Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Mibare: Nyagatare Niyo Ifite Abafite Ubumuga Benshi Mu Burasirazuba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Mu Mibare: Nyagatare Niyo Ifite Abafite Ubumuga Benshi Mu Burasirazuba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 March 2024 1:39 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu cyumba cy’Inama cy’Intara y’Uburasirazuba habereye Inteko rusange ya 14 y’Inama y’Igihugu y’Abafite Ubumuga. Mu mibare yahatangarijwe, harimo n’umubare w’abantu bafite ubumuga muri buri Karere, Nyagatare ikaba iya mbere kuko ifite abantu 20,631.

Akarere ka kabiri gafite umubare munini w’abantu bafite ubumuga ni Bugesera kuko ifite abantu 17,019.

Gatsibo niyo karere ka gatatu gafite abafite ubumuga benshi kuko muri iyi nama hatangajwe ko gafite abantu 16,420.

Kayonza ifite abafite ubumuga 14,937, Kirehe ikagira abantu bafite ubumuga 14,230, Ngoma ikagira abantu 13,165 hanyuma akarere ka Rwamagana kakagira bake kurusha utundi kuko gafite abantu bafite ubumuga 13,003.

Mu giteranyo rusange, abantu bafite ubumuga bose mu Ntara y’Uburasirazuba ni 109, 405.

Muri aba bose abagore nibo benshi kuko barenze 50% by’abafite ubumuga bose.

Muri iriya nama higiwemo ibyazakorwa mu mwaka wa 2024-2025 hashingiwe ku byakozwe n’ibitarakozwe mu mwaka wabanje.

Guverineri w’Intara y’Uburasirazuba Pudence Rubingisa yashimiye ubufatanye bw’inzego zatowe zihagarariye abafite ubumuga n’inzego z’ibanze mu kuzamura imibereho yabo mu iterambere ry’igihugu.

Avuga ko ubuzima bw’abafite ubumuga bwazamutse mu nzego zirimo uburezi, ubuzima n’izindi kandi bikaba bishingiye ku buvugizi no mu bafatanyabikorwa.

Abafite ubumuga bo muri iyi Ntara kandi bashimirwa ko bibumbiye mu makoperative kugira ngo bishakemo ibisubizo ku bibazo byabo.

Kuba harashyizwe imbaraga mu burezi budaheza bishimirwa abatuye Intara y’Uburasirazuba kuko byatumye n’abafite ubumuga bazamura urwego rwabo rwo kugana ishuri.

Mu Karere ka Kayonza hari ikigo cy’abafite ubumuga kiri ahitwa i Gahini.

TAGGED:featuredIntaraRubingisaUbumugaUburasirazuba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyasudani Y’Epfo Wavuzweho Kuburirwa Irengero Yarabonetse
Next Article Rubavu: Haravugwa Abajya Muri Wazalendo Bizejwe Amafaranga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

Guinée Equatoriale Yahinduye Umurwa Wayo Mukuru 

Amerika Yarashe Rwagati Muri Venezuela 

Karongi: Abo Mu Nkambi Ya Kiziba Nabo Bamaganye Ingengabitekerezo Iba i Kinshasa

Kirehe-Ngoma: Koperative Yejeje Umuceri None Uri Gupfa Ubusa

You Might Also Like

Ubukungu

Gatsibo: Bizeye Kuzabona Amazi Yiyongera Kuyo Basanganywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

2025: Umwaka Ikawa Y’u Rwanda Yarwinjirije Amadolari Menshi Kurusha Indi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abagore 30 Mu Bakomando Ba RCS Batojwe Gutabara Aho Rukomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?