Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Uburinganire Avuga Ko Bibabaza Kubona Umugore Wasinze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Minisitiri W’Uburinganire Avuga Ko Bibabaza Kubona Umugore Wasinze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 July 2023 1:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof Bayisenge Jeannette avuga ko ikibazo cy’ubusinzi mu Rwanda cyafashe indi ntera k’uburyo hari n’abagore basigaye banywa agahiye bakagenda badandabirana mu muhanda.

Avuga ko bibabaje kubera ko umubyeyi w’Umunyarwandakazi yahoze yiha akabanga.

Inzego za Leta y’u Rwanda zimaze iminsi zigaruka ku kibazo cy’ubusinzi buvugwa mu Rwanda kandi mu ngeri zose.

N’ubwo bigaragara ko abagabo bakomeje kuza ku mwanya wa mbere mu businzi, ariko ngo n’abagore si shyashya!

Kuba Abanyarwandakazi bagaragara mu businzi ngo bituma n’abo babyaye batakaza uburere.

Ngo ni ikintu kibabaje.

Bayisenge ati: “Twahoze tubona kera abagabo aribo bagenda bandika umunani ariko tubabazwa n’uko n’ababyeyi b’aba-Mama, hari igihe tubabona nabo bandika umunani. Ntabwo ibyo bikwiriye.”

Avuga ko ubusinzi buhangayikishije mu muryango nyarwanda kandi bukaba ku isonga mu gusesagura ibifitiye umuryango akamaro.

Gusinda kwa hato na hato kandi ni intandaro  y’amakimbirane ajya avamo gukubita, gukomeretsa ndetse no kwica.

Kuri Prof  Bayisenge aho ubusinzi bwinjiye umuryango urasenyuka, iyo ikaba ari yo mpamvu buhangayikishije.

Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango avuga ko ikibazo cy’ubusinzi kandi ari uko no mu bato n’aho bwamaze kuhashinga imizi kandi ari bo igihugu kizeyeho amaboko ejo hazaza.

TAGGED:AbagoreAbanyarwandakaziBayisengefeaturedProfUbusinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bafashwe Bashaka Gutera u Rwanda
Next Article Ambasaderi W’u Burundi Mu Misiri Yapfuye Bitunguranye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mozambique: Perezida W’Inteko Kazarwa Yasuye Isoko Ryubatswe Mu Mwaka Wa 1900

Bugesera: Abaturage Bugarijwe N’Inzara

Abanyamahanga Benshi Bafungiwe Mu Rwanda Ni Abo Muri EAC

Nyanza: Polisi Irashakisha Umugabo Ukekwaho Kwica Umugore We

Tanzania: Abaturage Bategetswe Kuguma Mu Rugo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko Kugonganisha Ibigo Bitubura Imbuto Byakoze K’Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubuhinzi

Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Rwanda: Utubari Tugiye Kujya Dufunga Mu Rukerera

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda Rufunze Abanyamahanga 500 -RCS

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

U Rwanda Rwatangije Irushanwa Rizajya Rihuza Za Kaminuza Muri Siporo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Afurika Y’Epfo: Abantu 11 Biciwe Mu Kivunge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?