Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Musanze: Visi Meya Yeguye Kubera Iby’Abakono
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Musanze: Visi Meya Yeguye Kubera Iby’Abakono

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2023 7:52 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Andrew Rucyahana Mpuhwe wari usanzwe ari umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe ubukungu yeguye kubera ko yemera ko kuba yaritabiriye umuhango wo gushyiraho umutware w’Abakono bitari bikwiye.

Avuga ko kuba yeguye byatewe n’uko umutimanama we wamubimusunikiye nyuma yo kumva ko ibyo yitabiriye bitari biri mu nyungu rusange by’Abanyarwanda ahubwo byarebaga Abakono gusa kandi bidakwiye ko umuyobozi yitabira ikintu nk’icyo.

Uyu muyobozi w’Akarere ka Musanze witwa Andrew Rucyahana Mpuhwe yabwiye RBA ko yeguye ku nshingano zo kuba umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu kubera ko yabitekerejeho.

Ati: “ Hari igikorwa cyabaye taliki 09, Nyakanga, 2023 cyagiye gikwirakwira mu itangazamakuru mwarabyumvise ko hari abantu bahuye b’Abakono batoranya umuntu wababera umutware w’umuryango wabo kandi icyo gikorwa twarakitabiriye.”

Avuga ko kuba yaritabiriye igikorwa kitari kiri mu nyungu z’Abanyarwanda bose atari ibintu umuntu yakwishimira.

Yabwiye RBA ko yanzuye kwegura kubera umutimanama we watumye yegura.

Ngo kuko yabitekerejeho gusa ahubwo atigeze abisunikirwa.

Abajijwe impamvu ari we weguye wenyine kandi atari we muyobozi wenyine witabiriye kiriya gikorwa, Andrew Rucyahana Mpuhwe yavuze ko we yabikoze ku bw’umutimanama we, ko iby’abandi nabo bibareba.

Andrew Rucyahana Mpuhwe avuga ko yitabiriye biriya birori nk’umuntu watumiwe ‘nk’umuvandimwe muri uwo muryango’ ariko akongeraho ko umuyobozi ahora ari umuyobozi aho yaba ari hose.

Uyu mugabo avuga ko agiye gukomeza ubucuruzi kuko na mbere yari asanzwe yikorera ku giti cye,.

Icyakora amakuru avuga ko yagiye muri kiriya gikorwa nk’Umushyitsi mukuru.

TAGGED:AbakonofeaturedKweguraMeyaMusanzeVisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umushinjacyaha Arasobanurira u Rwanda Aho Ibya Kayishema Bigeze
Next Article Polisi Iri Guhugura Abashinzwe Gutabara Aho Rukomeye Muri EAC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?