Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Musanze:Umurinzi W’Igihango Yasabye Urubyiruko Kumwigiraho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Musanze:Umurinzi W’Igihango Yasabye Urubyiruko Kumwigiraho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 February 2024 2:43 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Tadeyo Karamaga ni umwe mu barinzi b’igihango bo mu Ntara y’Amajyaruguru.

Yabwiye urubyiruko rw’aho ko rukwiye kuzakora nk’uko yakoze ubwo yarokoraga Abatutsi bahigwaga muri Jenoside yabakorewe.

Avuga ko na mbere ya Jenoside nyirizina, bakuru be bagiriraga neza Abatutsi ndetse bakagemurira imyaka abari barahungiye muri Uganda.

Avuga ko abagore basaruraga imyaka y’Abatutsi yabaga yeze, abagabo bakaza kwitwikira ijoro bakayishyira Abatutsi bari barahungiye muri Uganda.

Kubera ko yari umusirikare mu ngabo za Habyarimana, Karamaga avuga ko Colonel Theoneste Bagosora yari yaramaze gutegura uko Abatutsi bari baturanye n’ikigo cya gisirikare cya Kanombe bazicwa.

Ibi ngo byahise bitangira gushyirwa mu bikorwa indege ya Habyarimana ikimara guhanurwa.

Uyu mugabo avuga ko mu kazi yari ashinzwe ko gutunganya amasanduku yo gushyinguramo abasirikare bagwaga ku rugamba, yiboneye ko abasirikare bo kwa Habyarimana bafata Inkotanyi bakazica ariko zo ngo abo zafata zarabiyegerezaga bagakorana.

Mu kiganiro yahaye urubyiruko rwo muri Ntara y’Amajyaruguru, Tadeyo Karamaga yarubwiye ko mu buzima bwaryo rugomba kwirinda kuvangura Abanyarwanda kuko uwanga u Rwanda atazarobanura ubwo azaba aruteye, ngo ajye kuvangura ubwoko bw’abarutuye.

Ubwo bamubazaga inama yabaha, Karamaga yababwiye ko nta yindi uretse iyo kumwigiraho.

Urubyiruko rw’u Rwanda mu Ntara zatoranyijwe ruri gusobanurirwa amateka y’u Rwanda yabanjirije Jenoside yakorewe Abatutsi kugira ngo bamenye uko yateguwe n’uko baharanira ko itazongera.

Minisitiri w’ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu Dr Bizimana Jean Damascene yarubwiye ko iby’amacakubiri mu Banyarwanda bitabahozemo ahubwo ari imbuto yabibwe n’Abakoloni.

Minisitiri w’ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu Dr Bizimana Jean Damascene

Iyo mbuto yaje gukura ivamo urwango Abahutu banze Abatutsi babashinja kubakandamiza.

Uko igihe cyatambukaga niko Leta yakomeje kwibasira Abatutsi ivuga ko bafatanyije n’Inkotanyi zari zateye Leta kugira ngo zitahe iwabo kuko yari yaranze ko zitaha ku neza ngo igihugu cyaruzuye.

Ibiganiro bitangwa na MINUBUMWE biri mu rwego rwo gutegura Kwibuka ku nshuro ya 30.

Bifite insanganyamatsiko igira iti: ” Rubyiruko Menya Amateka Yawe”

Urubyiruko rwo muri IPRC Musanze rwaganirijwe uko Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe

Muri iyi minsi ibanziriza Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 30 kandi hazaterwa ibiti miliyoni 1 mu rwego rwo kuzikana Abatutsi bazize Jenoside yabakorewe mu mwaka wa 1994.

TAGGED:AbatutsiBizimanafeaturedJenosideKwibuka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rumaze Gusurwa N’Abayobozi Bane B’Ibihugu Mu Minsi 40
Next Article Igiciro Cy’Ibikomoka Kuri Petelori Cyagabanutseho Make
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?