Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Musanze: Yanyweye Uburozi Kubera Umugabo We
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Musanze: Yanyweye Uburozi Kubera Umugabo We

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 May 2023 1:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Kagari ka Bisate, Umurenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze haravugwa umugore w’imyaka 22 y’amavuko wanyweye umuti wica udukoko bita Tiyoda ngo umwice( ku muntu ni uburozi bukomeye), abantu baramurutse bamujyana kwa muganga ntiyapfa.

Ibi byabaye mu mpera z’Icyumweru gishize taliki 12,  Gicurasi, 2023 ubwo uwo mugore yahaga umugabo we w’imyaka 27 amafaranga ngo ajye kurangura ibitunguru.

Umugabo yavuye kubirangura , abigeza mu rugo.

Hari aho yahise anyarukira, akimara gutarabuka, uwo bari babiguze yahise aza muri urwo rugo gufata amafaranga ye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yahasanze umugore amubwira ko agomba kumwishyura ibitunguru umugabo we yari yafashe.

Umugore yasubije nyiri ibitunguru ko yari yahaye umugabo amafaranga ngo aze arangure ibitunguru.

Nyiri ibitunguru yabwiye uwo mugore ko umugabo we nta mafaranga yamuhaye.

Yahise ajya gushaka uwo mugabo yahaye ibitunguru bye, ngo agire icyo amwibariza.

Akiva muri urwo rugo, nibwo uwo mugore yahise anywa wa muti wa Tiyoda ngo yipfire.

- Advertisement -

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Bisate witwa Théogene Munyentwari yatekerereje  Kigali Today uko byagenze:

Ati: “ Umugore yahaye amafaranga umugabo ngo ajye kumugurira ibitunguru bitewe na bizinesi asanzwe akora, umugabo wasanga hari ukuntu yabigenje aragenda azana ibitunguru umugore yamutumye. Ngo mu kanya gato umuntu yaje mu rugo kwishyuza uwo mugore amafaranga y’ibitunguru yahaye umugabo we”.

Avuga ko bishoboka cyane ko uburakari bwateye umugore gukora ibyo yakoze nyuma yo kwibuka ko hari amafaranga yari yahaye umugabo undi akaba yaranywereye cyangwa akayapfusha ubusa mu bundi buryo.

Uwo mujinya ngo niwo watumye afata icyemezo cyo kwiyambura ubuzima.

Umuti witwa Thiodan wica udukoko niwo yanyoye

Umugabo uvugwaho kurangura ibitunguru atishyuye, yahise ataha asanga umugore we arabira ifuro mu karwa, anukwaho umuti wa tiyoda, ahita atabaza abaturanyi n’ubuyobozi.

Baraje bageza uwo mugore ku kigo nderabuzima cya Bisate k’ubw’amahirwe ahagera umuti utaramumaramo umwuka.

Gitifu Munyentwari avuga ko yaganiriye n’uwo mugabo wavugwagaho kwambura ibitunguru yari yaranguye, undi amusubiza ko atabyambuye nk’uko babivuga kuko amafaranga yari akiyafite kandi ateganya kuza kuyishyura.

Icyakora ngo mu buryo butunguranye, uwari wamuhaye ibitunguru yahise aza iwe kumwishyuza ntiyahamusanga nibyo ibyakurikiyeho byabaye ibyo!

Ngo uwo muhinzi yageze mu rugo asanga uwo yahaye ibitunguru hari aho anyarukiye, ahitamo kwishyuza umugore kuko ari we usanzwe uzwiho gucuruza ibitunguru.

Ibi nibyo byababaje umugore bituma afata icyemezo yafashe haruguru.

Uwo mugore akiva mu bitaro yagize ati “Urupfu rwari runyibye, najyanywe kwa muganga ntabizi, narakangutse nisanga mu bitaro, icyanteye kunywa tiyoda ni akababaro nari natewe n’umugabo”.

Ubuyobozi buvuga ko muri ruriya rugo hasanzwe havugwa amakimbirane, buri wese ashinja mugenzi we kumuca inyuma.

Hari n’igihe bigeze gupfa telefoni umugabo avuga ko atumva ukuntu abantu barara bahamagara umugore we!

Indi nkuru bijyanye…

Mbere Yo Gusezerana Kuvanga Umutungo Ni Ngombwa Kwitonda-MIGEPROF

TAGGED:featuredMugangaMusanzeTsiyodaUburoziUmugaboUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Senegal: Baramagana Manda Ya 3 Ya Perezida Macky Sall
Next Article Turahirwa Moses Yakatiwe Gufungwa Iminsi 30 Y’Agateganyo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ngoma: Hibutswe Imiryango 15,593 Y’Abatutsi Yishwe Irazima Muri Jenoside 

Rihanna Yapfushije Se

Kabila Aragisha Inama Inararibonye Z’i Goma

Nick Ngendahayo Yasohoye Indirimbo Ibanziriza Igitaramo

Abayahudi Baramagana Ibyo Israel Ikorera Muri Gaza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

U Rwanda Rugiye Kubaka Uruganda Rubyaza Izuba Amashanyarazi Ya Mega Watt 30

M23 Irasaba Uburundi Gucyura Ingabo Zabwo Inzira Zikigendwa

Abajyanama B’Ubuzima Bagiye Gukoresha Ubwenge Buhangano Mu Kazi

RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC

Kigali: Hagiye Gushyirwaho Ingengabihe Yo Gutwara Abagenzi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ba Rwiyemezamirimo Bagiye Guhatanira Igihembo Cya Miliyoni $1.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Musk Yavuye Mu Nshingano Yahawe Na Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Umwanditsi Ukomeye Ngũgĩ wa Thiong’o Yapfuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Pariki Y’Akagera Yinjije Arenga Miliyari Frw 5 Mu Mwaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?