Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Mibare: Nyagatare Niyo Ifite Abafite Ubumuga Benshi Mu Burasirazuba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Mu Mibare: Nyagatare Niyo Ifite Abafite Ubumuga Benshi Mu Burasirazuba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 March 2024 1:39 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu cyumba cy’Inama cy’Intara y’Uburasirazuba habereye Inteko rusange ya 14 y’Inama y’Igihugu y’Abafite Ubumuga. Mu mibare yahatangarijwe, harimo n’umubare w’abantu bafite ubumuga muri buri Karere, Nyagatare ikaba iya mbere kuko ifite abantu 20,631.

Akarere ka kabiri gafite umubare munini w’abantu bafite ubumuga ni Bugesera kuko ifite abantu 17,019.

Gatsibo niyo karere ka gatatu gafite abafite ubumuga benshi kuko muri iyi nama hatangajwe ko gafite abantu 16,420.

Kayonza ifite abafite ubumuga 14,937, Kirehe ikagira abantu bafite ubumuga 14,230, Ngoma ikagira abantu 13,165 hanyuma akarere ka Rwamagana kakagira bake kurusha utundi kuko gafite abantu bafite ubumuga 13,003.

Mu giteranyo rusange, abantu bafite ubumuga bose mu Ntara y’Uburasirazuba ni 109, 405.

Muri aba bose abagore nibo benshi kuko barenze 50% by’abafite ubumuga bose.

Muri iriya nama higiwemo ibyazakorwa mu mwaka wa 2024-2025 hashingiwe ku byakozwe n’ibitarakozwe mu mwaka wabanje.

Guverineri w’Intara y’Uburasirazuba Pudence Rubingisa yashimiye ubufatanye bw’inzego zatowe zihagarariye abafite ubumuga n’inzego z’ibanze mu kuzamura imibereho yabo mu iterambere ry’igihugu.

Avuga ko ubuzima bw’abafite ubumuga bwazamutse mu nzego zirimo uburezi, ubuzima n’izindi kandi bikaba bishingiye ku buvugizi no mu bafatanyabikorwa.

Abafite ubumuga bo muri iyi Ntara kandi bashimirwa ko bibumbiye mu makoperative kugira ngo bishakemo ibisubizo ku bibazo byabo.

Kuba harashyizwe imbaraga mu burezi budaheza bishimirwa abatuye Intara y’Uburasirazuba kuko byatumye n’abafite ubumuga bazamura urwego rwabo rwo kugana ishuri.

Mu Karere ka Kayonza hari ikigo cy’abafite ubumuga kiri ahitwa i Gahini.

TAGGED:featuredIntaraRubingisaUbumugaUburasirazuba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyasudani Y’Epfo Wavuzweho Kuburirwa Irengero Yarabonetse
Next Article Rubavu: Haravugwa Abajya Muri Wazalendo Bizejwe Amafaranga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

DRC: Bashyinguye Bundi Bushya Nyuma Y’Uko Imyuzure Ishenye Irimbi

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Abanyarwanda Icyo Bakwiyemeza Nticyabananira- Maj Gen (Rtd) Jack Nziza

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye Na Touadéra Uko RDF Yakomeza Imikoranire N’Ingabo Ze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Wa Centrafrique Ari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umuyobozi Wa Imbuto Foundation Hari Icyo Asaba Abato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?