Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Muri Bo Nta Mana Irimo’: Kagame Abwira Abashaka Guha U Rwanda Amabwiriza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

‘Muri Bo Nta Mana Irimo’: Kagame Abwira Abashaka Guha U Rwanda Amabwiriza

admin
Last updated: 01 May 2021 12:23 am
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yasabye abanyarwanda kumenya ibibafitiye inyungu akaba ari byo bakurikira, kuko iyo bitabaye ibyo baha urwaho abanyamahanga bashaka kubaryanisha.

Ni ubutumwa yatangiye mu nana y’iminsi ibiri ya Komite Nyobozi Yaguye y’Umuryango FPR Inkotanyi, yatangiye kuri uyu wa Gatanu.

Yahereye ku buryo u Rwanda ruri mu bihe byo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, avuga ko ari n’igihe cyo kwibuka n’icyabishe.

Yavuze ko Abanyarwanda bakwiye kwisuzuma uburyo bemeye kubibwamo amacakubiri, kugeza ubwo mu rugo rumwe umugabo yumva ko atari umwe n’umugore banafitanye abana.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati “Kandi igisobanuro cyabyo ni uko mugomba kuryana, namwe mukagenda mukabikora. Ese ubwo ikibazo ni icy’uwo muntu wo hanze waje akabumvisha ko uri uyu, akumvisha undi ngo uri uriya, akanabumvisha ko mugomba guhangana?”

Yavuze ko uburyo bwiza bwo gukemura ibyo bibazo ari ukubanza kwimenya ubwanyu no kumenya ibibafitiye inyungu, akaba ari byo mukurikira.

Yakomeje ati “Iyo ibyo byose rero bimaze kutunanira, kumenya abo turibo n’icyo dushaka n’uko dukwiriye kukigeraho, nyine iyi mico mibi yose niho ivukira, niho itujyamo, hanyuma ahubwo babandi bo hanze navugaga bakaboneraho umwanya wo kudukiniraho koko. Rwose bakatujyamo bakadukina.”

Yatanze urugero ku isenene, uburyo iyo abantu bamaze kuzifata bakazishyira mu kintu kimwe ngo zitabacika, zijya kugera mu isafuriya zarwanye hagati yazo zamaranye.

Ati “Namwe rero abanyafurika, natwe twese, mureke kumera nk’isenene. Uriya utegereje kubakaranga arabihorera mukabanza muka… buri umwe akabonamo undi umwanzi we, bakicana, ariko umuntu yiyicariye hariya abategereje ngo abakarange nyine.”

- Advertisement -

Perezida Kagame we yavuze ko yabirokotse kera, ku buryo abo hanze ababwira uko ashatse kuko ntacyo bamugira. Yabihuje n’uko n’iyo wemeye kubakorera, amaherezo nawe urangirira “muri ya safuriya.”

Yakomeje ati “Niyo wakurikiza ibyo bakubwira cyangwa bakubwiye, cyangwa ibyo bagushakira, cyangwa ibyo bakugira gute, uzarangirira aho bagukaranga.”

“Ariko icyo nababwira, nabo ni abantu, muri bo nta Mana irimo. Ikiremwamuntu nkanjye, kuza kumbwira ibyo u Rwanda rukwiriye kuba rukora, OK. Ndagutega amatwi, ntabwo nakwanga gutega amatwi, rwose.”

Yavuze ko n’ibihugu bishaka guha amabwiriza ibindi nabyo bifite ibibazo.

Yakomoje kuri bimwe byuzuye ivanguraruhu, aho abirabura baraswa ku manywa y’ihangu cyangwa abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakaraswa kubera amatora.

Ku bihugu bisuzugurwa ngo usanga ikibazo gito gihinduka mpuzamahanga, nyamara kuri bya bihugu bikomeye, ikibazo cyose kigafatwa nk’ikiri mu bushobozi bw’igihugu.

Ati “Ni nko kukubwira ngo ikibazo icyo aricyo cyose tuzajya tukubwira uko ukigenza, nitwe tukuyobora, tuzakubwira uko uzajya wifata, uko uzajya uvuga, ndetse tuzajya tubahitiramo n’abayobozi banyu, abo dushaka. Mu Kinyarwanda baravuga ngo utakwisha aragukerereza.”

Yavuze ko ubu butumwa abutanga kugira ngo urubyiruko rugire amahitamo rugomba gukora kugira ngo ruzavemo abayobozi bafata ibyemezo, mu gihe abahari ubu bakomeje gusaza bajya ku ruhande.

Iyi nama y’iminsi ibiri yahurije hamwe abanyamuryango barenga 650, bahagarariye inzego zitandukanye. Iri kubera muri Intare Conference Arena, i Rusororo.

Iyi nama yitabiriwe n’abasaga 600
Madamu Jeannette Kagame yitabiriye iyi nama
TAGGED:AmahangafeaturedKagameRPF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakozi Bakwiye Kujya Mu Kiruhuko Bagifite Imbaraga Zo Kwikorera – CESTRAR
Next Article Abamaze Kwandura COVID-19 Mu Rwanda Barenze 25.000
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?