Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Munsi Y’Ubutayu Bwa Sahara Hihariye 2/3 Cy’Abanduye SIDA Ku Isi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Munsi Y’Ubutayu Bwa Sahara Hihariye 2/3 Cy’Abanduye SIDA Ku Isi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 April 2023 12:42 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bisa n’aho ku isi nta handi hantu hahura n’ibibazo kurusha ahitwa Munsi Y’Ubutayu bwa Sahara. Uretse intambara, inzara, ubutayu n’ibindi bibazo, muri iki gice cy’isi niho hari abanduye SIDA benshi kuko hihariye 2/3 cy’ubwandu bwose buri ku isi.

Iby’ubu bwandu biherutse kugarukwaho na Dr. Gilbert Mutuyimana ushinzwe kurwanya indwara z’ibyorezo mu bitaro bya Rwamagana.

Hari mu kiganiro gito yahaye abanyeshuri bo mu bigo bitandukanye bituye cyangwa bikorera mu nkengero z’umujyi wa Rwamagana bari baje kumva ubukangurambaga bw’Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima RBC.

Ubu bukangurambaga buri gukorerwa mu Ntara y’i Burasirazuba no mu Mujyi wa Kigali, ibi bikaba ari byo bice by’u Rwanda bifite ubwandu bwa SIDA bwinshi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Dr Mutuyimana Gilbert avuga ko ku isi abantu miliyoni 38 bafite virusi itera SIDA.

Dr Gilbert Mutuyimana

Kubera ko iyi ari imibare yo mu mwaka wa 2021, birumvikana ko hagati aho hari abandi bashobora kuba baranduye.

Kubera ko 2/3  cy’aba bose ari abo munsi y’ubutayu bwa Sahara( ni abantu bagera kuri miliyoni 19) kandi muri iki gice hakaba ari ho u Rwanda ruherereye, bivuze ko iki gice ari icyo kwitabwaho mu bukangurambaga bwo kwirinda iriya ndwara kugira ngo ubwandu budakomeza gukwirakwira.

Minisiteri y’ubuzima nk’urwego rukora politiki, imaze igihe yarashyizeho uburyo butandukanye bwo gufasha abantu kwirinda SIDA harimo no gukoresha udukingirizo, ariko icy’ingenzi kikaba ubukangurambaga bubwira Abanyarwanda ububi bwo gukora imibonano mpuzabitsina idakingiye.

Indi ngamba u Rwanda rwafashe ni ugushishikariza abaturage kwikebesha kuko nabyo bifasha abantu kwirinda kwandura SIDA.

- Advertisement -

Icyakora kuri iyo ngingo hari ikibazo cy’uko hari Abanyarwanda barenga 40% batarikebesha.

Biganjemo abatuye mu cyaro.

Igitsina cy’umugabo utarikibesheje kiba gifite ibyago byo kwandura SIDA n’izindi ndwara zitandukanye biri hejuru kurusha uwikebesheje.

Kugeza ubu Abanyarwanda banduye SIDA bangana na 3%.

Ni umubare munini kubera ko iri janisha ringana n’abaturage barenga 200,000.

Icyakora u Rwanda rwateye intambwe mu guhangana n’iyi ndwara ugereranyije n’uko bimeze ahandi kubera ko hari ibihugu bifite ubwandu mu baturage babyo bugera kuri 25%.

SIDA ikunze kwibasira abantu bafite hagati y’imyaka 15 n’imyaka 24 y’amavuko kandi iyi ni imyaka yo kwiga no kwitegura kuzagirira igihugu akamaro.

Dr. Mutuyimana yabwiye abanyeshuri b’i Rwamagana ati:  “Dushyire imbaraga mu kwigisha urubyiruko rwacu, kugira ngo ruhindure imyitwarire ndetse n’imyumvire kuri iki cyorezo cya SIDA.”

Urubyiruko rwamwijeje ko ruzakora uko rushoboye rukirinda ubusambanyi kuko ari bwo ntandaro yo kwandura kiriya cyorezo ku kigero cya 94%.

TAGGED:AbanyeshurifeaturedRBCSIDAUbutayuUbwandu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kayonza: Hari Imibiri 500 Y’Abatutsi Bitazwi Aho Yajugunywe
Next Article Polisi Ikomeje Kubahiriza Amasezerano Ifitanye Na RBC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?