Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri w’Intebe Wa Canada Yeguye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri w’Intebe Wa Canada Yeguye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 January 2025 7:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Justin Trudeau wari ugiye kumara imyaka 10 ari Minisitiri w’Intebe Wa Canada yeguye.

Yatangarije itangazamakuru ko yabanje mbere na mbere kwegura nk’umuyobozi w’ishyaka ry’aba Liberals riri ku butegetsi hanyuma akazegura nka Minisitiri w’Intebe.

Icyakora avuga ko azakomeza kuba Minisitiri w’Intebe kugeza ubwo hazaboneka undi Minisitiri w’Intebe uzayobora igihugu.

Avuga ko Inteko ishinga amategeko izakomeza gukora kugeza Tariki 24, Werurwe, 2025.

Trudeau yari amaze igihe ashyirwaho igitutu n’abo mu Ishyaka rye n’abandi banyapolitiki.

Umwe mu bavugwaho kuzamusimbura ni Chrystia Freeland wahoze ari Umudepite, undi ubinugwanugwaho ni Mark Carney wahoze ari Guverineri wa Banki Nkuru ya Canada.

BBC yanditse ko Trudeau yabwiye itangazamakuru ko yizeye ko abanya Canada bazabona umuyobozi uzakomereza aho yari agejeje.

Justin Trudeau yavuze ko yeguye yanga ko abaturage bakomeza gushyuha mu mutwe kubera imiyoborere ye itavugwaho rumwe.

Ku rundi ruhande, avuga ko Canada idakwiye kuzayoborwa na Pierre Poilievre kuko ngo icyerekezo cye kidakwiye abaturage b’igihugu cye.

Poilievre ayobora Ishyaka ry’abatsimbaraye ku bya kera ryitwa Conservative Party of Canada.

TAGGED:AbadepiteAmatoraIntebeMinisitiriTrudeau
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imirongo Mishya Ya Minisiteri Y’Ubucuruzi N’Inganda Ku Buziranenge
Next Article Cyamunara Zitesha Imitungo Agaciro Ku Rwego Rubabaje- Umuvunyi Mukuru
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyarugenge: Baheze Muri Rigoli Nyuma Yo Gushikuza Umukobwa iPhone

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?