Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: UN Ifite Impungenge Ko Intambara Ya DRC Yakwira Hose Mu Karere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

UN Ifite Impungenge Ko Intambara Ya DRC Yakwira Hose Mu Karere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 January 2025 2:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Guterres(Ifoto@the papers.ng)
SHARE

Ibiri kubera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo bimaze kugera ku rwego ruhanganyikishije Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye Antonio Guterres. Asanga bigeze ahakomeye ku buryo bishobora guhinduka intambara y’Akarere kose.

Imirwano muri kiriya gice iravugwa mu marembo y’Umujyi wa Goma ariko ntakirahinduka kugeza ubwo iyi nkuru yandikwaga.

Ahantu iri kuvugwa cyane ni mu Mujyi wa Sake uturanye na Goma.

Umuvugizi wa Guterres witwa Stéphane Dujarric  yavuze ko imirwano iri muri kiriya gice ikomeye kandi iri kototera kuba intambara y’Akarere.

Akarere avuga ni agahuriweho na DRC, u Rwanda, u Burundi na Uganda.

Ntawamenya niba na Tanzania itagira uruhande ifata mu zihanganye muri iyo ntambara.

Mu mpera za 2024 nibwo ibiganiro by’amahoro hagati y’u Rwanda na DRC byahagaze.

Byari bigamije kwigira hamwe uko amahoro muri kariya gace ka DRC yaboneka binyuze mu kuzuza inshingano zireba buri ruhande mu bikubiye mu masezerano yaganiriweho mu gihe cyatambutse.

Ingingo ivugwa ko ari yo yateye kutumvikana ni iy’uko M23 yagombaga gushyirwa mu biganiro, ikagira icyo ivuga ku byatumye ifata intwaro.

Iyo ngingo ubutegetsi bwa DRC bwarayanze ndetse Felix Tshisekedi aherutse gutangariza abadipolomate bahagarariye ibihugu byabo i Kinshasa ko kuganira na M23 bidashoboka.

Yavuze kenshi ko M23 ari urwitwazo, ko mu by’ukuri u Rwanda ari rwo ruri kurwana.

U Rwanda rwo ruhakana ibi ahubwo rukemeza ko igisubizo cy’amahoro ari uko M23 nayo yagira uruhare mu biganiro by’amahoro, ikicarana n’abayobozi ba DRC.

Umunyamabanga mukuru wa UN, Antonio Guterres avuga ko ashyigikiye ibiganiro bya Luanda, agasaba buri ruhande kubahiriza imyanzuro yabyo.

Muri iyo myanzuro harimo uwo gusenya umutwe w’iterabwoba wa FDLR no gukuraho ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwashyize ku mupaka warwo na DRC.

TAGGED:AkarereCongofeaturedGuterresIntambaraKurwanaM23
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Yahagaritse Inkunga Iha Amahanga Uretse Israel Na Misiri
Next Article Goma: Amaraso Yo Gutera Inkomere Mu Bitaro Yabuze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburayi Bwatanze Miliyoni € 2 Zo Gufasha Abo Muri Kivu Y’Amajyepfo

Minisitiri Ingabire Yabwiye Isi Uko u Rwanda Rwimakaje Ikoranabuhanga

Umusaruro Wa RSSB Wikubye Kabiri Mu Myaka Itatu

Uko DJ TOXXYK Yireguye Mbere Y’Uko Hemezwa Ko Afungwa By’Agateganyo

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Guverinoma Ya DRC Irashaka Kwisubiza Uvira Mu Buryo Bwuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoUbukungu

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?