyeho Agahimbazamusyi K’Abarimu, Umuhanga Ati: “ Ntibyari Bikwiye”
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Minisiteri Y’Uburezi Yakuyeho Agahimbazamusyi K’Abarimu, Umuhanga Ati: “ Ntibyari Bikwiye”

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 April 2023 8:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Min Dr Valentine Uwamariya amaze gusinya ariya masezerano
SHARE

Minisiteri y’uburezi yatangaje ko agahimbazamusyi abayobozi b’ibigo bya Leta bakaga ababyeyi kavanyweho. Ababyeyi babyishimiye bavuga ko ari ikindi kintu cyerekana ko Guverinoma ibitaho.

Icyakora hari umuhanga mu by’uburezi uvuga ko agahimbazamusyi ka mwarimu kadakwiye kuvanwaho kuko ari we shingiro ry’uburezi n’ubuzima bw’igihugu muri rusange.

Dr. Valentine Uwamariya avuga ko iki cyemezo Minisiteri yagifashe mu rwego rwo ‘guca akajagari’ kari kamaze iminsi kagaragara mu gushyiraho ingano y’amafaranga agize agahimbazamusyi ibigo byakaga ababyeyi.

Yavuze ko hari n’aho ibigo byakaga Frw 150,000 ku mubyeyi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

‘Agahimbazamusyi’ mu bigo by’amashuri ya Leta ni amafaranga y’ishimwe yagenerwaga abarimu atanzwe n’ababyeyi.

Buri kigo cy’ishuri ku bwumvikane n’ababyeyi cyashyiragaho amafaranga runaka.

Ikibazo cyari uko hari bamwe mu bayobozi b’ibigo bavugwagaho gukorana n’abayobozi ba Komite z’ababyeyi bagashyiraho amafaranga ababyeyi bagomba gutanga, utayatangiye igihe umwana we akagira ibyo yimwa harimo no kwirukanwa akazagaruka ku ishuri ayazanye.

Hari n’ababuzwaga gufatira ku ishuri amafunguro yo ku manywa.

Ababyeyi babibonagamo akarengane.

- Advertisement -

Ibyo hamwe n’ibindi,  biri mu byatumye Minisiteri y’uburezi ikuraho ako gahimbazamusyi kuko katavugwaho rumwe n’ababyeyi.

Si agahimbazamusyi gusa katangwaga n’ababyeyi kuko hari n’indi misanzu ababyeyi batanga mu gufasha abana gufatira ifunguro ku ishuri, uwo gusana inyubako z’ibigo by’amashuri n’indi.

Impunguke mu by’uburezi hari uko ibibona…

Frank Shumbusho ni umwe mu bize iby’uburezi. Avuga ko gukuraho agahimbazamusyi  kagenewe mwarimu ari ikintu ‘kidakwiye.’

Yabwiye Taarifa ko n’ubwo mwarimu yongererewe umushahara ndetse hakaba hari amafaranga Leta yashyize mu kigega Umwarimu SACCO ngo yunganire abarimu bashaka inguzanyo, amafaranga mwarimu ahembwa akiri make.

Avuga ko mwarimu ari umuntu w’ingirakamaro, ko imibereho ye ikwiye kuzamurwa uko bishoboka kose.

Ati: “ Ni gute umuyobozi wa Banki usanzwe uhembwa Miliyoni Frw 5 ahabwa agahimbazamusyi ariko mwarimu uhembwa Frw 200,000 cyangwa munsi yabyo ntagahabwe kandi ari we ubuzima bwose bw’igihugu buba bushinzeho imizi? N’ubwo hari amafaranga Leta yongereye mwarimu ku mushahara, n’ako gahimbazamusyi nakomeze agahabwe.”

Frank Shumbusho

Ku rundi ruhande, Frank Shumbusho avuga ko abarimu nabo bagomba gukora cyane bagatanga umusaruro kugira ngo umubyeyi abone ko agahimbazamusyi [atanga] kataba impfabusa.

Yavuze ko kuba hari akajagari kagaragara mu mitangirwe y’agahimbazamusyi mu bigo bya Leta biterwa n’uko nta murongo Minisiteri y’uburezi yashyizeho ngo ukurikizwe kuri iyo ngingo.

Yemera ko iyo hari umurongo ugaragara ku ngingo iyo ari yo yose, bituma ishyirwa mu bikorwa ryayo rikorwa neza.

Ati: “ Ubundi agahimbazamusyi ubwako  ntacyo gatwaye ahubwo ikibazo ni uburyo bugena uko gakwiye gutangwa budahari ngo bube bushingiye kuri politiki y’uburezi”.

Avuga ko Minisiteri y’uburezi yagombye gushyiraho amabwiriza asobanutse arimo n’ingingo y’uko abana batagomba kugerwaho n’ingaruka z’uko agahimbazamusyi katanzwe nabi.

Ku ngingo y’uko hari ababyeyi bavuga ko agahimbazamusyi ari kanini kandi ibintu bikaba bitifashe neza ku isoko, Shumbusho avuga ko ibyo ari urwitwazo kubera ko hari ababyeyi benshi batarara byeri, abandi buri gitondo bakabyukira ku ikawa.

Avuga ko ababyeyi baramutse bumvise ko agahimbazamusyi ari inshingano yabo, bakumva ko kagomba kuza mu bigize igenamigambi ryabo, kugatanga bitababera umutwaro.

TAGGED:AbabyeyiAgahimbazamusyifeaturedMinisiteriUbureziUwamariya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika: Umwana Muto Yinjiye Mu Biro Bya Perezida Aseseye Uruzitiro
Next Article Umujyi Wa Kigali: Inzu 27,000 Ziri Mu Manegeka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?