Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Rwanda Hari Ibinini Byo Kuringaniza Urubyaro ‘Bikemangwa’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mu Rwanda Hari Ibinini Byo Kuringaniza Urubyaro ‘Bikemangwa’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 October 2023 6:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Warning sign. Blank warning sign. Vector illustration
SHARE

Ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’imiti n’ibiribwa, Rwanda FDA, cyahagaritse imiti cyemeza ko itakwizwera yari imaze igihe runaka ikoreshwa ku isoko ry’u Rwanda.

Ni imiti y’ibinini ivugwaho kuringaniza urubyaro ariko Rwanda FDA ikavuga ko idakwiye kwizerwa kubera nto makuru itanga ku mikorerwe yayo ndetse nta n’amakuru itanga y’uburyo ushaka kuyikoresha agomba kubigenza.

Ibi binini ntibyemewe mu Rwanda

Rwanda FDA ivuga ko ikindi giteye inkeke ari uko n’ibyo ipfunyitsemo byanditswe mu rurimi rudakoreshwa mu Rwanda mu buryo bwemewe n’amategeko.

Itangazo ry’iki kigo rivuga ko kubera izo mpamvu, Rwanda FDA iburiye Abanyarwanda[kazi] ko badakwiye gukoresha iyo miti kuko itari ku rutonde rw’imiti yemewe mu Rwanda kandi ko idakwiye kuhinjira.

Igitangaje, nk’uko iri tangazo ribivuga, ni uko iyo miti imaze igihe runaka ikwirakwiza ku isoko ryo mu Rwanda!

Ibi bituma hibazwa ikigero cy’ingaruka zayo mu baturage n’ukwiye kubazwa iby’iyo miti.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’umuyobozi w’iki kigo witwa Dr. Emile Bienvenu rikagira inama abaturarwanda yo kutongera kuyigurisha kandi rikabibutsa ko kuringaniza imbyaro bikorerwa kwa muganga wemewe n’amategeko.

Ryungamo ko amaduka agurisha imiti( pharmacies) yemewe na Leta  ari yo yonyine yemerewe kugurisha iyo miti.

Itangazo rya Rwanda FDA.
TAGGED:FDAfeaturedIbininiImitiRwandaUrubyaro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN Yongerewe Inshingano
Next Article Rwanda: Uwashinze IRCAD –Africa Yavuze Ko Izahindura Ubuzima Bw’Abanyafurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?