Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Rwanda Impeshyi Igiye Gushyuha Kurushaho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mu Rwanda Impeshyi Igiye Gushyuha Kurushaho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 August 2022 8:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe ubumenyi bw’Ikirere, Meteo Rwanda, kivuga ko ubukonje abantu bari kubona mu Ntangiriro ya Kanama, 2022 ari ubw’igihe gito kuko uku kwezi kuzashyuha kurusha ukurangiye kwa Nyakanga.

Umujyi wa Kigali n’Intara y’i Burasirazuba niho hazashyuha kurusha ahandi mu Rwanda.

Itangazo rya kiriya kigo rivuga ko mu kwezi kwa Kanama 2022, ubushyuhe bwinshi buteganyijwe ku manywa buri hagati ya dogere Selisiyusi 17 na 32 mu Rwanda.

Kandi ngo ubushyuhe bwo hejuru buteganyijwe kwiyongera ugereranyije nubw’ukwezi kurangiye kwa Nyakanga.

Haranditse hati: “ Ibice by’Umujyi wa Kigali niby’Uturere twa Bugesera na Ngoma, Amayaga no mu kibaya cya Bugarama hateganyijwe igipimo cy’ubushyuhe kiruta icy’ahandi kizaba kiri hagati ya dogere Selisiyusi 29 na 32. Igipimo cy’ubushyuhe bwo hejuru kiri hagati ya dogere Selisiyusi 26 na 29 giteganyijwe ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu mu Turere twa Rusizi, Nyamasheke na Karongi no mu bice bisigaye by’Intara y’Iburasirazuba, Umujyi wa Kigali no mu Ntara y’Amajyepfo ukuyemo ibice bimwe by’uturere twa Nyamagabe na Nyaruguru hateganyijwe igipimo cy’ubushyuhe bwo hejuru kiri hagati ya dogere selisiyusi 22 na 26.”

Ku rundi ruhande ngo igipimo cy’ubushyuhe bwo hejuru kiri hagati ya dogere selisiyusi 17 na 20 nicyo gito giteganyijwe mu Majyaruguru y’Uturere twa Musanze na Nyabihu muri Parike y’Igihugu y’Ibirunga. Ubushyuhe buteganyijwe buri ku kigero cy’impuzandengo y’ubushyuhe bwo hejuru busanzwe bw’ukwezi kwa Kanama (Ubushyuhe busanzwe bw’ukwezi kwa Kanama buri hagati ya dogere Selisiyusi 18 na 32).

Hagati aho ubushyuhe bwo hasi buteganyijwe mu ijoro buzaba buri hagati ya dogere Selisiyusi 08 na 16 mu Rwanda hose muri rusange.

Ibice bimwe byo mu Majyepfo y’i Burengerazuba bw’igihugu (muri Parike ya Nyangwe nahandi byegeranye) no mu Majyaruguru y’i Burengerazuba bw’Igihugu hateganyijwe kuzakonja kurusha ahandi ku gipimo cy’ubushyuhe bwo hasi kiri hagati ya dogere selisiyusi 08 na 10.

Meteo Rwanda ivuga ko ibice byinshi bisigaye by’Intara y’Amajyaruguru, i Burengerazuba, Amajyepfo no mu gice cy’Amajyepfo y’ i Burasirazuba hateganyijwe igipimo cy’ubushyuhe bwo hasi kiri hagati ya dogere selisiyusi 10 na 12.

Igipimo cy’ubushyuhe bwo hasi giteganyijwe kiri ku kigero cy’impuzandengo y’ubushyuhe bwo hasi busanzwe bw’ukwezi kwa Kanama (ubushyuhe bwo hasi busanzwe bw’ukwezi kwa Kanama buri hagati ya dogere Selisiyusi 09 na 17).

Ku byerekeye imvura, mu Rwanda hazakomeza kurangwa n’ibihe bisanzwe by’impeshyi, hakaba

hateganyijwe imvura iri hagati ya milimetero 10 na 50. Imvura iri hagati ya milimetero 40 na 50 iteganyijwe mu bice by’Uturere twa Nyamasheke, Rusizi, Rutsiro, Ngororero, mu Burengerazuba bw’Uturere twa Nyamagabe na Nyaruguru no mu Majyaruguru y’Uturere twa Rubavu, Nyabihu, Musanze na Burera.

Imvura iri hagati ya milimetero 30 na 40 iteganyijwe mu bice bisigaye by’Intara y’i Burengerazuba no mu Turere twa Musanze na Burera, mu bice byo hagati by’Uturere twa Nyamagabe na Nyaruguru no mu Majyaruguru y’Uturere twa Gakenke na Rulindo.

Mu bice bisigaye by’igihugu hateganyijwe imvura iri hagati ya milimetero 10 na 30.

Imvura iteganyijwe mu kwezi kwa Kanama 2022 izaba iri ku kigero cy’impuzandengo y’imvura isanzwe igwa mu kwezi kwa Kanama mu gihugu hose (imvura isanzwe igwa mu kwezi kwa Kanama iri hagati ya milimetero 0 na 50).

Ku byerekeye umuvuduko w’umuyaga, abahanga bo muri Meteo Rwanda bavuga ko mu kwezi kwa Kanama 2022, hateganyijwe umuyaga uringaniye ushyira umuyaga mwinshi ufite umuvuduko uri hagati ya metero 4 na 10 ku isegonda.

Ahateganyijwe umuyaga mwinshi ni ukuvuga ufite umuvuduko uri hagati ya metero 8 na 10 ni  bice by’uturere twa Karongi, Rutsiro, Nyamasheke na Ngororero.

Ahasigaye mu gihugu hateganyijwe umuyaga mwinshi ufite umuvuduko uri hagati ya metero 6 na 8 ku isegonda uretse ibice bimwe by’umujyi wa Kigali hateganyijwe umuyaga uringaniye ufite umuvuduko uri hagati ya metero 4 na meteo 6 ku isegonda.

 

TAGGED:featuredImvuraIzubaRwandaUbushyuhe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Al Zawahiri Wari Wungirije Bin Laden Yishwe
Next Article Ingabo Za Taiwan Nazo Ziri Maso Ziteguye Kwivuna u Bushinwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hateguwe Miliyoni € 2 Zo Gukumira Ingaruka Zo Kubaka Ibikorwaremezo Bihungabanya Ibidukikije

Abahitanywe N’Inkongi Muri Hong Kong Biyongereye, Ikizere Ku Barokotse Cyakendereye

Uburundi Bwatangije Umushinga Wo Gukoresha Ubwenge Buhangano

Ikipe Y’u Rwanda Ya Basketball Yakubiswe Incuro Ku Mukino Wa Mbere Ugana Ku Gikombe Cy’Isi

Hong Kong: Abishwe N’Inkongi Barakabakaba 100

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

You Might Also Like

Mu Rwanda

Kuba Twahurira Washington Tukagira Ibyo Twemeranyaho Ni Ikintu Cyiza-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Amadini N'Iyobokamana

Papa Lewo XIV Yageze Muri Turikiya Mu Ruzinduko Rwa Mbere Mu Mahanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

U Rwanda Rurakina Na Guinea Rushaka Tike Y’Igikombe Cy’Isi Muri Basketball

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Iseru: Indwara Iheruka Mu Rwanda Iravugwa i Masisi Na Rutshuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?