Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisports Irashaka Kubaka Ibibuga 63
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

Minisports Irashaka Kubaka Ibibuga 63

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 June 2025 8:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Minisitiri Mukazayire aganira n'itangazamakuru( Ifoto@X Minisports)
SHARE

Guverinoma ibicishije muri Minisiteri ya Siporo irateganya ko mu cyiciro cya kabiri cya gahunda yiswe Isonga hazubakwa ibibuga 63 byo gukoreramo siporo z’ubwoko bwinshi.

Minisiri wa Siporo, Nelly Mukazayire niwe waraye utangaje iby’iyi gahunda, abikora ari kumwe n’Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri, Rwego Ngarambe, Umunyamabanga Uhoraho Uwayezu Jean-François Regis, Perezida wa Komite Olempike y’u Rwanda, Umulinga Alice n’abandi bayobozi b’Amashyirahamwe atandukanye.

Mu byasobanuwe na Uwayezu Jean-François Regis kuri uyu mushinga, yavuze hari kongewra ibikorwaremezo birimo ibibuga.

Yavuze ko hateganywa kubakwa ibibuga 63 bizafasha mu iterambere rya siporo u Rwanda rushaka kugeraho.

Ubwo yakiraga indahiro ye, Perezida Kagame yasabye Minisitiri wa Siporo kuzayibyaza umusaruro urenze ibitego byinjizwa n’amakipe yo mu Rwanda, ahubwo ikaba n’isoko y’amakoro.

Icyo gihe yagize ati: “Ibi tugerageza gukora muri siporo ni ukugira ngo siporo mu byo igeza ku bantu havemo n’amikoro. Ubu siporo ni ubukungu bushingiye ku mpano mu Banyarwanda cyangwa mu bandi ahandi. Iyo mpano rero hari uburyo icuruzwa, hari uburyo ivamo amikoro. Ni yo ntego yacu. Ni yo mpamvu hariho bimwe twashoboye gushyira mu buryo, kubaka ibikorwaremezo bifasha muri siporo kugira ngo Abanyarwanda benshi bagire uwo mwanya. Hari n’ibindi byinshi byagiye byubakwa no mu Turere n’ahandi bigenda byubakwa. Siporo rero ifite byinshi igeza ku bantu ariko harimo n’amikoro”.

U Rwanda rwashoye amafaranga menshi mu kubaka ibikorwaremezo bya siporo birimo ibinini nka BK Arena yubatswe ku gaciro ka Miliyoni $100 na Stade Amahoro yavuguruwe ku gaciro ka Miliyoni $160.

Hari ibindi bikorwa binini rushaka gushoramo kugira ngo uru rwego rukomeze kubera u Rwanda isoko y’ubukerarugendo bwa siporo, butuma rumenyekana bikarwinjiriza amikoro ngo rutere indi mu majyambere.

TAGGED:AmikorofeaturedIbibugaIterambereKagameMukazayireSiporo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingamba WASAC Yafatiye Abatinda Kwishyura Amazi…
Next Article Uganda:Uwayoboye Ubutasi Bwa Gisirikare Yoherejwe Mu Burundi 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Aline Gahongayire Arashaka Kwamamaza Umuziki We Muri Uganda

Urubyiruko Rw’Abanyarwanda Bo Muri Afurika Y’Epfo Ruri Mu Rwanda Kureba Ibiruranga

Papa Arasaba Ko Umugambi W’Amahoro Wo Guhuza Hamas Na Israel Ugerwaho

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Somalia: Al Shabaab Yagabye Igitero Aho Abarwanyi Bayo Bafungiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kigali: U Rwanda Ruraganira Na Afurika Uko Politiki Ya ICT Yahuzwa

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Perezida Kagame Yashimiye Abanyarwanda Bafannye Igare

Burkina Faso Irapfa Iki Na Côte d’Ivoire ?

Uko Umusaruro Mbumbe W’u Rwanda Uhagaze Mu Gihembwe Cya Kabiri Cya 2025

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Abaturiye CIMERWA Bagiye Kwimurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu RwandaPolitiki

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Tigers BBC Yatwaye Bwa Mbere Igikombe Cya Rwanda Cup

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?