Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Musanze:Umurinzi W’Igihango Yasabye Urubyiruko Kumwigiraho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Musanze:Umurinzi W’Igihango Yasabye Urubyiruko Kumwigiraho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 February 2024 2:43 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Tadeyo Karamaga ni umwe mu barinzi b’igihango bo mu Ntara y’Amajyaruguru.

Yabwiye urubyiruko rw’aho ko rukwiye kuzakora nk’uko yakoze ubwo yarokoraga Abatutsi bahigwaga muri Jenoside yabakorewe.

Avuga ko na mbere ya Jenoside nyirizina, bakuru be bagiriraga neza Abatutsi ndetse bakagemurira imyaka abari barahungiye muri Uganda.

Avuga ko abagore basaruraga imyaka y’Abatutsi yabaga yeze, abagabo bakaza kwitwikira ijoro bakayishyira Abatutsi bari barahungiye muri Uganda.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kubera ko yari umusirikare mu ngabo za Habyarimana, Karamaga avuga ko Colonel Theoneste Bagosora yari yaramaze gutegura uko Abatutsi bari baturanye n’ikigo cya gisirikare cya Kanombe bazicwa.

Ibi ngo byahise bitangira gushyirwa mu bikorwa indege ya Habyarimana ikimara guhanurwa.

Uyu mugabo avuga ko mu kazi yari ashinzwe ko gutunganya amasanduku yo gushyinguramo abasirikare bagwaga ku rugamba, yiboneye ko abasirikare bo kwa Habyarimana bafata Inkotanyi bakazica ariko zo ngo abo zafata zarabiyegerezaga bagakorana.

Mu kiganiro yahaye urubyiruko rwo muri Ntara y’Amajyaruguru, Tadeyo Karamaga yarubwiye ko mu buzima bwaryo rugomba kwirinda kuvangura Abanyarwanda kuko uwanga u Rwanda atazarobanura ubwo azaba aruteye, ngo ajye kuvangura ubwoko bw’abarutuye.

Ubwo bamubazaga inama yabaha, Karamaga yababwiye ko nta yindi uretse iyo kumwigiraho.

- Advertisement -

Urubyiruko rw’u Rwanda mu Ntara zatoranyijwe ruri gusobanurirwa amateka y’u Rwanda yabanjirije Jenoside yakorewe Abatutsi kugira ngo bamenye uko yateguwe n’uko baharanira ko itazongera.

Minisitiri w’ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu Dr Bizimana Jean Damascene yarubwiye ko iby’amacakubiri mu Banyarwanda bitabahozemo ahubwo ari imbuto yabibwe n’Abakoloni.

Minisitiri w’ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu Dr Bizimana Jean Damascene

Iyo mbuto yaje gukura ivamo urwango Abahutu banze Abatutsi babashinja kubakandamiza.

Uko igihe cyatambukaga niko Leta yakomeje kwibasira Abatutsi ivuga ko bafatanyije n’Inkotanyi zari zateye Leta kugira ngo zitahe iwabo kuko yari yaranze ko zitaha ku neza ngo igihugu cyaruzuye.

Ibiganiro bitangwa na MINUBUMWE biri mu rwego rwo gutegura Kwibuka ku nshuro ya 30.

Bifite insanganyamatsiko igira iti: ” Rubyiruko Menya Amateka Yawe”

Urubyiruko rwo muri IPRC Musanze rwaganirijwe uko Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe

Muri iyi minsi ibanziriza Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 30 kandi hazaterwa ibiti miliyoni 1 mu rwego rwo kuzikana Abatutsi bazize Jenoside yabakorewe mu mwaka wa 1994.

TAGGED:AbatutsiBizimanafeaturedJenosideKwibuka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rumaze Gusurwa N’Abayobozi Bane B’Ibihugu Mu Minsi 40
Next Article Igiciro Cy’Ibikomoka Kuri Petelori Cyagabanutseho Make
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?