Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Intebe Wa Bangladesh Yeguye Ahunga Igihugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe Wa Bangladesh Yeguye Ahunga Igihugu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 August 2024 12:37 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imyigaragambyo ikomeye imaze iminsi muri Bangladesh yatumye Minisitiri w’Intebe  Sheikh Hasina  yegura ahita ahunga. Hari amakuru avuga ko ashobora kuba yahundiye mu Buhinde.

Muri iki gihugu hamaze iminsi hari abantu bigaragambya bagahangana na Polisi ndetse muri bo abagera kuri 200 bamaze gupfa.

Kuri iki Cyumweru abapfuye bonyine ni 94 barimo abapolisi 14.

Yahunze abifashijwemo na kajugujugu ya gisirikare nyuma y’uko abaturage bamennye inzugi z’ibiro bye bashaka kumusumira.

Bari bamaze iminsi basaba ko yegura ariko yararyumyeho, abima amatwi.

Televiziyo yo muri Bangladesh yitwa Channel 24 yerekanye amashusho y’abaturage babyina bishimiye ko Hasina abaviriye mu gihugu.

Imyigaragambyo yatumye yegura yatangiye abanyeshuri ba Kaminuza bamagana iringaniza Guverinoma yashyize mu gutanga akazi, bituma n’abandi batari abanyeshuri bajya mu mihanda bamagana ubuzima bavuga ko buhenze cyane.

Mu murwa mukuru Dhaka abaturage bari kubyina bishimira ko bahiritse Guverinoma, ikibazo gisigaye kikaba gushyiraho iyisimbura izabakemurira ibibazo.

Bamwe mu bakorana bya hafi na Hasina babwiye AFP ko yagiye mu gice atekaniyemo ariko kitavuzwe izina.

Icyakora amakuru yo avuga ko ashobora kuba yahungiye mu baturanyi bo mu Buhinde.

Sheikh Hasina afite imyaka 76.

Umugaba mukuru w’ingabo za Bangladesh  Waker-Uz-Zaman avuga ko hari kwigwa uko hashyirwaho Guverinoma nshya y’inzibacyuho.

Hasina yari amaze imyaka 15 ku butegetsi.

TAGGED:AbaturageBangladeshfeaturedGuhungaKweguraMinisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Georges Weah Avugwaho Ruswa Ku Butegetsi Bwe
Next Article Uganda: Amakipe Y’u Rwanda Ya Volley Yahacanye Umucyo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

You Might Also Like

Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Na Saudi Arabia Mu Gufasha Abaturage Gutekesha Gazi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kagame Yaganiriye N’Ubuyobozi Bw’Ihuriro Rw’Ubukungu Ku Isi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?