Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Museveni Yagiranye Ibiganiro Na Ambasaderi W’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
PolitikiUbubanyi n'Amahanga

Museveni Yagiranye Ibiganiro Na Ambasaderi W’u Rwanda

admin
Last updated: 15 July 2021 6:20 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Yoweri Kaguta Museveni yatangaje ko yagiranye ibiganiro na Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Col Joseph Rutabana, bagirana ibiganiro ndetse anabaha ikaze muri Uganda.

Muri Nzeri umwaka ushize nibwo Inama y’Abaminisitiri yagize Col (rtd) Rutabana Joseph Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, asimbuye Gen Maj (Rtd) Frank Mugambage wari umaze imyaka 11 muri icyo gihugu.

Museveni yatangaje binyuze kuri Twitter ko yaganiriye na Ambasaderi Rutabana kuri uyu wa Kane, ari nabwo yaganiriye na ambasaderi wa Zimbabwe i Kampala, Winpeg Moyo, baganirira mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu i Entebbe.

Yakomeje ati “Mbahaye ikaze muri Uganda kandi ndabifuriza imirimo myiza.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Museveni yakiriye Ambasaderi Rutabana mu gihe u Rwanda na Uganda bifitanye umubano utameze neza, guhera ahanini mu myaka ya 2017.

Icyo gihe Abanyarwanda benshi batangiye gufatirwa muri Uganda bashinjwa ubutasi, ibyaha ariko batajya bahinjwa mu nkiko ngo hagaragazwe ukuri kwabyo.

Ku wa Gatatu nabwo Leta ya Uganda yagejeje ku mupaka wa Kagitumba Abanyarwanda 17 bari bamaze ibihe bitandukanye muri kasho z’Urwego rwa Gisirikare Rushinzwe Ubutasi rwa Uganda, CMI, bakekwaho ibyaha birimo kuba intasi z’u Rwanda.

Mu inama iheruka ya komite nyobozi yaguye y’Umuryango FPR Inkotanyi, Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda n’u Burundi biri mu nzira zo kunoza umubano kubera ubushake bugaragara ku mpande zombi, ariko ikibazo gisigaye ku ruhande rwa Uganda ku buryo ngo atabasha no kumva uko giteye.

Yagize ati: “Abaturanyi b’Amajyaruguru badufiteho ikibazo, n’ubu njye nabayeyo, nakoranye na bo, ngira nte, umbajije neza ngo nkubwire imizi yacyo, ntabwo mbisobanukiwe bihagije.”

- Advertisement -

“Ariko icyo narangirizaho cy’ibyo ngibyo, njyewe nzasakara inzu yanjye kugira ngo ntanyagirwa. Nzashyiraho imiryango idadiye ngo utanyinjirana ugatwara ibyanjye. Wanyinjiranye kandi nzagusohokana. Hanyuma tubane, dushyire twizane, uwizanye nabi na we azasubizweyo mu buryo butaruhanyije.”

Mu gihe hari hamaze igihe hatangiye ibiganiro hagati y’u Rwanda na Uganda, byaje gusa n’ibihagaze kubera ko ibihugu byashyize imbaraga mu guhangana n’icyorezo cya Coronavirus.

Muri Kamena umwaka ushize nibwo habaye inama yahuje akanama kashyizweho n’u Rwanda na Uganda, hagamijwe gukomeza kuganira ku buryo bwo kuzahura umubano.

Inama iheruka guhuza ibihugu byombi ku rwego rw’ibihugu yabaye ku wa 21 Gashyantare 2020.

Ibinyamakuru byo muri Uganda bikomeje gutangaza ko Perezida Paul Kagame ari mu bakuru b’ibihugu 21 batumiwe mu muhango w’irahira rya Museveni, uteganyijwe ku wa 12 Gicurasi. Ntabwo biratangazwa niba azitabira.

TAGGED:AmbasaderifeaturedMuseveniRutabana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umufaransa Rolland Pierre Yegukanye Agace Ka Gatandatu Ka Tour Du Rwanda
Next Article CHOGM 2021 Yagombaga Kubera Mu Rwanda Yongeye Gusubikwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?