Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mukuralinda Yabwiye DRC Ko Ishatse Yareka Kwenyegeza Umuriro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mukuralinda Yabwiye DRC Ko Ishatse Yareka Kwenyegeza Umuriro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 March 2023 10:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Alain Mukuralinda
SHARE

Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda Alain Mukuralinda yavuze ko ingabo z’u Rwanda ziteguye kurwana n’iza Repubulika ya Demukarasi ya Congo nizerura zikarutera.

Mu kiganiro yahaye RBA, Mukuralinda yavuze ko mu gihe RD Congo yakomeza ubushotoranyi igatera byeruye, u Rwanda rwiteguye kubarwanya.

Ni nyuma y’uko kuri uyu wa 03, Werurwe, 2023 hari undi musirikare w’ingabo za RD Congo ( FARDC) yambutse umupaka ava mu gihugu cye arasa ku basirikare b’u Rwanda barinze umupaka, nabo baramwica.

Byabereye hagati ya Grande Barrière na Petite Barrière mu Karere ka Rubavu.

Alain Mukuralinda ati: “ Birashoboka kuba ari ubushotoranyi ngo tugwe muri uwo mutego, tujye mu ntambara.”

Yavuze ko u Rwanda rwafashe ingamba kandi rufite abasirikare bahagije, intwaro zihagije kandi ngo u Rwanda ntiruzatungurwa.

Nyuma yo kuraswa k’uriya musirikare, hatangijwe iperereza.

N’ubwo ibyavuyemo bitaratangazwa, , itsinda ryarikoze ni naryo ryakoze irindi ubwo  undi musirikare wa Congo yageragezaga kwinjira mu Rwanda anyuze ku mupaka arasa .

Mu gihe cy’amezi umunani hari abasirikare batatu bamaze kwinjira ku butaka bw’u Rwanda bari mu bushotoranyi, bakarasirwa ku butaka bw’u Rwanda bakahasiga ubuzima.

DRC Ikomeje Kuvogera u Rwanda, Undi Musirikare Wayo Yaharasiwe

TAGGED:featuredMukuralindaRwandaTanzaniaumupaka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Bufaransa Bwamereye DRC Miliyoni € 34
Next Article U Rwanda Na Tanzania Batangije Ikoranabuhanga Mu Bwikorezi Bw’Ibicuruzwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?