Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Ntibarasobanukirwa Ibibazo Bireba Umuvunyi N’Ibireba Ubuyobozi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muhanga: Ntibarasobanukirwa Ibibazo Bireba Umuvunyi N’Ibireba Ubuyobozi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 March 2023 11:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kubera kutamenya ibibazo bikwiye kugezwa ku Rwego rw’Umuvunyi n’ibigezwa ku buyobozi bw’ibanze, abatuye Imirenge y’Akarere ka Muhanga bagana Umuvunyi cyane kurusha ubuyobozi.

Ikindi kandi iki kibazo ntikiri i Muhanga gusa.

Imibare y’ibibazo Urwego rw’Umuvunyi rwakiriye bitanzwe n’abatuye Muhanga, yerekana ko ibibazo byagombaga mu by’ukuri gukemurwa n’uru rwego ari 22 gusa mu gihe rwagejejeho ibibazo 265.

Hari abavuga ko mu nzego z’ibanze hari icyuho mu gukemura ibibazo by’abaturage bityo bigatuma bahitamo kubishyira izindi nzego.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uwitwa Ndushabandi yabwiye Taarifa ko imwe mu mpamvu abona ituma abaturage bajyana ibibazo byabo ku rwego rw’Umuvunyi ari uko ku rwego rw’Akagari cyangwa rw’Umudugudu barerega abaturage.

Kumurerega ngo ‘taha uzagaruje ejo’ bituma umuturage ageraho aho agacika intege, byatinda akazigira cyangwa akazagirwa inama yo kugana izindi nzego zirimo n’Urwego rw’Umuvunyi.

Kubera ko inzego z’ibanze akenshi zitangirira k’Umukuru w’Umudugudu kandi akaba adahembwa bituma hari Abakuru b’Imidugudu bitita ku bibazo ‘bimwe na bimwe’ by’abaturage.

Abakuru b’Imidugudu ntibahemberwa akazi bakorera abaturage ahubwo bakora nk’abakorera bushake.

Abenshi baba ari abaturage batuye muri ako gace kandi basanzwe bafite akazi kabinjiriza kaba akabo bihangiye cyangwa bakorera abandi.

- Advertisement -

Ku rwego rw’Akagari, ho havugwa ikibazo cya ba gitifu bahorana ibibazo byinshi by’abaturage kandi bafite umwanya muto wo kubikemura.

Gutinda kubicyemura hari n’ubwo biterwa n’uko hari abaturage ‘baburana urwa ndanze.’

Raporo zitangwa n’imiryango yita ku burenganzira bwa muntu zivuga ko hari Abanyarwanda batajya bemera ko batsinzwe mu manza, ahubwo bagahora basiragira k’ubuyobozi ngo bararenganye.

Umuyobozi muri CLADHO ushinzwe guhuza ibikorwa  Evariste Murwanashyaka avuga ko imwe mu mpamvu abona zitera abaturage kutageza ibibazo byabo ku buyobozi bw’ibanze ahubwo bakabishyira izindi nzego harimo n’Umuvunyi ari ‘ukutazigirira icyizere.’

Ati: “Hari abaturage bafitiye icyizere gike inzego z’ibanze. Ruswa mu nzego z’ibanze zimwe na zimwe zica intege abaturage bakumva ko uwo barega ari nawe baregera.”

Abaturage benshi bumva ko inzego z’ibanze zibarerega bagahitamo kugana Umuvunyi

Ku rundi ruhande, nawe avuga ko hari abaturage batanyurwa n’ibyemezo by’inzego z’ibanze bagakunda imanza.

Hari n’abageza ibibazo kuri Perezida wa Repubulika kandi byari byarahawe umurongo.

Imanza zirahenda kandi zikarangira nta mubano urambye ukiri hagati y’uwatsinze n’uwatsinzwe.

Iyi niyo mpamvu Minisiteri y’ubutabera yatangije uburyo yise ‘ubuhuza’, bukaba uburyo bwo guhuza abafite ibyo batumvikanaho kugira ngo biyunge bitabaye ngombwa ko bajya mu nkiko.

Ubuhuza ni Politiki y’urwego rw’ubutabera mu Rwanda igamije kunga abantu bakirinda kujya mu nkiko kandi bishoboka ko bakwiyunga.

Ubwo buhuza nibwo mu Cyongereza bise ‘Alternative Dispute Resolution’.

Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango nyarwanda iherutse kubwira itangazamakuru ko ubushakashatsi bugaragaza ko impamvu nkuru zikurura amacakubiri mu bashakanye no mu Banyarwanda muri rusange ari ugusesagura imitungo, gucana inyuma n’ubuhemu bushingiye k’ukudakurikiza amasezerano impande zombi zagiranye  mu by’ubukungu n’imari.

TAGGED:AbaturagefeaturedMuhangaUbutaberaUmuvunyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article FPR-Inkotanyi Mu Ntara Y’Amajyepfo Irasaba Kagame Gukomeza Kuyobora u Rwanda
Next Article U Rwanda Rurakira Ibisanduku Bya Mbere Bizubakwamo Inganda Z’Inkingo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?