Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Monkeypox’ Indi Ndwara Yadutse Mu Isi, Minisanté Iti: ‘ Turakurikirana Ibyayo’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

‘Monkeypox’ Indi Ndwara Yadutse Mu Isi, Minisanté Iti: ‘ Turakurikirana Ibyayo’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 May 2022 2:48 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Indwara ikomeye yiswe Monkeypox yadutse ku isi, imaze kugera mu bihugu 12 kandi mu gihe cy’umunsi umwe ni ukuvuga ku taliki 21, Gicurasi, 2022 yafashe abantu 92. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ku isi, WHO/OMS yemeje ko iriya ndwara ikomeye kandi yandura vuba bityo ko isi yagombye gufasha ingamba zo kuyikumira.

Mu gihe hari abantu 92 byamaze kwemezwa ko bafashwe n’iriya ndwara, hari abandi 28 bayicyekwaho.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ku isi rivuga ko mu gihe gito kiri imbere hashobora kuboneka abandi bantu bennshi bayanduye bityo abakozi baryo bakomeje gucungira hafi uko ubwandu bw’iyi ndwara itaritwa icyorezo bwiyongera.

Hagati aho,abahanga bo muri iri shami bavuga ko bidatinze bazasohora itangazo ribwira ibihugu birigize uko bikwiye kwirinda iyi ndwara.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu gihe bitaramenyekana neza uko iyi ndwara yandura, amakuru atangwa na WHO/OMS avuga ko bikekwa ko gukoranaho kw’abantu ari ko gutuma bayanduzanya.

Icyakora ngo iyi ndwara ntikomeye nk’uko hari abashobora kubitekereza kandi ngo ikunze kwibasira abo muri Afurika yo Hagati n’iy’i Burengerazuba.

Ikindi ni uko abenshi mu bo yafashe bakira vuba, bitabaye ngombwa ko bajya kwa muganga.

Gusa hari bacye ihitana.

Isuku ihagije no guhana intera bishobora kuba uburyo bwiza bwo kuyirinda.

- Advertisement -

WHO/OMS  kandi yateranyije inama y’abahanga bayo ngo bigire hamwe uko iriya ndwara yandura, abibasirwa nayo, n’uburyo bwiza bwo kuyirinda.

Perezida w’Amerika, Joe Biden yatangaje ko indwara Monkeypox ari iyo kwitondera.

Yavuze ko n’ubwo abahanga mu by’ubuzima bataramubwira uko bimeze, ariko ngo ibyiza ni uko abantu batafatana uburemere buke iriya ndwara.

Kuri we ikintu kibi cyose utaramenya ubukana bwacyo uba ugomba kukirinda inzira zikigendwa!

Mu mwaka wa 2018 hari indwara ifite ibimenyetso nk’ibi yigeze kwaduka muri Israel, Singapore n’u Bwongereza.

Al Jazeera yanditse ko wa muhanga witwa Heymann twavuze haruguru yayibwiye ko hari impamvu zifatika zo gutekereza ko hari ubwandu bw’iriya virusi bwambutse ibihugu yari isanzwemo bukajya mu bindi birimo iby’Amerika n’iby’u Burayi.

Heymann agira abantu inama yo kwirinda binyuze mu kutegerana cyane ndetse no kugira isuku.

Minisiteri y’ubuzima mu Rwanda hari icyo ibitangazaho…

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima, Dr Tharcisse Mpunga yabwiye Taarifa ko iyo ndwara koko iri mu bindi bihugu ariko u Rwanda ruri gukurikiranira hafi ibyayo.

Dr Tharcisse Mpunga

Ati: “ Turi kubikurikirana kandi abantu bose bageze mu gihugu cyacu turabapima.”

TAGGED:AfurikaAmerikafeaturedMinisiteriMpungaOMSUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Rwanda Imvura Igiye Gucika, Abahinzi Bati:“Turarumbije”
Next Article Miss Elsa Iradukunda Aritaba Urukiko ‘Vuba Aha’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?