Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mozambique: Abadashyigikiye Ibyavuye Mu Matora Basubiye Mu Mihanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Mozambique: Abadashyigikiye Ibyavuye Mu Matora Basubiye Mu Mihanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 December 2024 11:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Urubyiruko nirwo ruri mu mihanda rwamagana ibyavuye mu matora: Ifoto@ Reuters / Siphiwe Sibeko)
SHARE

Imyigaragambyo yongeye kwaduka mu Mijyi imwe n’imwe ya Mozambique nyuma y’uko urukiko rurinda Itegeko Nshinga  rwemeje ko umukandida Daniel Chapo w’ishyaka riri ku butegetsi ari we watsinze mu buryo budasubirwaho amatora ya Perezida wa Repubulika aheruka.

Abigaragambya ni abashyigikiye Venâncio Mondlane wabaye uwa kabiri.

Uyu mugabo nyuma yo kumva ko urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga rwanzuye ko Chapo ariwe watsinze, yongeye gusaba abamushyigikiye gusubira mu muhanda bakabyamagana.

Nabo ntibatinze kumvumvira kuko kuri uyu wa Mbere bahuriye mu mihanda bavuga izina rye, ari nako batwika imipine, batera amabuye abapolisi, aba nabo bagerageza kubasubiza inyuma bakoresheje ibyuka biryani mu maso ariko abandi bababera ibamba.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubasunikira kwigaragambya ariko we ntari muri Mozambique kandi avuga ko yahunze kuko avuga ko yangaga ko nawe yahasiga ubuzima.

Avuga ko hari abantu babiri bari bakomeye mu ishyaka rye bishwe mu Ukwakira, 2024.

N’ubwo urukiko rushinzwe kurinda iremezo ry’Itegeko Nshinga rwashimangiye ko umukandida w’ishyaka rya FRELIMO riri ku butegetsi yatsinze amatora, rwagabanyije ikigero cy’amajwi yatsindiyeho.

Ibyavuye mu matora by’ibanze byatangajwe mu Kwakira byagaragaje ko Chapo yatsinze ku majwi 71% mu gihe Mondlane yagize amajwi 20%.

Icyakora ubu  rwanzuye ko Chapo yatsinze amatora n’amajwi 65%, mu gihe uwo ukomeye bari bahatanye yagize amajwi 24%.

- Advertisement -

Twabibutsa ko hari abasirikare n’abapolisi b’u Rwanda bakorera muri Mozambique, bagiyeyo kuva mu mwaka wa 2021 mu bufatanye rufitanye na Mozambique mu guhangana n’ibyihebe byari byarayogoje abo muri Cabo Delgado guhera mu mwaka wa 2017.

U Rwanda ntirwivanga mu bibazo bya Politiki bireba imiyoborere ya Mozambique.

Daniel Chapo ni uwo mu ishyaka FRELIMO naho Venâncio Mondlane we yiyamamaje nk’umukandida wigenga.

Indi wasoma

Daniel Chapo: Umugabo Muto Utegurirwa Kuyobora Mozambique

TAGGED:AbigaragambyaAmatoraChapoMozambique
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibishorobwa Byagaragaye Mu Mirima Y’Icyayi Cya Kitabi
Next Article UMWALIMU SACCO Yatangije Ubundi Buryo Mwalimu Yabonamo Inguzanyo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?