Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Musanze: Visi Meya Yeguye Kubera Iby’Abakono
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Musanze: Visi Meya Yeguye Kubera Iby’Abakono

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2023 7:52 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Andrew Rucyahana Mpuhwe wari usanzwe ari umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe ubukungu yeguye kubera ko yemera ko kuba yaritabiriye umuhango wo gushyiraho umutware w’Abakono bitari bikwiye.

Avuga ko kuba yeguye byatewe n’uko umutimanama we wamubimusunikiye nyuma yo kumva ko ibyo yitabiriye bitari biri mu nyungu rusange by’Abanyarwanda ahubwo byarebaga Abakono gusa kandi bidakwiye ko umuyobozi yitabira ikintu nk’icyo.

Uyu muyobozi w’Akarere ka Musanze witwa Andrew Rucyahana Mpuhwe yabwiye RBA ko yeguye ku nshingano zo kuba umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu kubera ko yabitekerejeho.

Ati: “ Hari igikorwa cyabaye taliki 09, Nyakanga, 2023 cyagiye gikwirakwira mu itangazamakuru mwarabyumvise ko hari abantu bahuye b’Abakono batoranya umuntu wababera umutware w’umuryango wabo kandi icyo gikorwa twarakitabiriye.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Avuga ko kuba yaritabiriye igikorwa kitari kiri mu nyungu z’Abanyarwanda bose atari ibintu umuntu yakwishimira.

Yabwiye RBA ko yanzuye kwegura kubera umutimanama we watumye yegura.

Ngo kuko yabitekerejeho gusa ahubwo atigeze abisunikirwa.

Abajijwe impamvu ari we weguye wenyine kandi atari we muyobozi wenyine witabiriye kiriya gikorwa, Andrew Rucyahana Mpuhwe yavuze ko we yabikoze ku bw’umutimanama we, ko iby’abandi nabo bibareba.

Andrew Rucyahana Mpuhwe avuga ko yitabiriye biriya birori nk’umuntu watumiwe ‘nk’umuvandimwe muri uwo muryango’ ariko akongeraho ko umuyobozi ahora ari umuyobozi aho yaba ari hose.

- Advertisement -

Uyu mugabo avuga ko agiye gukomeza ubucuruzi kuko na mbere yari asanzwe yikorera ku giti cye,.

Icyakora amakuru avuga ko yagiye muri kiriya gikorwa nk’Umushyitsi mukuru.

TAGGED:AbakonofeaturedKweguraMeyaMusanzeVisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umushinjacyaha Arasobanurira u Rwanda Aho Ibya Kayishema Bigeze
Next Article Polisi Iri Guhugura Abashinzwe Gutabara Aho Rukomeye Muri EAC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?