Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Rwanda Hagiye Gutezwa Imbere Gutwarira Igare Mu Misozi Ihanamye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Mu Rwanda Hagiye Gutezwa Imbere Gutwarira Igare Mu Misozi Ihanamye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 June 2022 2:33 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Federasiyo Nyarwanda y’umukino w’amagare Abdallah Murenzi yabwiye Taarifa ko mu byo ateganya kuzakora muri manda nshya yaraye atorewe harimo no guteza imbere gutwarira igare mu misozi ihanamye.

Ni ibyo bita  ‘Mountain bike cycling.’

Murenzi yaraye atorewe kongera kuyobora FERWACY ku nshuro ya kabiri ariko noneho kuri manda y’imyaka ine.

Mu mirongo migari avuga ko afite muri iyi manda harimo  kuzubakira abakinnyi n’abakozi ba Federasiyo ubushobozi, gushakira amakipe ibikoresho (amagare, imyenda, ingofero, inkweto,….),guhugura abatoza n’abakanishi no kurushaho gushakisha impano mu bana b’Abanyarwanda.

Murenzi mu kiganiro yahaye Taarifa mu mwaka wa 2021

Yatubwiye ko afite umugambi wongera umubare w’abakinnyi mu byiciro byose ni ukuvuga abagabo, abagore n’abakiri bato.

Umuhigo ukomeye…

 Murenzi avuga ko azashyiraho uburyo buzatuma ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagare ihora mu myanya itatu ya mbere kandi ‘ihoraho’ku rwego rw’Africa no mu bihugu 30 bya mbere ku isi.

Ni umuhigo ukomeye kubera ko uretse no ku rwego rw’isi ahabera amarushanwa nka Tour de France n’ayandi, no muri Afurika ntibikunze korohera abakina umukino w’igare mu Rwanda kuza mu myanya y’imbere ‘cyane’.

Hejuru y’ibi hiyongeraho ko no kuva Tour du Rwanda yashyirwa ku yindi ntera, byagoye abakinnyi b’u Rwanda kuyitwara kuko ubu isigaye yitabirwa n’amakipe akomeye cyane handi aturutse ku migabane yose y’Isi.

Icyakora Murenzi Abdallah avuga ko bizashoboka kubera ko mu migambi ye harimo no kubakira abato ubushobozi bwo gukunda no gukina igare ku rwego mpuzamahanga kandi bagatsinda.

Ibi bizunganirwa n’uko ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare izajya yitabira amarushanwa  anyuranye muri Africa ku rwego rwa 2.1&2.2.

Mu migambi ye harimo n’uwo kuzatangiza akanateza imbere gutwarira igare mu byondo cyangwa ahandi hantu hagoye bita Cyclocross.

Urutonde rw’abiyamamaje kandi niko batowe:

 

Soma ibyo avuga ko yagejeje kuri FERWACY muri manda ye ishize.

Abanyamuryango Ba FERWACY Bashimye Ko Nongera Kwiyamamaza Nabikora- Abdallah Murenzi

 

TAGGED:AbdallahAmagarefeaturedIgareMurenziRwandaTaarifa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Bushinwa Bwiteguye Intambara Kuri Taïwan
Next Article Urubyiruko Rw’u Rwanda Ruri Gusobanukirwa Icyo Igihugu Aricyo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?