Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Mu Bashyitsi b’Imena I Burundi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Mu Bashyitsi b’Imena I Burundi

Last updated: 01 July 2021 10:14 am
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente ni umwe mu bashyitsi b’u Burundi mu birori by’Umunsi w’Ubwigenge, nyuma y’igihe ibihugu byombi bitabanye neza.

U Burundi burizihiriza umunsi w’ubwigenge igihe kimwe n’u Rwanda, bwabonetse ku wa 1 Nyakanga 1962 ku bakoloni b’Ababiligi.

Gusa mu Rwanda nubwo ari umunsi w’ikiruhuko ntabwo wizihizwa mu birori, ahubwo hahabwa imbaraga uwo Kwibohora wizihizwa nyuma y’iminsi ine.

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe mu Rwanda byemeje ko “Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yageze i Bujumbura ahagarariye Perezida Paul Kagame, mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 59 y’Ubwigenge bwa Repubulika y’u Burundi. Yakiriwe na Visi Perezida w’u Burundi, Prosper Bazombanza.”

Uruzinduko rwa Minisitiri w’Intebe Ngirente nirwo rukozwe mu Burundi n’umuyobozi ukomeye w’u Rwanda mu myaka isaga itanu ishize.

Kuva mu 2015 u Rwanda n’u Burundi bifitanye umubano utari mwiza, kugeza ubwo u Burundi bwakomeje gushinja u Rwanda gucumbikira abagerageje guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza. U Rwanda narwo rugashinja u Burundi gucumbikira abagamije kuruhungabanyiriza umutekano.

Kuva Perezida Evariste Ndayishimiye yajya ku butegetsi ibintu byatangiye guhinduka.

Perezida Kagame aheruka kuvugira mu nama ya Komite nyobozi yaguye y’Umuryango FPR Inkotanyi ko umubano n’u Burundi urimo kuzahuka.

Ati “Abaturanyi bacu benshi, ariko ni bane gusa, ngira ngo abandi bose tumeranye neza usibye wenda nk’umuturanyi umwe gusa. Kera bari babiri, uwa kabiri navuga igihugu cy’amajyepfo, u Burundi, ubu turi mu nzira yo gushaka uko twumvikana tuka… ariko ngira ngo ubu twe n’abarundi turashaka kubana, na bo kandi bamaze kwerekana iyo nzira.”

Umuturanyi usigaranye ikibazo n’u Rwanda ni Uganda.

Uru ruzinduko rwa Minisitiri w’Intebe ni kimwe mu bimenyetso rw’ukuzahuka rw’uwo mubano.

Ibimenyetso by’ukuzahuka kwawo byatangiye kugaragara mu mwaka ushize, ubwo Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Burundi Albert Shingiro na mugenzi we w’u Rwanda bahuriraga ku mupaka w’ibihugu byombi wa Nemba – Gasenyi.

Baganiriye ku kuzahura umubano w’ibihugu byombi, bagaragaza ko ibihugu byombi ari abavandimwe.

Bijyanye n’inama zakomeje guhuza abayobozi bashinzwe iperereza rya gisirikare, biymeje gufatanya mu bijyanye n’umutekano.

Mu kwizihiza ibirori by’Ubwigenge, mu Burundi ibintu birashyushye ku buryo mu museso Perezida Evariste Ndayihismiye yabanje gushyira ingabo ku mv aya Prince Louis Rwagasore waharaniye ubwigenge bw’u Burundi.

Mu bandi bayobozi bitabiriye uyu munsi harimo Perezida wa Centrafrique Faustin-Archange Touadera.

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente ategerejwe mu birori by’ubwigenge mu Burundi

 

TAGGED:BurundiDr Edouard NgirentefeaturedUbwigenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gahunda Ni Gera Mu Rugo Bose Babireba – Polisi
Next Article Mpangayikishijwe N’Uko U Bufaransa Buri Kuba Igihugu Kirangwa N’Ivangura- Macron
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?