Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muri Miliyoni 562 Z’Abafite MoMo Muri Afurika, 161 Nizo Zikoreshwa Bihoraho-Raporo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Muri Miliyoni 562 Z’Abafite MoMo Muri Afurika, 161 Nizo Zikoreshwa Bihoraho-Raporo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 November 2022 9:27 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu nama mpuzamahanga iri kubera mu Rwanda yiga uko ikoranabuhanga rigendanwa rihageze ku isi muri iki gihe, hatangarijwe raporo isobanura uko iki kibazo kifashe muri Afurika. Kimwe mu bika byayo kivuga ko mu batuye Afurika bose, abantu miliyoni 562 bafunguye Mobile Money, ariko abayikoresha mu buryo buhoraho ari miliyoni 161 gusa.

Ibi bivuze ko hari abantu babwiwe akamaro k’iyi serivisi barayifunguza ariko babura amikoro atuma babika kuri Mobile Money cyangwa se bakaba baturanye n’abantu bataramenya akamaro kayo k’uburyo kuyikoresha ntacyo byaba bimaze.

Telefoni zigendanwa nicyo gikoresho gifitiye isi akamaro cyane cyane mu bucuruzi kurusha ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga.

Nko mu Bushinwa( ni cyo gihugu gituwe n’abantu benshi ku isi) ni ibintu bike cyane umuntu yakora adakoresheje telefoni.

Mu kwishyurana, telefoni yabaye igikoresho cy’indashyikirwa.

Kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga, abahanga mu by’ikoranabuhanga ry’ubucuruzi babyise Instant Payment Systems( IPS).

Afurika iri kuzamura urwego iriho muri iri koranabuhanga ariko ikibabaje ni uko hari igice cy’abayituye cyasigaye inyuma kandi ari cyo kigizwe n’abantu benshi.

Icyo ni igice kigizwi n’abagore n’abakobwa muri rusange.

Abagore nibo badakoresha ikoranabuhanga mu kwishyurana, impamvu zikaba nyinshi harimo ko ari nabo biganjemo abadafite akazi, abatarize, ndetse n’ababa mu miryango itifashije.

Abagabo bakoresha ikoranabuhanga mu kwishyurana baruta abagore ho 13%.

Igihugu  cya  mbere kibamo ubusumbane muri uru rwego ni Algeria, bagakurikiraho Maroc ndetse na Nigeria.

Ikibazo gihari kandi ni uko no mu bihugu by’Afurika bituwe cyane n’aho iki kibazo ari kinini.

Ni ko bimeze muri Nigeria, muri Afurika y’Epfo ndetse no muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Kenya niyo ifite umwihariko kuko abagore b’aho bakoresha ikoranabuhanga mu kwishyurana kurusha abandi muri Afurika.

Ibi bituma Kenya iba iya mbere mu Karere k’Afurika y’i Burasirazuba iherereyemo.

Ibituma umugore asigara inyuma muri uru rwego kandi ni byinshi bitewe n’aho yakuriye cyangwa atuye.

Uretse kuba n’ubusanzwe amikoro ye aba ari make ugereranyije n’umugabo, umunyafurikakazi ahura n’ibindi bibazo bishingiye mu mico y’aho atuye imwe imwumvisha ko hari ibyo umukobwa cyangwa umugore ‘muzima’ adakwiye kujyamo.

Imibare ivuga nanone ko abagore batunze telefoni zigendanwa ari bake ugereranyije n’abagabo.

Hari n’abagore benshi batagira comptes muri za Banki izo ari zo zose, amafaranga bakiyatwara ku mweko cyangwa bakayabika mu kimuga.

Muri rusange ariko, Afurika iri gutera intambwe nziza m’ugukoresha ikoranabuhanga mu kwishyurana.

N’ikimenyemenyi ni uko umwaka wa 2020 warangiye uko kwishyurana gufite agaciro ka Miliyari $27.5.

Ahantu ha mbere kuri uyu mugabane hakoresha ikoranabuhanga mu kwishyura ni muri Afurika y’i Burasirazuba, EAC.

Ikigo kitwa AfricaNenda cyakoze ubushakashatsi twavuze haruguru, kivuga ko kugira ngo abatuye Afurika bose bazungukirwe n’ikoranabuhanga mu kwishyura no kwishyurwa, ari ngombwa ko za Leta zishyiraho Politiki ziha abagore amahirwe yo kwiga, guhanga cyangwa kubona akazi n’ibindi.

Muri rusange, abatuye Afurika bagomba gukora uko bashoboye ikorabuhanga bafite bakaribyaza umusaruro hanyuma iryisumbuyeho rikazaba riza.

Ubwo yatangizaga inama iri kubera mu Rwanda yiga kuri iki kibazo, Perezida Kagame yavuze ko muri rusange Afurika ifite urubyiruko rw’abahanga mu ikoranabuhanga ariko ko bagomba gufashw akubona aho babyariza umusaruro ubuhanga bwabo.

Ibi kandi ngo ni inshingano z’abayobozi n’abakorera ku giti cyabo.

U Rwanda rwo rwashyizeho ikigo kitwa Kigali Innovation City aho abahanga bahurira bagahanga iby’ikoranabuhanga u Rwanda rukeneye mu iterambere ryarwo.

TAGGED:AbagaboAbagoreAfurikaAmafarangafeaturedKagameMobileMoney
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mossad Yahinduye Umuvuno
Next Article Ubucuruzi Hagati Y’u Rwanda Na Ghana Bwongewemo Ikibatsi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?