Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mossad Yasohoye Video Ingabo Za Israel Zibohora Abaturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Mossad Yasohoye Video Ingabo Za Israel Zibohora Abaturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 October 2023 8:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amashusho yafashwe na camera zo ku ngofero z’ingabo za Israel arerekana abasirikare b’iki gihugu binjira mu gace katavugwa amazina zikabohora abantu 250 Hamas yari yarafasheho umunyago.

Inyandiko ijyaniranye n’iyi video ( caption) ivuga ko mbere yo kubohora abo bantu, hari abarwanyi 60 bishwe, abandi 26 barafatwa.

Abasirikare bagize itsinda ridasanzwe mu ngabo za Israel bita Shayetet 13 nibo bagaragara muri icyo gikorwa cyo kubihora abo bantu.

https://twitter.com/TheMossadIL/status/1712521841359589696

Hagati aho Umuvugizi w’ingabo za Israel witwa Lt Col Jonathan Conricus avuga ko muri iki gihe hari umutuzo ugereranyije n’uko byagenze mu masaha menshi yabanje.

Ku rundi ruhande, avuga ko hari ibisasu bya roquettes bikomeje kugwa muri Israel birashwe na Hamas.

N’ubwo ari uko bimeze, ingabo za Israel zasabye abaturage ba Gaza bose ko bava aho batuye inzira zikigendwa kuko intambara igiye kuharwanywa izaba ikomeye.

Lt Col Conricus avuga ko mu butumwa bwo mu Cyarabu bageneye abatuye Gaza harimo ko  bose cyane cyane bo mu Majyepfo yayo bakwiye kuhava bagahunga bagana ku ruzi rwa Gaza.

Umuvugizi w’ingabo za Israel witwa Lt Col Jonathan Conricus

Israel yabwiye abaturage ba Gaza ko bazasubira muri uriya mujyi ari uko hasohotse irindi tangazo ribibemerera, kandi ibizeza ko itagamije kugira abo ihutaza, ko abagambiriwe ari abarwanyi ba Hamas.

Umuburo wa Israel uvuga ko abaturage bagomba kwitandukanya na Hamas kubera ko abarwanyi bayo bihishe mu bice bituwe cyane by’ako gace bityo ko uburyo bwiza bwo kurokora ubuzima bwabo[abaturage] ari ukwitandukanya nayo[Hamas], bagahungira kure.

Kuri uyu wa Gatanu taliki 13, Ukwakira, 2023 iminsi ibaye irindwi Israel yinjiye mu ntambara na Hamas.

Umuvugizi w’ingabo za Israel avuga ko intego ya Israel ari uko iyi ntambara nirangira izarangirana na Hamas k’uburyo itazongera na rimwe gushobora kugira icyo ikora ku baturage bose ba Israel.

Israel iri kwegeranya imbaraga za gisirikare hafi ya Gaza

Amerika n’Ubwongereza Biteguye gutera Israel ingabo mu bitugu

Ibi biravugirwa i Yeruzalemu mu gihe i Washington nabo bari kuvuga ko biteguye kuba inyuma ya Israel uko bizagenda kose.

Antony Blinken( nawe ni Umuyahudi) yabwiye Minisitiri w’Intebe wa Israel ati: “ Turabizi neza ko ako kazi mushobora kugakora mwenyine ariko ndakwizeza ko igihe cyose Amerika izaba ihari, itazabura kubaba inyuma.”

Uko kubaba inyuma avuga kwakurikiwe no kohereza ubwato bw’intambara mu Nyanja  hafi ya Israel n’ibihugu by’Abarabu biyikikije kandi ari ho indege z’intambara zo mu bwoko bwa F-18, ibifaro bikomeye ndetse n’abahanga mu gutegura intambara.

Amerika yoherereje Israel ibikoresho bihambaye mu kuvumbura aho abantu bihishe, mu kumenya no gushobora kubohora abafashwe bugwate ndetse n’abaganga benshi.

Indege kabuhariwe y’Amerika yitwa A-10 Thunderbolt II
Indege z’Amerika zifasha abasirikare bari ku butaka kubona aho umwanzi aherereye

Abanyamerika bafite impungenge ko hari ibihugu by’Abarabu bishobora kuririra kuri iki kibazo bikishora mu ntambara, igihugu cya mbere gishobora kubikora kikaba ari Iran.

Hari itsinda ry’abasirikare b’Amerika bo mu mutwe udasanzwe bamaze kwegerezwa Israel binyuze mu gihugu cya Bahrain.

Umwe mu basirikare kabuhariwe wa Amerika bitabazwa aho rukomeye

Icyo bategereje ni amabwiriza.

Hagati aho Abongereza nabo batangaje ko biteguye kohereza ubwato bw’intambara bugwaho indege z’intambara ndetse n’izindi ndege zicungira umwanzi mu kirere.

Igisirikare cya Israel kiravuga ko hasigaye amasaha 24 ngo gitangize ibitero byeruye biciye ku butaka bigabwe muri Gaza bityo ngo abazi ubwenge bahava hakibona!

TAGGED:AbarwanyiAmerikaBwongerezafeaturedIbisasuIsraelMOSSAD
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Irushanwa Rya Nyerere Cup Amakipe Y’u Rwanda Ageze Kure
Next Article Uwunganira Abakekwaho Jenoside Yakorewe Abatutsi Yayipfobereje Mu Rukiko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?