Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Museveni Yakomye Imbere Umuriri Umuhungu We Yari Afite Muri Politiki
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Museveni Yakomye Imbere Umuriri Umuhungu We Yari Afite Muri Politiki

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 March 2024 8:03 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu itangazo ryaraye risohowe n’Ibiro by’Umukuru w’igihugu wa Uganda rigatangazwa mu kinyamakurU cya Leta kitwa UBC harimo ko Gen Muhoozi Kainerugaba( ni umuhungu wa Perezida Museveni) ari mugaba mukuru w’ingabo za Uganda.

Asimbuye Gen Wilson Mbandi wari umaze igihe muri izi nshingano.

Izi mpinduka zitanganjwe nyuma y’igihe gito Museveni aretse inshingano zo kuba umugaba w’ikirenga w’ingabo za Uganda, ahubwo akaziha uburenganzira bwo kwiyobora, akajya ahabwa raporo n’abagaba bazo.

Icyo gihe bigitangazwa nta makuru yuko yateguraga kuzagira Muhoozi umugaba mukuru wazo.

Uwari usanzwe ari umugaba mukuru w’ingabo Jenerali Wilson Mbadi yagizwe Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubucuruzi muri Minisiteri y’ubucuruzi n’amakoperative.

Muhoozi yaherukaga mu mirimo ya gisirikare mu Ukwakira, 2022 ubwo Se yamuvanaga ku mwanya w’umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka.

Mu mwaka wakurikiyeho( 2023), Muhoozi yatangiye kugaragara cyane mu bikorwa ‘bimeze nko’ kwiyamamaza nk’umunyapolitiki mu bice bitandukanye bya Uganda.

Yigeze no kwerura avuga ko aziyamamaza mu matora yo mu mwaka wa 2026 icyakora ubwo butumwa bwe ntibwamaraga igihe kuri Twitter y’icyo gihe ubu yiswe X kuko yahitaga abusiba.

Muri Mata, 2024 Muhoozi azuzuza imyaka 50 y’amavuko.

Uyu mugabo ariko mu bihe bitandukanye yagiye acisha ubutumwa kuri X y’ubu bugateza urujijo mu bahamukurikiranira.

Urugero ni uko mu mwaka wa 2022 yigeze gutangaza ko afite ubushake bwo kuva mu gisirikare ariko ntiyabutinzaho arabusiba.

Mu minsi mike yabanjirije kwemezwa nk’umugaba mukuru w’ingabo za Uganda, Muhoozi yagaragaraga henshi muri Uganda mu bikorwa bamwe bafataga nko kwiyamamaza kwa politiki.

Aho yabaga ari abantu benshi bahururaga, bakamwereka ko bamushyigikiye.

BBC yanditse ko aho yaherukaga ari mu Mujyi wa Masaka ku kibuga kinini bamwakiriyeho kandi abafashe ijambo basubiyemo ko ari we bashaka mu  mwaka wa 2026.

Uko bigaragara, hari impamvu nyinshi zatuma hari abakeka ko Se( Perezida Museveni) amuhaye inshingano za gisirikare mu rwego rwo gucubya umuriri yari afite mu bya politiki.

Museveni yashatse gucubwa umuriri umuhungu we yari afite muri Politiki

Icyakora nta makuru menshi Museveni aratangaza ku mpamvu zamuteye kugarura umuhungu we mu nshingano za gisirikare kandi zikomeye cyane.

Perezida Museveni we ari ku butegetsi kuri manda ya gatandatu yatangiye kuyobora mu mwaka wa 2021.

TAGGED:featuredIngaboMuhooziMuseveniPerezidaUmugaba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyarwanda Wari Umaze Imyaka 30 Yihisha Muri Amerika Yafashwe
Next Article RDF N’Ingabo Z’Amerika Bamaze Kuvura Abantu 5,000 Mu Minsi 10
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?