Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Mujyi Wa Muhanga Barataka Amazi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mu Mujyi Wa Muhanga Barataka Amazi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 September 2022 9:06 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaturage b’Umujyi wa Muhanga bavuga ko amazi yabaye macye kandi ko ari ikibazo kimaze igihe.  Bamwe muri bo bavuga ko bitangaje kuba hirya no hino hari ibigega ariko bigasa n’aho ari umutako kuko nta mazi bibaha  kandi ubusanzwe ari ko kamaro kabyo.

Ikindi ni uko mu myaka yashize, amazi bari bafite yari ahagije ariko muri iki gihe bikaba byarahindutse.

Umwe mu bahatuye witwa Chantal yabwiye UMUSEKE ko iki kibazo gitangiye kugaragara vuba aha.

Avuga ko hari ubwo hashira iminsi ine nta mazi bafite, bakiyambaza ay’akabande.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Atuye mu Mudugudu wa Nyarucyamo ya 3 mu Kagari ka Gahogo.

Abenshi mu baturage bataka kubura amazi ni abo mu Kagari ka Gifumba, aka Gitarama, aka Ruli n’aka Makera hose hakaba ari mu Mujyi wa Muhanga.

Umuyobozi wungurije ushinzwe iterambere ry’ubukungu mu Karere ka Muhanga witwa  Bizimana Eric avuga  ko iki kibazo cy’abaturage batabonera amazi ku gihe ‘bakizi’.

Avuga ko impamvu ibitera ari uko muri iki gihe abatuye Umujyi wa Muhanga biyongereye ugereranyije n’igihe ibikorwa by’amazi byawushyiriwemo.

Icyakora ngo ni ikibazo bari gushakira umuti urambye binyuze mu kubaka urundi ruganda rutunganya amazi rwa Kagaga.

- Advertisement -

Ni uruganda ruzubakwa mu rugabano rw’Umurenge wa Kabacuzi n’Umurenge wa Cyeza ku mugezi wa Bakokwe.

Ngo uruganda rusanzwe ruha amazi abaturage b’Umujyi wa Muhanga rwa Gihuma rurashaje kuko rumaze imyaka 30 rwubatswe.

Umuyoboro w’amazi mushya niwuzura uzaha amazi abaturage barenga 75,000 batuye Umujyi wa Muhanga.

Uruganda rusanzwe ruha amazi abaturage b’Umujyi wa Muhanga rutanga Metero kibe 4000 ariko urundi ruri kubakwa nirwuzura ruzatanga izindi metero kibe 22000 rukazuzura mu mpera za 2023.

Amazi azatangwa na ruriya ruganda, yitezweho kuzahaza abatuye  ingo 2000.

Imibare ivuga ko abafite amazi meza mu Karere ka Muhanga  bagera kuri 68%, mu gihe abafite amashanyarazi mu ngo zabo bangana na 60%.

Umuyoboro mushya w’amazi uri kubakwa ngo uzahe abatuye Muhanga amazi uzuzura utwaye Miliyari Frw 3.

TAGGED:AkarereAmashanyaraziAmaziMuhanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ni Nde Ukwiye Kubazwa Iby’Ubucucike Bukabije Mu Magereza Y’U Rwanda?
Next Article Nobelia Tower: Inzu Yihariye Ibungabunga Ibidukikije Iri Kubakwa i Kigali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?