Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Myaka 7 Icyayi Cyinjirije u Rwanda Arenga Miliyoni $600 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Mu Myaka 7 Icyayi Cyinjirije u Rwanda Arenga Miliyoni $600 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 May 2024 3:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imibare itangwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, NAEB, ivuga ko mu myaka irindwi ishize, icyayi cyinjije mu isanduku ya Leta Miliyari Frw zisaga 650 ni ukuvuga arenga miliyoni $ 600.

Icyayi ni kimwe mu bihingwa ngengabukungu bikomeye mu Rwanda kuko gihora gisimburana n’ikawa ku mwanya wa mbere mu bihingwa ngengabukungu u Rwanda rwohereza hanze.

Ibihugu u Rwanda rukunze koherereza icyayi ni ibyo muri Aziya nka Pakistan, Ubushinwa na Leta zunze ubumwe z’Abarabu.

Hagati aho kandi u Rwanda rwifatanyije n’amahanga kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe icyayi wizihirijwe mu ruganda rwa Pfunda ruri mu Karere ka Rubavu.

Abahinga icyayi bavuga ko cyabateje imbere kuko hari abarunze miliyoni nyinshi bakuye mu buhinzi bwacyo.

Uwamahoro Josee ni umwe muri abo baturage.

Avuga ko atangira guhinga, yashoye miliyoni Frw 2 yari yagujije.

Avuga ko yatangiye guhinga icyayi mu mwaka wa 2017.

Gukomeza gushora mu cyayi no kucyitaho byazamuye urwego rw’imibereho ye.

Yaguze isambu ya miliyoni Frw 13 kandi ku kwezi abona umusaruro wa miliyoni Frw 1 ku kwezi.

Icyayi gisarurwa buri kwezi nk’uko abahinzi bacyo babyemeza.

Uwo musaruro uri mu bituma abaturage bitabira kugihinga.

Abahinga icyayi ahitwa Rubaya mu Karere ka Ngororero bavuga ko kibinjiriza Miliyari Frw 2 , abanyamuryango ba koperative zigihinga bagakungahara.

Zirimabagabo Jean Bosco ni umwe muri bo.

Avuga ko amafaranga yakuraga mu buhinzi bw’icyayi yakomeje kwiyongera bituma arushaho kugishyiramo amafaranga n’imbaraga.

Umuyobozi mukuru wungirije ushinzwe ibikorwa muri NAEB Urujeni Sandrine yashimye uruhare abahinzi b’icyayi bagira mu guteza imbere ubukungu.

Sandrine Urujeni

Icyo asaba abahinzi b’icyayi ni ukongera ubwiza bwacyo binyuze mu gukoresha neza ifumbire no kurinda ko cyakwangizwa n’ibyonnyi.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Mulindwa Prosper asaba abaturage gukomeza kubyaza umusaruro umutekano igihugu gifite kugira ngo bakomeze bahinge biteze imbere.

Meya Mulindwa Prosper

Mulindwa yaboneyeho gusaba abaturage kuzitabita ‘neza’ amatora ari hafi gukorwa mu Rwanda.

Avuga ko bagomba kuzatora Umukuru w’igihugu uzakomeza kubaha amahoro n’amajyambere bakeneye ngo bakomeze iterambere.

TAGGED:AmadolarifeaturedIcyayiMulindwaPfunda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Elon Musk Arashaka Uwamurangira Ikindi Kigo Agura
Next Article Mwarimukazi Nyiramahirwe Yaje Ahetse Umwana Aje Gutanga Kandidatire
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?