Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Umuturage Yahinze Urumogi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Muhanga: Umuturage Yahinze Urumogi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 December 2024 3:45 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Mu Rwanda abaturage ntibemerewe guhinga urumogi.
SHARE

Mu Mudugudu wa Karengere, Akagari ka Mbuga mu Murenge wa Nyabinoni mu Karere ka Muhanga haravugwa umugabo w’imyaka 29 wahinze urumogi mu murima w’ibishyimbo.

Ntiharamenyekana neza uko rungana ariko amakuru avuga ko hagaragaye ibiti bine by’iki kiyobyabwenge.

Umwe mu baturanyi be niwe wabwiye inzego ko yahinze urumogi mu murima w’ibishyimbo.

Abakora muri izo nzego zirimo na DASSO bagiye kugenzura basanga koko muri uwo murima harimo urumogi rwakuranye n’ibishyimbo, bahita bamufata arafungwa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Agateganyo w’Umurenge wa Nyabinoni Dusabimana Télesphore yabwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE ko ayo makuru ari impamo kandi ko kugira ngo amenyekane byaturutse ku ntonganya uyu uvugwaho ubwo buhinzi butemewe witwa Ntabanganyimana Emmanuel  yagiranye n’umuturanyi we witwa  Ngendakumana Vénuste.

Mu gutongana, Ntabanganyimana  yabonye ko amagambo abwiye mugenzi we amukomerekeje, amusaba imbabazi, undi arabyanga.

Gitifu Dusabimana ati: “Uwakomeretse (Ngendakumana) yamusabaga amafaranga menshi kugira ngo biyunge, undi amubwira ko atayabona usibye kwiyunga gusa.”

Undi yahise ajya kubwira ubuyobozi ko uwo muntu(batonganaga) yahinze urumogi.

Byari ukumwihimuraho.

Umuyobozi avuga ko atari ubwa mbere Ntabanganyimana afungirwa icyaha gifitanye isano no kunywa urumogi kuko yigeze no kujyanwa Iwawa mu ngororamuco ahamara igihe.

Nyuma yo gusanganwa urumogi mu murima we, yahise ajya gufungirwa kuri Station ya Kiyumba ngo hakorwe idosiye kubyo akurikiranyweho.

TAGGED:GitifuMuhangaUmurimaUmuturageUrumogi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amavubi Arizeza Abanyarwanda Intsinzi Mu Mukino Na Sudani Y’Epfo
Next Article Rwanda: Impinja 887 Zavutse Kuri Noheli
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Imisemburo Y’Abagore Niyo Ibatera Kurwara Umutwe Kenshi

Bigenda Gute Ngo Umubiri Wakomeretse Wisane?

DRC: Aba Wazalendo Bongeye Kuba Benshi Muri Uvira

Rayon Sports Yatandukanye Na Kapiteni Wayo Bamaranye Imyaka Ibiri N’Igice

I Goma Hageze Imiti Y’Ibibembe N’Igituntu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?