Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Mujyi Wa Kigali Nta Bikorwa Bizafunga Kubera CHOGM-Meya Rubingisa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
CHOGM 2022Mu Rwanda

Mu Mujyi Wa Kigali Nta Bikorwa Bizafunga Kubera CHOGM-Meya Rubingisa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 June 2022 12:20 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Pudence Rubingisa avuga ko mu gihe cya CHOGM nta bikorwa by’ubucuuruzi bizafunga ahubwo ngo abaturage bakomeze gukora ariko banoze kandi batange serivisi neza.

Kuri uyu wa Mbere taliki 20, Kamena, 2022 nibwo i Kigali hatangiye inama y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bo mu bihugu bikoresha Icyongereza yitwa CHOGM.

U Rwanda rumaze igihe kinini rwitegura iyi nama iri mu zikomeye rwakiriye.

Iyi nama ibaye nyuma y’imyaka ine habaye indi nkayo.

Ubusanzwe iyi nama iba nyuma y’imyaka ine kandi igihugu cyiyakiriye ni nacyo gikomeza kuyobora uyu muryango mu myaka ibiri ikurikiraho.

Ku byerekeye imikorere y’abatuye Umujyi wa Kigali, ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bwavuze ko nta muturage wagombye kugira impungenge z’imikorere kubera ko ngo nta kazi kahagaritswe.

Ubuyobozi bw'umujyi wa @CityofKigali buravuga ko nta bikorwa by’abaturage bizafungwa mu mujyi wa Kigali kubera iyi nama ya CHOGM irimo kubera mu Rwanda,ko ahubwo abanyarwanda basabwa kurushaho gutanga serivisi nziza muri iyi minsi @RwandaLocalGov pic.twitter.com/oPuiR2iFM5

— TV1 Rwanda (@TV1Rwanda) June 20, 2022

Abatuye Kigali bari bafite impungenge ko  hari ibikorwa runaka bizafunga mu rwego rwo kutabangamira abashyitsi ariko izo  mpungenge zavuyeho.

Polisi y’u Rwanda nayo ivuga ko nta mihanda izafungwa umunsi wose ahubwo ngo imihanda igenewe abashyitsi izajya iba ifunzwe mu gihe runaka kugira ngo batambuke ariko yongere ifungurwe.

Hagati aho kandi hari mihanda izajya iba ifunguwe kugira ngo ibe ikoreshwa  kugira ngo hatagira ibikorwa bibangamirwa.

Abatuye Kigali kandi basabwe kurushaho kunoza isuku haba mu ngo zabo, ku mibiro yabo ndetse n’ahabakikije.

Kuri uyu wa Mbere kandi abagize Inama y’Abagore bo mu bihugu bikoresha Icyongereza nibo bateranye ngo baganire uko bamwe bakwigira ku bandi hagamijwe iterambere rusange.

Ku Cyumweru taliki 19, Kamena, 2022 habaye inama yahuje urubyiruko rwo mu muryango Commonwealth.

TAGGED:CHOGMfeaturedKigaliRubingisaRwandaUmujyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kayonza: Avuga Ko Umwana We W’Imyaka 6 Yasambanyijwe Inshuro Ebyiri Bikazinzikwa
Next Article Perezida Kagame Yitabiriye Ibiganiro Ku Kibazo Cya DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?