Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muri Miliyoni 562 Z’Abafite MoMo Muri Afurika, 161 Nizo Zikoreshwa Bihoraho-Raporo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Muri Miliyoni 562 Z’Abafite MoMo Muri Afurika, 161 Nizo Zikoreshwa Bihoraho-Raporo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 November 2022 9:27 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu nama mpuzamahanga iri kubera mu Rwanda yiga uko ikoranabuhanga rigendanwa rihageze ku isi muri iki gihe, hatangarijwe raporo isobanura uko iki kibazo kifashe muri Afurika. Kimwe mu bika byayo kivuga ko mu batuye Afurika bose, abantu miliyoni 562 bafunguye Mobile Money, ariko abayikoresha mu buryo buhoraho ari miliyoni 161 gusa.

Ibi bivuze ko hari abantu babwiwe akamaro k’iyi serivisi barayifunguza ariko babura amikoro atuma babika kuri Mobile Money cyangwa se bakaba baturanye n’abantu bataramenya akamaro kayo k’uburyo kuyikoresha ntacyo byaba bimaze.

Telefoni zigendanwa nicyo gikoresho gifitiye isi akamaro cyane cyane mu bucuruzi kurusha ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga.

Nko mu Bushinwa( ni cyo gihugu gituwe n’abantu benshi ku isi) ni ibintu bike cyane umuntu yakora adakoresheje telefoni.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu kwishyurana, telefoni yabaye igikoresho cy’indashyikirwa.

Kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga, abahanga mu by’ikoranabuhanga ry’ubucuruzi babyise Instant Payment Systems( IPS).

Afurika iri kuzamura urwego iriho muri iri koranabuhanga ariko ikibabaje ni uko hari igice cy’abayituye cyasigaye inyuma kandi ari cyo kigizwe n’abantu benshi.

Icyo ni igice kigizwi n’abagore n’abakobwa muri rusange.

Abagore nibo badakoresha ikoranabuhanga mu kwishyurana, impamvu zikaba nyinshi harimo ko ari nabo biganjemo abadafite akazi, abatarize, ndetse n’ababa mu miryango itifashije.

- Advertisement -

Abagabo bakoresha ikoranabuhanga mu kwishyurana baruta abagore ho 13%.

Igihugu  cya  mbere kibamo ubusumbane muri uru rwego ni Algeria, bagakurikiraho Maroc ndetse na Nigeria.

Ikibazo gihari kandi ni uko no mu bihugu by’Afurika bituwe cyane n’aho iki kibazo ari kinini.

Ni ko bimeze muri Nigeria, muri Afurika y’Epfo ndetse no muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Kenya niyo ifite umwihariko kuko abagore b’aho bakoresha ikoranabuhanga mu kwishyurana kurusha abandi muri Afurika.

Ibi bituma Kenya iba iya mbere mu Karere k’Afurika y’i Burasirazuba iherereyemo.

Ibituma umugore asigara inyuma muri uru rwego kandi ni byinshi bitewe n’aho yakuriye cyangwa atuye.

Uretse kuba n’ubusanzwe amikoro ye aba ari make ugereranyije n’umugabo, umunyafurikakazi ahura n’ibindi bibazo bishingiye mu mico y’aho atuye imwe imwumvisha ko hari ibyo umukobwa cyangwa umugore ‘muzima’ adakwiye kujyamo.

Imibare ivuga nanone ko abagore batunze telefoni zigendanwa ari bake ugereranyije n’abagabo.

Hari n’abagore benshi batagira comptes muri za Banki izo ari zo zose, amafaranga bakiyatwara ku mweko cyangwa bakayabika mu kimuga.

Muri rusange ariko, Afurika iri gutera intambwe nziza m’ugukoresha ikoranabuhanga mu kwishyurana.

N’ikimenyemenyi ni uko umwaka wa 2020 warangiye uko kwishyurana gufite agaciro ka Miliyari $27.5.

Ahantu ha mbere kuri uyu mugabane hakoresha ikoranabuhanga mu kwishyura ni muri Afurika y’i Burasirazuba, EAC.

Ikigo kitwa AfricaNenda cyakoze ubushakashatsi twavuze haruguru, kivuga ko kugira ngo abatuye Afurika bose bazungukirwe n’ikoranabuhanga mu kwishyura no kwishyurwa, ari ngombwa ko za Leta zishyiraho Politiki ziha abagore amahirwe yo kwiga, guhanga cyangwa kubona akazi n’ibindi.

Muri rusange, abatuye Afurika bagomba gukora uko bashoboye ikorabuhanga bafite bakaribyaza umusaruro hanyuma iryisumbuyeho rikazaba riza.

Ubwo yatangizaga inama iri kubera mu Rwanda yiga kuri iki kibazo, Perezida Kagame yavuze ko muri rusange Afurika ifite urubyiruko rw’abahanga mu ikoranabuhanga ariko ko bagomba gufashw akubona aho babyariza umusaruro ubuhanga bwabo.

Ibi kandi ngo ni inshingano z’abayobozi n’abakorera ku giti cyabo.

U Rwanda rwo rwashyizeho ikigo kitwa Kigali Innovation City aho abahanga bahurira bagahanga iby’ikoranabuhanga u Rwanda rukeneye mu iterambere ryarwo.

TAGGED:AbagaboAbagoreAfurikaAmafarangafeaturedKagameMobileMoney
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mossad Yahinduye Umuvuno
Next Article Ubucuruzi Hagati Y’u Rwanda Na Ghana Bwongewemo Ikibatsi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?