Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Rwanda Ingurube 1,256 Zitewe Intanga Mu Rwego Rwo Kuvugurura Icyororo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Mu Rwanda Ingurube 1,256 Zitewe Intanga Mu Rwego Rwo Kuvugurura Icyororo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 April 2022 3:25 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo kongera umusaruro w’inyama z’ingurube, Leta y’u Rwanda binyuze muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi yatangije gahunda yo kuzitera intanga kugira ngo zororoke kandi ntizirwagurike.

Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe ubworozi, RAB, kivuga ko ingurube iriya gahunda izakomeza gukorerwa n’ahandi mu Rwanda.

Impamvu ngo ni uko bifasaha mu kongera umubare w’izivuka ariko nanone zikavuga zifite ubudahangarwa bwisumbuyeho, butuma zitibasirwa n’indwara ngo zipfe cyangwa zinanuke.

Bitanga umusaruro utubutse w’ingurube zifite icyororo cyiza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ikindi kibazo ni uko hari hasanzwe hari ingurube zimyanaga hagati yazo bigatuma zibyara ‘ingurube z’amacugane.’

Ingurube ziba zigomba kororwa neza kugira ngo zizavemo icyororo cyiza

Ibinyabuzima bivutse muri ubu buryo ntibiramba kuko biba bifite byinshi bihuje mu turemangingo twabyo kandi ibi birabikenya, bigapfa bikiri bito.

Abaganga b’amatungo bo muri RAB bavuga ko mu Rwanda hamaze guhugurwa bagenzi babo 500 kugira ngo nabo bazahugure abandi uko gutera ingurube intanga bikorwa.

Umworozi w’ingurube ufite ingurube igejeje igihe cyo kubangurirwa (ingurube yarinze) yegera veterineri wabihuguriwe akamufasha kubona intanga.

Ingurube yarinze ikenera  nibura doze zingana na mililitiro 100 z’intanga ngabo zigurwa Frw 3500.

- Advertisement -

Umworozi ufite ingurube yaterewe intanga aba ashobora kuvukisha utubwana turenga  12.

Akabwana kamwe kamaze kwigira hejuru kaba gashobora kugura Frw 50 000.

Iyo intanga zimaze gukusanyirizwa aho byagenewe, ziherezwa mu Rwanda bikozwe n’utudege  twa drones tw’ikigo Zipline.

Barebwa ubuziranenge bwazo
Nyuma zifungwa neza

Iyo bidashobotse ko utu tudege dukoreshwa, hifashishwa imodoka zabigenewe zifite ahantu heza, hatekanye ho kuzitwara.

Umukozi wa RAB witwa Safari Sylvestre akaba n’umushakashatsi kuri Station ya RAB i Muhanga avuga ko muri Mata 2021 batumije mu mahanga ingurube z’icyororo zikurwaho intanga ubu bakaba baratangiye kuzigeza hirya no hino mu gihugu.

Ingurube zavutse ari ibigabo iyo zigize amezi ari hagati y’atanu n’atandatu nizo zitangira gutozwa kwimya icyuma cyabigenewe mu rwego rwo kugira ngo nizirangiza gukura bihagije zizimye icyo kuma hanyuma intanga zayo zizakusanywe zibikwe.

Iyo zimaze gutozwa kurira icyo gikoresho zitangira gufatwa intanga zigapimwa muri Laboratwari zikabikwa neza hanyuma zigahabwa aborozi.

Safari yagize ati “Byakozwe kugira ngo aborozi begerezwe icyororo mu buryo bworoshye”.

Zohererezwa abahinzi hakoreshejwe Drones za Zipline
Baza kuzitora bakazishyikiriza aborozi
Hari icyuma cy’ikoranabuhanga kiba kireba niba zageze iyo zoherejwe

Kongera icyororo ni gahunda ya Leta y’u Rwanda ifite hagamijwe kongera ubwinshi bw’ingurube zifite icyororo kandi zifite ubudahangarwa.

Ingurube n’inkoko niyo matungo Abanyarwanda bazaba barya ari benshi mu myaka iri imbere…

Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi ariko ushinzwe by’umwihariko ubworozi Dr  Solange Uwituze aherutse kubwira itsinda ry’aborozi b’ingurube bo mu Rwanda ko  imibare yerekana ko mu mwaka wa 2050, Abanyarwanda bazaba barya inyama z’ingurube n’inkoko kurusha iz’andi matungo yose.

Dr Solange Uwituze yabivugiye mu Nteko y’aborozi b’ingurube yateraniye i Kigali mu byumweru bicye bishize.

Yari yayitumiwemo ngo agire inama abo borozi akurikije uko ubworozi bwabo buhagaze muri iki gihe.

Inyama z’ingurube zizaba ari zo ziribwa.

Uwituze avuga ko iyo arebye uko imibare ihagaze muri iki gihe, usanga igenamigambi rivuga ko mu mwaka wa 2050, Abanyarwanda bazaba bagera kuri miliyoni 22 kandi ngo bazaba bafite amikoro atuma buri Munyarwanda yinjiza 12 000 $ ku mwaka.

Kubera ko ubutaka bwo guturaho buzaba ari buto, ubworozi buzakorwa muri kiriya gihe ni ubw’amatungo atarisha cyane, ayo akaba ari ingurube n’inkoko.

Kubera iyi mpamvu, Dr Solange Uwituze yabwiye aborozi b’ingurube ko bagomba gutangira gutegura uko bazahaza isoko ry’Abanyarwanda mu gihe kiri imbere.

Ati: “ Mugomba gutangira gushyira ibintu ku murongo, mukorora neza mugashikama mu mwuga, umusaruro ukiyongera kugira ngo igihe Abanyarwanda bazaba bageze kuri uriya mubare muzabahe inyama bazaba bakeneye.”

TAGGED:AbanyarwandaAborozifeaturedIngurubeIntangaMuhangaRABUwituze
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kwibuka 28: Nta Rugendo Rwo Kwibuka ‘Walk To Remember’ Ruzaba
Next Article Perezida Kagame Arasura Zambia
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

Igihangange Manny Pacquiao Agiye Kugaruka Mu Iteramakofe

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

Impuguke Ya UN Irasuzuma Uko Ubukene Buhagaze Mu Banyarwanda

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

UN N’u Rwanda Mu Bufatanye Bufite Agaciro Ka Miliyari $1

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?