Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mossad Yasohoye Video Ingabo Za Israel Zibohora Abaturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Mossad Yasohoye Video Ingabo Za Israel Zibohora Abaturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 October 2023 8:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amashusho yafashwe na camera zo ku ngofero z’ingabo za Israel arerekana abasirikare b’iki gihugu binjira mu gace katavugwa amazina zikabohora abantu 250 Hamas yari yarafasheho umunyago.

Inyandiko ijyaniranye n’iyi video ( caption) ivuga ko mbere yo kubohora abo bantu, hari abarwanyi 60 bishwe, abandi 26 barafatwa.

Abasirikare bagize itsinda ridasanzwe mu ngabo za Israel bita Shayetet 13 nibo bagaragara muri icyo gikorwa cyo kubihora abo bantu.

https://twitter.com/TheMossadIL/status/1712521841359589696

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Hagati aho Umuvugizi w’ingabo za Israel witwa Lt Col Jonathan Conricus avuga ko muri iki gihe hari umutuzo ugereranyije n’uko byagenze mu masaha menshi yabanje.

Ku rundi ruhande, avuga ko hari ibisasu bya roquettes bikomeje kugwa muri Israel birashwe na Hamas.

N’ubwo ari uko bimeze, ingabo za Israel zasabye abaturage ba Gaza bose ko bava aho batuye inzira zikigendwa kuko intambara igiye kuharwanywa izaba ikomeye.

Lt Col Conricus avuga ko mu butumwa bwo mu Cyarabu bageneye abatuye Gaza harimo ko  bose cyane cyane bo mu Majyepfo yayo bakwiye kuhava bagahunga bagana ku ruzi rwa Gaza.

Umuvugizi w’ingabo za Israel witwa Lt Col Jonathan Conricus

Israel yabwiye abaturage ba Gaza ko bazasubira muri uriya mujyi ari uko hasohotse irindi tangazo ribibemerera, kandi ibizeza ko itagamije kugira abo ihutaza, ko abagambiriwe ari abarwanyi ba Hamas.

- Advertisement -

Umuburo wa Israel uvuga ko abaturage bagomba kwitandukanya na Hamas kubera ko abarwanyi bayo bihishe mu bice bituwe cyane by’ako gace bityo ko uburyo bwiza bwo kurokora ubuzima bwabo[abaturage] ari ukwitandukanya nayo[Hamas], bagahungira kure.

Kuri uyu wa Gatanu taliki 13, Ukwakira, 2023 iminsi ibaye irindwi Israel yinjiye mu ntambara na Hamas.

Umuvugizi w’ingabo za Israel avuga ko intego ya Israel ari uko iyi ntambara nirangira izarangirana na Hamas k’uburyo itazongera na rimwe gushobora kugira icyo ikora ku baturage bose ba Israel.

Israel iri kwegeranya imbaraga za gisirikare hafi ya Gaza

Amerika n’Ubwongereza Biteguye gutera Israel ingabo mu bitugu

Ibi biravugirwa i Yeruzalemu mu gihe i Washington nabo bari kuvuga ko biteguye kuba inyuma ya Israel uko bizagenda kose.

Antony Blinken( nawe ni Umuyahudi) yabwiye Minisitiri w’Intebe wa Israel ati: “ Turabizi neza ko ako kazi mushobora kugakora mwenyine ariko ndakwizeza ko igihe cyose Amerika izaba ihari, itazabura kubaba inyuma.”

Uko kubaba inyuma avuga kwakurikiwe no kohereza ubwato bw’intambara mu Nyanja  hafi ya Israel n’ibihugu by’Abarabu biyikikije kandi ari ho indege z’intambara zo mu bwoko bwa F-18, ibifaro bikomeye ndetse n’abahanga mu gutegura intambara.

Amerika yoherereje Israel ibikoresho bihambaye mu kuvumbura aho abantu bihishe, mu kumenya no gushobora kubohora abafashwe bugwate ndetse n’abaganga benshi.

Indege kabuhariwe y’Amerika yitwa A-10 Thunderbolt II
Indege z’Amerika zifasha abasirikare bari ku butaka kubona aho umwanzi aherereye

Abanyamerika bafite impungenge ko hari ibihugu by’Abarabu bishobora kuririra kuri iki kibazo bikishora mu ntambara, igihugu cya mbere gishobora kubikora kikaba ari Iran.

Hari itsinda ry’abasirikare b’Amerika bo mu mutwe udasanzwe bamaze kwegerezwa Israel binyuze mu gihugu cya Bahrain.

Umwe mu basirikare kabuhariwe wa Amerika bitabazwa aho rukomeye

Icyo bategereje ni amabwiriza.

Hagati aho Abongereza nabo batangaje ko biteguye kohereza ubwato bw’intambara bugwaho indege z’intambara ndetse n’izindi ndege zicungira umwanzi mu kirere.

Igisirikare cya Israel kiravuga ko hasigaye amasaha 24 ngo gitangize ibitero byeruye biciye ku butaka bigabwe muri Gaza bityo ngo abazi ubwenge bahava hakibona!

TAGGED:AbarwanyiAmerikaBwongerezafeaturedIbisasuIsraelMOSSAD
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Irushanwa Rya Nyerere Cup Amakipe Y’u Rwanda Ageze Kure
Next Article Uwunganira Abakekwaho Jenoside Yakorewe Abatutsi Yayipfobereje Mu Rukiko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?