Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Umutekano Yashimiye Uwari Umuyobozi Wa Polisi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Minisitiri W’Umutekano Yashimiye Uwari Umuyobozi Wa Polisi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 February 2023 10:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ijambo yavuze nyuma yo guhagarira umuhango wo kuhererekanya ububasha hagati ya CG Dan Munyuza wari umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda n’uwamusimbuye IGP Felix Namuhoranye, Minisitiri w’umutekano Alfred Gasana yashimiye Dan Munyuza ku kazi yakoze muri Polisi y’u Rwanda.

Umuhango wo guhererekanya ububasha waraye ubureye ku kicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda mu murenge wa Kakiru mu Karere ka Gasabo.

Witabiriwe n’abandi bayobozi barimo n’Umuyobozi  wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe imiyoborere n’abakozi, DCG Jeanne Chantal Ujeneza, umuyobozi wungirije wa Polisi ushinzwe ibikorwa, CP Vincent Sano, umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’umutekano, Benjamin Sesonga, ba Komiseri na ba ofisiye bakuru muri Polisi y’u Rwanda.

Gasana yashimiye Perezida Kagame kubera uko ashyigikira Polisi y’u Rwanda mu kwiyubaka no gukora kinyamwuga.

Ati: “Hari byinshi byagezweho mu rwego rwo kubungabunga ituze n’umutekano w’abaturage bishingiye ku buyobozi bwiza kandi ntidushobora  kwemera ko bisubira inyuma.”

Yashimiye uwari Umuyobozi Mukuru wa Polisi  CG Dan Munyuza ku bwitange, umurava n’uruhare ryagize mu guteza imbere Polisi y’u Rwanda.

IGP Namuhoranye nawe  yashimiye Perezida wa Repubulika ku cyizere yamugiriye akamuha inshingano zo kuyobora Polisi .

Ati: “Ndashimira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika ku nama atugira n’imirongo migari yaduhaye mu rwego rwo kuzuza inshingano zacu.”

Uwo yasimbuye kuri izi nshingano CG Dan Munyuza nawe yashimiye Perezida Kagame ku nshingano yari yaramuhaye .

Minisitiri w’Umutekano yashimiye CG Munyuza ku bufatanye yamugaragarije mu gihe bamaze bakorana.

Yifurije ishya n’ihirwe Umuyobozi mushya  wa Polisi y’u Rwanda n’abandi bayobozi ba Polisi mu nshingano zabo.

Yongeyeho ko mu myaka ishize hakozwe byinshi kugira ngo Polisi y’u Rwanda irusheho gukora kinyamwuga.

Yashimye ko mu gihe yari amaze ayobora Polisi y’u Rwanda umubare w’abapolisi wiyongereye, bahabwa  amahugurwa kandi hubakwa ibikorwaremezo ndetse abapolisi bahabwa ibikoresho by’akazi bihagije.

TAGGED:featuredMunyuzaNamuhoranyePolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yasabye Abaturage ‘Gukomeza’ Gukorana Na Polisi
Next Article Bafashwe Biba Imiti Kwa Muganga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umutekano Mu Muhanda Uvuze Byinshi – Minisitiri Biruta

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?