Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Umuturage Yahinze Urumogi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Muhanga: Umuturage Yahinze Urumogi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 December 2024 3:45 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Mu Rwanda abaturage ntibemerewe guhinga urumogi.
SHARE

Mu Mudugudu wa Karengere, Akagari ka Mbuga mu Murenge wa Nyabinoni mu Karere ka Muhanga haravugwa umugabo w’imyaka 29 wahinze urumogi mu murima w’ibishyimbo.

Ntiharamenyekana neza uko rungana ariko amakuru avuga ko hagaragaye ibiti bine by’iki kiyobyabwenge.

Umwe mu baturanyi be niwe wabwiye inzego ko yahinze urumogi mu murima w’ibishyimbo.

Abakora muri izo nzego zirimo na DASSO bagiye kugenzura basanga koko muri uwo murima harimo urumogi rwakuranye n’ibishyimbo, bahita bamufata arafungwa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Agateganyo w’Umurenge wa Nyabinoni Dusabimana Télesphore yabwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE ko ayo makuru ari impamo kandi ko kugira ngo amenyekane byaturutse ku ntonganya uyu uvugwaho ubwo buhinzi butemewe witwa Ntabanganyimana Emmanuel  yagiranye n’umuturanyi we witwa  Ngendakumana Vénuste.

Mu gutongana, Ntabanganyimana  yabonye ko amagambo abwiye mugenzi we amukomerekeje, amusaba imbabazi, undi arabyanga.

Gitifu Dusabimana ati: “Uwakomeretse (Ngendakumana) yamusabaga amafaranga menshi kugira ngo biyunge, undi amubwira ko atayabona usibye kwiyunga gusa.”

Undi yahise ajya kubwira ubuyobozi ko uwo muntu(batonganaga) yahinze urumogi.

Byari ukumwihimuraho.

Umuyobozi avuga ko atari ubwa mbere Ntabanganyimana afungirwa icyaha gifitanye isano no kunywa urumogi kuko yigeze no kujyanwa Iwawa mu ngororamuco ahamara igihe.

Nyuma yo gusanganwa urumogi mu murima we, yahise ajya gufungirwa kuri Station ya Kiyumba ngo hakorwe idosiye kubyo akurikiranyweho.

TAGGED:GitifuMuhangaUmurimaUmuturageUrumogi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amavubi Arizeza Abanyarwanda Intsinzi Mu Mukino Na Sudani Y’Epfo
Next Article Rwanda: Impinja 887 Zavutse Kuri Noheli
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Bigoranye Police FC Yakuye Ku Izima APR FC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

‘Gusaranganya Shisha Kibondo’ Ni Ruswa Nini Mu Rwego Rw’Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuyobozi Mu Ngabo Za Jamaica Yasuye RDF Ikorera Muri Iki Gihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?