Mu Rwanda
Kagame yifurije Perezida Kaboré imirimo myiza

Perezida Paul Kagame yifurije Roch Marc Christian Kaboré uherutse gutsindira kongera kuyobora Burkina Faso kuzagira akazi keza.
Perezida Kaboré yatangiye kuyobora Burkina Faso mu Ugushyingo, 2015 nyuma y’uko Blaise Compaoré yamaganywe n’abaturage bafatanyije n’abasirikare.
Icyo gihe yatsinze uwo bari bahanganye witwa Zephirin Diabré. Icyo gihe yashyizeho Minisiitiri w’Intebe witwa Paul Kaba Thieba usanzwe ari umuhanga mu by’ubukungu.
Yakomeje kuyobora Burkina Faso ndetse abihuza no kuyobora Minisiteri y’ingabo n’ayabahoze ku rugerero.
Roch Marc Christian Kaboré w’imyaka 63 y’amavuko asanzwe ayobora ishyaka ryitwa People’s Movement for Progress akaba aherutse gutsindira indi manda y’imyaka itanu ku majwi 57.87% nk’uko byatangajwe na Perezida wa Komisiyo y’Amatora muri Burkina Faso, Bwana Newton Ahmed Barry.

Roch Marc Christian Kaboré uherutse gutsindira kongera kuyobora Burkina Faso
-
Mu mahanga2 days ago
Umunyapolitiki Ukomeye Ruswa Y’Igitsina Imukozeho
-
Mu Rwanda3 days ago
Urukiko Rw’Ikirenga Rwimutse, Ubushinjacyaha Nibwo Butahiwe
-
Mu Rwanda2 days ago
RCS Ivuga Ko Imfungwa ‘Yanze Kumvira’ Umucungagereza Iraraswa
-
Mu Rwanda2 days ago
Umunyarwandakazi Yapfiriye I Dubai
-
Politiki3 days ago
Kuki U Rwanda Rwafashe Rusesabagina Induru Zikavuga?
-
Icyorezo COVID-191 day ago
U Rwanda Rugiye Kwakira Inkingo Za COVID-19, Gukingira Ni Ku Wa Gatanu
-
Mu mahanga1 day ago
Perezida Ndayishimiye Yigishije Abaturage Guhinga Kijyambere
-
Mu mahanga24 hours ago
Mu Burundi Hadutse ‘Indwara Idasanzwe’