Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Musanze: Umuyobozi Afungiye Gutesha Agaciro Urwibutso Rwa Jenoside
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Musanze: Umuyobozi Afungiye Gutesha Agaciro Urwibutso Rwa Jenoside

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 October 2023 9:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuwa Mbere taliki 16, Ukwakira, 2023 nibwo Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Léodomir Ntibansekeye rumukurikiranyeho gutesha agaciro Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Muhoza.

Iki cyaha yagikoze nyuma yo gufata ibiryamirwa ( matelas) n’amagare y’abafite ubumuga akajya kubibika muri ruriya rwibutso kandi bidakwiye.

Amakuru atangwa na RIB avuga ko uriya mugabo usanzwe ushinzwe ibikoresho by’Akarere( logistics manager) yashyize biriya bikoresho muri ruriya rwibutso taliki 11, Ukwakira, 2023.

Léodomir Ntibansekeye afite imyaka 51 y’amavuko, bivuze ko yavutse mu mwaka wa 1972.

Ibi nabyo bivuze ko Jenoside yabaye afite imyaka 22 y’amavuko.

Ikindi ni uko uyu mugabo yabwiye abashinzwe ubugenzacyaha ko yabikoze kuko yari yasabwe n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze gukura ibyo bikoresho aho byari biri mu cyumba kigari kiri hafi aho.

Bamubwiraga ko byari biteje umwanda, Ntibansekeye avuga ko yahise yigira inama yo kubijyana kubibika mu rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 ruri hafi aho.

Bivugwa ko yasanze ibi bikoresho biteje umwanda muri salle abyimurira mu rwibutso

Abagenzacyaha baje kubimenya barabikurikirana Ntibansekeye arafatwa arafunzwe.

Ubwo twandikaga iyi nkuru yari afungiye kuri station ya RIB iri ku Murenge wa Muhoza, idosiye ye ikaba iri gutunganywa ngo yuzure ubundi ishyikirizwa ubushinjacyaha.

Ibyaha ubugenzacyaha bumukurikiranyeho ni ugutesha agaciro urwibutso rwa Jenoside cyangwa ahashyinguye imibiri y’abazize Jenoside gihanwa n’ingingo ya 10  y’Itegeko Nº 59/2018 ryo ku wa 22/8/2018 ryerekeranye no kurwanya icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyaha bifitanye isano na yo.

Iyo urukiko ruhamije umuntu iki cyaha, ahanishwa igifungo kitari munsi  y’imyaka 10 ariko kitarenze 15 n’amafaranga y’u Rwanda atari Frw  1,000,000 ariko atarenze Frw 2,000,000.

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha ruvuga ko abantu bose batesha agaciro inzibutso bazakurikiranwa.

Ngo RIB  izakirikirana uwo ari we wese uzakora iki cyaha, hatitawe ku mwuga yaba akora wose.

Amafoto@Mamaurwagasabo.rw

TAGGED:featuredIcyahaJenosideMusanzeRIBUbugenzacyahaUmukozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda: Ba Mukerarugendo Batwikiwe Mu Modoka
Next Article CAF Yemeye Kwamamaza U Rwanda Binyuze Muri ‘Visit Rwanda’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?