Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muri Gasabo Abana 10 Bafatiwe Mu Kabari
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Muri Gasabo Abana 10 Bafatiwe Mu Kabari

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 December 2021 11:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Kimihurura haherutse gufatirwa abantu 14 barimo abana 10. Polisi yapimye isanga bariya bana bafite umusemburo mu maraso kandi ubusanzwe bitemewe ko umuntu utaruzuza imyaka 18 y’amavuko ajya mu kabari.

Nyiri ako kabari witwa Kagame yatawe muri yombi ashyikirirwa ubugenzacyaha.

Gufatwa kwa bariya bana ndetse n’ifungwa rya nyiri kariya kabari byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Ngo babwiye Polisi ko hari akabari babonye hinjiramo abantu bigaragara ko ari abana, nayo iraza isuzumye isanga koko nibo kandi bafite umusemburo mu maraso.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ku rubuga rwa Polisi y’u Rwanda, handitseho ko yaba abo bana yaba na nyiri akabari witwa Kagame bose bahakana ibyo bavugwaho, ariko ngo ntibyabujije ko Polisi ibashyikiriza ubugenzacyaha.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda avuga ko n’ubwo abavugwa muri iki kibazo bose bahakana ibyo bavugwaho, abapolisi bababapimye babasangamo umusemburo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP Kabera yavuze ko mu kabari bafatiwemo habanje kumvikanamo akaduruvayo, abaturage batabaza Polisi.

Ati: “Twahawe amakuru ubwo humvikanaga imvururu mu Restaurant  iyobowe na Kagame iherereye mu Murenge wa Kimihurura. Polisi yarageze isanga harimo abantu bagera kuri 14 aho icumi muri bo bari batarageza ku myaka y’ubukure. Polisi ubwo yabapimaga yabasanzemo umusemburo.”

Uyu Kagame yashyikirijwe ubugenzacyaha kugira ngo akurikiranwe.

- Advertisement -

Polisi igira inama ba nyiri utubari kujya babanza bakamenya ikigero cy’abo bagiye kugurisha inzoga.

Ngo uwo bazajya bashidikanyijeho bajye babanza kumubaza ikimuranga kugira ngo bamenye neza imyaka afite.

Commissioner of Police ( CP) John Bosco Kabera yibukije ababyeyi ko batagomba kuba ‘tereriyo’ ngo bumve ko abana bakuze bihagije bashobora kujya mu kabari.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP Kabera asaba ababyeyi kutaba ‘Tereriyo’

Ngo kuba abana basabye uruhushya ntibihagije!

Yagize ati: Ababyeyi nabo bagomba kumva ko bidahagije guha impushya abana babo ahubwo bagakurikirana koko niba impushya abana bahawe ibyo bagiye gukora koko bijyanye n’ibyo basabye kandi bakabibutsa ko bagomba gukora ibintu bijyanye n’amategeko.”

Ingingo ya 27 mu itegeko n°71/2018 ryo ku wa 31/08/2018 ryerekeye kurengera umwana ivuga ko umuntu ugurisha umwana inzoga cyangwa itabi, ubimushoramo cyangwa umushishikariza kubinywa cyangwa kujya mu tubari aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igihano cy’ igifungo kitari munsi y’amezi atatu (3) ariko kitageze ku mezi atandatu (6) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi ijana (100.000 FRW) ariko atarenze ibihumbi magana abiri (200.000 FRW).

Ububi bw’inzoga ku buzima bw’umwana:

Ikigo gishinzwe ubuzima cyo muri Australia kivuga ko guha inzoga umuntu ufite imyaka 18 ari ukumuhemukira.

Bituma ubwonko bwe butangira kubura intege zo gutekereza akiri muto.

Abahanga bo muri kiriya kigo kitwa Health Information for Western Australians bavuga ko igiteye impungenge ari uko ubwonko bw’umuntu utarageza imyaka 18 buba bugikura, mu yandi magambo buba bucyeneye intungamubiri zizira itabi n’umusemburo.

Ikigo kitwa National Health and Medical Research Council (NHMRC) cyo kivuga ko umusemburo urushaho kuba mubi ku bantu bafite munsi y’imyaka 15 y’amavuko.

Umwana unyweye itabi cyangwa inzoga atakaza ubushobozi buhagije bwo guhumeka neza, kuvuga neza, akareba ibicyezicyezi, akadandabirana ndetse agasinzira ashikagurika.

TAGGED:AkabarifeaturedInzogaKaberaPolisiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Icyizere Melodie Yari Afite Cyo Gukorana Indirimbo Na Olomide Cyaraje Amasinde
Next Article Perezida Kagame Yasabye Ubufatanye Mu Gukora Inkingo n’Imiti Bikenewe Muri Afurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?