Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Rwanda Hari Ahantu 500 Ndangamurage Habaruwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mu Rwanda Hari Ahantu 500 Ndangamurage Habaruwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 December 2023 9:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni ibitanganzwa n’Inteko y’Umuco. Intiti zayo zivuga ko iyi Nteko imaze kubarura ahantu ndangamurage hasaga 500, habumbatiye amateka yo hambere.

Kuhabarura biri  mu rwego rwo gukomeza kuhabungabunga kugira ngo hatazazima.

Ntagwabira André, umushakashatsi mu Nteko y’Umuco ku mateka ashingiye ku bisigaratongo yabwiye Kigali Today ko aho hantu ndangamurage habaruwe hagamijwe gukomeza gusigasira amateka yo hambere.

Kuhabungabunga bizatuma hakomeza gusurwa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uriya muhanga avuga ko muri aho hantu 500, ahagera ku 107 hakorewe ubushakashatsi hanatangazwa mu gitabo Inteko y’Umuco yasohoye kivuga kuri ayo mateka.

Ati “Tuzakomeza gukorera ubushakashatsi ahandi hantu twamenye hose, kugira ngo amateka yaho yandikwe kandi atangazwe, dukurikije amakuru tuzaba twahasanze n’ibimenyetso biyaranga”.

Ntagwabira André, umushakashatsi mu Nteko y’Umuco ku mateka ashingiye ku bisigaratongo

Ntagwabira avuga ko nk’ikigo kibishinzwe gishobora kubona ahantu kigasanga hari amakuru yizewe, bakahashyira ku rwego ndangamurage kuko hazwi kandi amateka ahavugwa akaba yarabayeho.

Muri hamwe mu hantu ndangamateka hakoreweho ubushakashatsi hari ahitwa imisezero y’Abami bo hambere ni ukuvuga aho batabarijwe (Aho Abami bashyinguye), Ibigabiro, bikaba ari bimwe mu bikiri ahantu hatuwe n’abami.

Urugero rw’Ikigabiro ni ikiri  ahatuwe n’Umwami Rwabugiri i Nyamasheke, ikigabiro cy’ahatuwe n’Umwami Musinga mu Gakenyeri mu Karere ka Nyanza, ndetse  n’ahitwa ku Kayenzi ka Nyamurundi, ni ho Rwabugiri yambukiye batera igitero cya mbere bagabye ku Ijwi.

- Advertisement -

Ni naho ingabo z’u Rwanda zo ku gihe cya Rwabugiri zahamutegerereje ngo bambukane batera Kabego ku Ijwi.

Ahandi ni aho bita Mutwicarabami twa Nyaruteja, aho Umwami w’u Rwanda n’u Burundi bahuriye bagasezerana ko nta gihugu kizongera gutera ikindi.

Ntagwabira avuga ko ahantu ndangamurage Inteko y’Umuco yakozeho ubushakashatsi, hari mu ngeri enye zirimo ahantu ndangamurage h’amateka hakaba ari ahantu habereye ibintu byibukwa mu mateka y’u Rwanda.

Inkuru zihavugwa ziba ari impamo, atari ibitekerezo cyangwa imigani.

Ingeri ya kabiri ni ahantu ndangamurage ushingiye ku muco, aha ni ahavugwa mu bitekerezo cyangwa imigani.

Inkuru zihavugwa n’abazivugwamo akenshi biba bitarabayeho  cyangwa se bikaba byarabayeho ariko bikitirirwa ibintu bitangaje, byakuririjwe nkana, bigashyirwamo amakabyankuru.

Urugero rw’ibi ni amajanja y’imbwa za Ruganzu.

Ni ibintu utahita ubonera ibimenyetso ariko ugasanga abantu babifata nk’ibyabayeho.

Ingeri ya gatatu ni ahantu ndangamurage havumbuwe ibisigaratongo.

Ni ahagaragaye ibisigaratongo byatumye hamenyekana imibereho y’ababisize.

Inkuru zihavugwa ziba ari  ukuri nubwo zitanditse mu bitabo by’amateka cyangwa ngo zivugwe mu ruhererekane nyemvugo.

Zishingira ku bushakashatsi bwimbitse bwakozwe n’abahanga biga amateka y’ahantu, bashingiye ku bimenyetso bicukuwe mu butaka.

Wa muhanga wo mu nteko y’umuco agira ati:  “Hari aho twabashije gucukura tuhasanga ubutare abantu ba kera bacuragamo ibyuma, ndetse hari n’aho twabashije gucukura dusangamo iryinyo ry’inka mu butaka biduha ishusho y’uko ubworozi bw’inka bwabayeho kuva kera.”

Avuga ko hari n’aho basanze mu gice cya Ruhengeri ibikoresho byakoreshwaga mu myaka 1960 bikoze mu mabuye, ibyo byose bigatanga ishusho y’amateka y’uko Abanyarwanda babagaho mu bihe byo hambere.

Ingeri ya nyuma ni ahantu ndangamurage kamere.

Ni ahantu karemano hafite ubwiza nyaburanga cyangwa undi mwihariko, Abanyarwanda, baba abakurambere cyangwa abariho ubu, batagize uruhare urwo ari rwo rwose mu kuhagira uko hameze ubu.

Aho uzahasanga ibiyaga, imigezi n’inzuzi n’amashyamba kimeza.

TAGGED:AmatongofeaturedRwabugiriUbushakashatsiUbutakaUmucoUmuhanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Iran Irashinja Israel Kwica Umujenerali Wayo
Next Article Nyarugenge: Mbere Yo Kwiyahura Yanditse Ko Ubuzima Bumunaniye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?