Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Intebe Wa Bangladesh Yeguye Ahunga Igihugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe Wa Bangladesh Yeguye Ahunga Igihugu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 August 2024 12:37 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imyigaragambyo ikomeye imaze iminsi muri Bangladesh yatumye Minisitiri w’Intebe  Sheikh Hasina  yegura ahita ahunga. Hari amakuru avuga ko ashobora kuba yahundiye mu Buhinde.

Muri iki gihugu hamaze iminsi hari abantu bigaragambya bagahangana na Polisi ndetse muri bo abagera kuri 200 bamaze gupfa.

Kuri iki Cyumweru abapfuye bonyine ni 94 barimo abapolisi 14.

Yahunze abifashijwemo na kajugujugu ya gisirikare nyuma y’uko abaturage bamennye inzugi z’ibiro bye bashaka kumusumira.

Bari bamaze iminsi basaba ko yegura ariko yararyumyeho, abima amatwi.

Televiziyo yo muri Bangladesh yitwa Channel 24 yerekanye amashusho y’abaturage babyina bishimiye ko Hasina abaviriye mu gihugu.

Imyigaragambyo yatumye yegura yatangiye abanyeshuri ba Kaminuza bamagana iringaniza Guverinoma yashyize mu gutanga akazi, bituma n’abandi batari abanyeshuri bajya mu mihanda bamagana ubuzima bavuga ko buhenze cyane.

Mu murwa mukuru Dhaka abaturage bari kubyina bishimira ko bahiritse Guverinoma, ikibazo gisigaye kikaba gushyiraho iyisimbura izabakemurira ibibazo.

Bamwe mu bakorana bya hafi na Hasina babwiye AFP ko yagiye mu gice atekaniyemo ariko kitavuzwe izina.

Icyakora amakuru yo avuga ko ashobora kuba yahungiye mu baturanyi bo mu Buhinde.

Sheikh Hasina afite imyaka 76.

Umugaba mukuru w’ingabo za Bangladesh  Waker-Uz-Zaman avuga ko hari kwigwa uko hashyirwaho Guverinoma nshya y’inzibacyuho.

Hasina yari amaze imyaka 15 ku butegetsi.

TAGGED:AbaturageBangladeshfeaturedGuhungaKweguraMinisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Georges Weah Avugwaho Ruswa Ku Butegetsi Bwe
Next Article Uganda: Amakipe Y’u Rwanda Ya Volley Yahacanye Umucyo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?