Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Ruhango Hafatiwe Udupfunyika Ibihumbi 18 Tw’Urumogi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mu Ruhango Hafatiwe Udupfunyika Ibihumbi 18 Tw’Urumogi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 March 2022 9:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu mpera z’Icyumweru gishize Polisi ikorera mu Karere ka Ruhango yafashe abantu bane bafite udupfunyika ibihumbi 18 tw’urumogi. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo Superintendent of Police Theobald Kanamugire yabwiye Taarifa ko barufashe kubera amakuru bahawe kandi ngo niyo kaba agapfunyika kamwe nako bazagafata.

Bafatiwe mu Murenge wa Ruhango, Akagali ka Nyamagana, Umudugudu wa Kigimbu.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire yavuze ko mu bafashwe hari uwo barusanze iwe.

Avuga ko aba bose bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Ati: “Abaturage bahaye amakuru Polisi ko hari abantu ba ruharwa bacuruza urumogi kandi baruvana mu Turere dutandukanye tw’igihugu bakaruzana mu Karere ka Ruhango bakarukwirakwiza mu baturage. Abapolisi bahise batangira ibikorwa byo kubafata niko kujya mu rugo rwumwe muri bo basatse inzu basanga afite udupfunyika tw’urumogi ibihumbi 18.”

SP Kanamugire yagiriye inama abantu bose banywa cg bagacuruza ibiyobyabwenge kubireka kuko nta kiza kibivamo uretse gufatwa bagafungwa kandi igihe kirekire.

Ati “Polisi ifatanije n’izindi nzego z’umutekano ndetse n ‘abaturage yakajije ibikorwa byo gufata abantu bacuruza ibiyobyabwenge ndetse n’ababinywa, bityo rero bakwiye kubireka bagakora indi mirimo yabateza imbere aho kwishora mu biyobyabwenge bibaviramo gufungwa igihe kirekire.”

Superintendent Theobald Kanamugire

Yasoje ashimira abaturage batanze amakuru, uru rumogi rugafatwa rutarakwirazwa mu baturage, anabasaba gukomeza gutanga amakuru y’abo bakeka bafite ibiyobyabwenge.

Abafashwe bose n’urumogi bafatanwe bashyikirijwe urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri sitasiyo ya Polisi ya Ruhango ngo hakurikizwe amategeko.

Iteka rya minisitiri nº 001/moh/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo rishyira ikiyobyabwenge cy’urumogi mu biyobyabwenge bihambaye.

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko  Umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

Ingingo ya 5 y’Iteka rya minisitiri Nº001/MoH/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo rishyira inzoga zikozwe mu buryo budakurikije ibisabwa n’amabwiriza y’ubuziranenge n’andi mategeko mu biyobyabwenge byoroheje.

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

TAGGED:AkarerePolisiUrumogi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Pst Antoine Rutayisire Muri 1994 Ati: ‘ Kubera Ko Inkotanyi Zitavangura Zizubaka Igihugu’
Next Article Gusoma Umwanzuro K’Ubujurire Mu Rubanza Rwa Rusesabagina Byimuwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?