Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Umusore Wagwiriwe N’Ikirombe Muri Metero 40 Ntarakurwamo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muhanga: Umusore Wagwiriwe N’Ikirombe Muri Metero 40 Ntarakurwamo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 February 2022 9:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Nyarusange haravugwa inkuru y’umusore w’imyaka 19 wagwiriwe n’ikirombe ari kumwe na bagenzi be, bo bashobora kuhivana ariko we kugeza ubwo Taarifa yandikaga iyi nkuru yari atarakurwamo.

Mu ntangiriro z’iki Cyumweru ni ukuvuga taliki 14, Gashyantare, 2022 nibwo biriya byabo byabaye.

Ahagana saa munani z’amanywa ni bwo ubutaka bw’ikirombe kiri mu Mudugudu wa Gitega, Akagari ka Ngaru mu Murenge wa Nyarusange bwaridukiraga abantu bacukuraga amabuye y’agaciro.

Ni mu kirombe gicukurwa n’ikigo kitwa Afri-Ceramic.

Ubwo kiriya kirombe cyagwaga cyagwiriye abantu 11.

Byabereye mu Murenge wa Nyarusange Akagari ka Ngaru muri Muhanga

Umuturage witwa Uwizeyimana Elie w’imyaka 19 wari urimo acukura ntiyashoboye guhunga nk’uko abandi babishoboye, ahubwo cyaramugwiriye arapfa none kugeza n’ubu ntaravanwamo.

Kubera igihe gishize, biragoye ko bamusanga agihumeka.

Hagati aho umuhati wo kumushakisha urakomeje.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarusange witwa Fiacre Ruzindana yabwiye Taarifa ko bafite icyizere ko kuri uyu wa Kane taliki 17, Gashyantare, 2022 bari bugere kuri uriya murambo bakawukuramo.

Ati: ” Dufite icyizere ko turi buze kugera ku murambo w’uyu musore tukawukuramo kuko ibitaka byari byaramutwikiriye byagabanutse. ”

Avuga ko kuba baratinze kumubona byatewe n’uko hari yari yaracukuye agera hasi cyane kuko yari amaze kugera muri metero 40 z’ubujyakuzimu.

Imirimo yo kumushakisha iri gukorwa ku bufatanye bw’inzego z’ibanze, ikigo cy’ubucukuzi uriya musore yakoreraga ndetse na Polisi y’u Rwanda.

Ikindi twabwiwe  n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyarusange ni uko hagiye gukorwa igenzura, hakarebwa niba ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri ibi by’imvura butaba buhagaze kuko ngo kuba ikirombe cyaragwiriye uriya musore ahanini byatewe n’uko ubutaka bwari bwarasomye.

Umuryango w’uyu musore usanzwe uba mu kiciro cya gatatu cy’Ubudehe.

Muri Muhanga hari undi muturage wari uherutse kurohama arabura…

Ubwato bwigeze kugonganira muri aya mazi buteza impanuka yahitanye abaturage

Mu ntangiriro za Mutarama, 2022 hari undi muturage wari warabiwe irengero nyuma y’impanuka y’ubwato bubiri bwagonganiye mu mazi ya Nyabarongo atandukanya Umurenge wa Ruli muri Gakenke n’umurenge wa Rongi muri Muhanga.

Inzego z’umutekano zahise ziterana igitaraganya zifata ingamba zo kurinda ko hari abandi baturage barohama muri ariya mazi.

Umwe mu myanzuro yafashwe, ni uko nta bwato budakoresha moteri bwemewe kongera gukorera amazi ya Nyabarungo.

Amakuru Taarifa ifite avuga ko umurambo w’uriya mugabo waguye muri iriya mpanuka y’ubwato, waje kuboneka mu mazi y’uru ruzi aca mu Murenge wa Shyorongi mu Karere ka Rulindo.

Abantu 600 Bo Mu Majyepfo Basabwe Kuguma Mu Ntara Y’Amajyaruguru

TAGGED:featuredIkirombeMuhangaUbudehe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Putin Ari Kugerageza Ukwihangana Kw’Abashyigikiye Ukraine
Next Article Umushinga wa Miliyari 21 Frw Wahinduye Ubuhinzi i Rwamagana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?