Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Musanze: Inzu 228 Zasenywe N’Imvura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Musanze: Inzu 228 Zasenywe N’Imvura

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 March 2023 7:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

I Musanze haraye haguye imvura iremereye k’uburyo yasenye inzu 228, yangiza n’ibindi bikorwaremezo.

Imibare yatangajwe kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru, ivuga ko iyo mvura yangije inzu 228 n’ibikoni 80 n’imyaka yari ihinze mu mirima y’abaturage irangirika.

Yari irimo urubura rwinshi n’umuyaga.

Imirenge yibasiwe ni uwa Nyange, Cyuve, Musanze, Kinigi na Kimonyi.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze  buvuga ko mu Murenge wa Nyange habaruwe inzu 197 zatobotse amabati n’urubura, muri Kinigi hari inzu 21 n’ibikoni 80 byangiritse amabati kubera urubura.

Mu Murenge wa  Cyuve hari inzu ebyri(2) zangiritse ibisenge, mu wa Musanze hari inzu umunani(8) zangijwe.

Mu Murenge wa Kimonyi ho ntabyabaruwe ko byangijwe nayo.

Muri aka Karere kandi imvura yangije ibisenge by’ ibyumba by’ishuri bigera kuri bitandatu (6), na hegitari zigera 16,7 z’imyaka y’abaturage.

Ibikorwaremezo birimo umuhanda uva kuri Kaminuza ya INES Ruhengeri ujya mu Kinigi wangiritse.

Ubuyobozi w’Akarere ka Musanze  buvuga ko abangirijwe ibyabo bahawe ubufasha bw’ibanze kugira ngo babone aho barara n’icyo bararira.

Uwabitangaje ni Umuyobozi w’Aka karere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Kamanzi Axelle.

Yagize ati: “Ubuzima bw’abaturage muri rusange ubu bumeze neza. Twagerageje kubafasha iby’ibanze mu gihe tucyegeranya ubushobozi ngo tubahe ubufasha bwisumbuye ho cyane cyane isakaro no gusana amazu yangiritse.”

Mu gihe gito gishize, Ikigo cy’igihugu gishinzwe iteganyagihe cyatangaje ko amezi ya Werurwe, Mata na Gicurasi 2023 azarangwa n’imvura nyinshi ishobora guteza imyuzure ndetse n’imiyaga ikomeye mu bice bitandukanye by’igihugu.

Abanyarwanda Baraburirwa Kubera Imvura Nyinshi Iri Imbere

TAGGED:AkarerefeaturedImvuraMuhangaUrubura
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kamonyi: Imibiri Irenga 900 Y’Abazize Jenoside Ntirashyingurwa
Next Article Perezida Wa Ukraine Aratakambira Abanyaburayi Ngo Bamwongere Intwaro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hakenewe Miliyari $ 50 Zo Gusana Gaza

DRC Na Uganda Biyemeje Kongera Imbaraga Mu Bucuruzi

Rwamagana: Uruganda SteelRwa Rukomeje Kuba Ikibazo Ku Buzima Bw’Abaturage

Ku Manywa Y’Ihangu Bibye Inzu Ndangamurage Ya Mbere Ikomeye Ku Isi

U Rwanda Rugiye Kubaka Irindi Shuri Rihambaye Ry’Ubuhinzi N’Ubworozi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Indonesia, Azerbaijan Na Pakistan Mu Biganiro Na Amerika Byo Kohereza Ingabo Muri Gaza

Rwamagana: Ubuyobozi Bwamurikiwe Igishanga Gitunganyijwe Cya Cyaruhogo

Abanyarwanda Tugomba Kubaho Kuko Ni Impano Y’Imana- Kagame

Kayonza: Imvura Yishe Batandatu Biganjemo Abana

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

U Rwanda Rugiye Kwakira Inama Y’Abagaba Bakuru B’Ingabo Muri Afurika 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Imirwano Hagati Ya Israel Na Hamas Yubuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Abanyamerika Baramagana Perezida Wabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Na Senegal Duhuriye Ku Kwita Kuri Ejo Hazaza H’Urubyiruko- Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?