Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Rugo Rw’Umugore W’I Nyabihu Habonetse Imibiri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mu Rugo Rw’Umugore W’I Nyabihu Habonetse Imibiri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 March 2021 2:08 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Karago mu Karere ka Nyabihu habonetse imibiri bivugwa ko ari ay’Abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Iyi mibiri yabonetse mu musarani uri mu rugo rw’umuturage, wari uherutse gutabwa muri yombi aza kurekurwa none ubu ngo yaratorotse.

Abaturage bo mu Mudugudu wa Muremure, Akagari ka Cyamabuye, Umurenge wa Karago muri Nyabihu aho iriya mibiri yabonetse bavuga ko iriya mibiri ishobora kuba ari iy’umuryango w’abantu 6 bishwe batwitswe tariki 7/04/1994.

Muri 2002 bagiye kuyishaka kugira ngo ishyingurwe ariko barayibura.

Perezida wa IBUKA muri Nyabihu Bwana Anastase Juru yabwiye Taarifa ko ubwa mbere iriya mibiri yabonetse ubwo abantu baharuraga umuhanda barayibona.

Mu gihe biteguraga kuzayishyingurwa, aho yari iri haje guturwa n’umugore witwa Espèrance Nyirantsibura, uyu ngo yaje gufata ya mibiri ayijugunya mu musarane we aricecekera.

Nyirantsibura yatuye muri kariya gace muri 2003.

Juru yabwiye Taarifa ko hashize ukwezi iriya mibiri ibonetse hanyuma batanga ikirego kuri RIB , nayo ifata Nyirantsibura akorerwa idosiye ihabwa ubutabera .

Ubwo hitegurwaga ko yaba arekuwe by’agateganyo, ngo abagize IBUKA bagejeje ku mucamanza iby’uko hari indi mibiri babonye , bamusaba ko yaba aretse kurekura Nyirantsibura ariko we ntiyabikora aramurekura none yaratorotse.

Juru ati: “Ejo bundi nibwo babonye amakuru neza, arafatwa agezwa muri RIB arafungwa ariko nyuma y’uko afunzwe tuza kubona indi mibiri tubibwira umucamanza witeguraga kumurekura by’agateganyo tumusaba ko aba abiretse ariko aho kubikora aramurekura none twaramubuze.”

Avuga ko byababaje kubona umuntu bakurikiranyeho gushinyagurira imibiri y’Abatutsi bazize Jenoside arekurwa agatoroka kandi hari ibimenyetso byari bigikusanywa.

Nyirantsibura Esperance ni umugore mukuru ufite abana bakuru.

Iyi nkuru turakomeza kuyikurikirana…

Imibiri iri kuboneka nta mitwe ifite
TAGGED:AbatutsifeaturedIBUKAImibiriJenosideKaragoNyabihu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwabonye Isoko Ry’Urusenda Ruseye Mu Bushinwa
Next Article Umu Diplomate Wa Ethiopia Muri USA Yeguye Kubera Iby’I Tigray
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?