Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Musanze: Visi Meya Yeguye Kubera Iby’Abakono
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Musanze: Visi Meya Yeguye Kubera Iby’Abakono

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2023 7:52 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Andrew Rucyahana Mpuhwe wari usanzwe ari umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe ubukungu yeguye kubera ko yemera ko kuba yaritabiriye umuhango wo gushyiraho umutware w’Abakono bitari bikwiye.

Avuga ko kuba yeguye byatewe n’uko umutimanama we wamubimusunikiye nyuma yo kumva ko ibyo yitabiriye bitari biri mu nyungu rusange by’Abanyarwanda ahubwo byarebaga Abakono gusa kandi bidakwiye ko umuyobozi yitabira ikintu nk’icyo.

Uyu muyobozi w’Akarere ka Musanze witwa Andrew Rucyahana Mpuhwe yabwiye RBA ko yeguye ku nshingano zo kuba umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu kubera ko yabitekerejeho.

Ati: “ Hari igikorwa cyabaye taliki 09, Nyakanga, 2023 cyagiye gikwirakwira mu itangazamakuru mwarabyumvise ko hari abantu bahuye b’Abakono batoranya umuntu wababera umutware w’umuryango wabo kandi icyo gikorwa twarakitabiriye.”

Avuga ko kuba yaritabiriye igikorwa kitari kiri mu nyungu z’Abanyarwanda bose atari ibintu umuntu yakwishimira.

Yabwiye RBA ko yanzuye kwegura kubera umutimanama we watumye yegura.

Ngo kuko yabitekerejeho gusa ahubwo atigeze abisunikirwa.

Abajijwe impamvu ari we weguye wenyine kandi atari we muyobozi wenyine witabiriye kiriya gikorwa, Andrew Rucyahana Mpuhwe yavuze ko we yabikoze ku bw’umutimanama we, ko iby’abandi nabo bibareba.

Andrew Rucyahana Mpuhwe avuga ko yitabiriye biriya birori nk’umuntu watumiwe ‘nk’umuvandimwe muri uwo muryango’ ariko akongeraho ko umuyobozi ahora ari umuyobozi aho yaba ari hose.

Uyu mugabo avuga ko agiye gukomeza ubucuruzi kuko na mbere yari asanzwe yikorera ku giti cye,.

Icyakora amakuru avuga ko yagiye muri kiriya gikorwa nk’Umushyitsi mukuru.

TAGGED:AbakonofeaturedKweguraMeyaMusanzeVisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umushinjacyaha Arasobanurira u Rwanda Aho Ibya Kayishema Bigeze
Next Article Polisi Iri Guhugura Abashinzwe Gutabara Aho Rukomeye Muri EAC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?