Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muzane Umugabo Mu Migambi Yanyu- Umuyobozi W’Ihuriro Ry’Abagore B’Abanyarwandakazi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muzane Umugabo Mu Migambi Yanyu- Umuyobozi W’Ihuriro Ry’Abagore B’Abanyarwandakazi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 April 2022 4:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mary Balikungeri uyobora Rwanda Women’s Network yabwiye abagore bahagarariye abandi bari bitabiriye Inama yaguye yigaga uko barushaho gukorana hagamijwe iterambere ry’umugore mu nzego zose, ko ari ngombwa kwinjiza umugabo mu migambi yabo kugira ngo umuryango wose wunguke.

Ni mu nama yabereye mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Nyamata.

Ijambo yagejeje kuri bariya bagore ryibanze mu kubibutsa ko  bafite uruhare runini mu gutuma ingo zabo zabaho neza.

Ati: “Umuryango niwo musingi w’iki gihugu, ubu twinjize umugabo mu mikorere yacu, bive mu muryango bijye no muri Communauté[umuryango muri rusange] kubaka urugo neza ni ukumenya ibyo urugo rucyeneye.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Balikungeri yabwiye abagore n’abagabo bacye bari baje muri iriya nama ko Umuryango Rwanda Women’s Network washinzwe mu mwaka wa 1994, intego ari ugufasha abagore bari barokotse Jenoside kongera kumva ko  bafite agaciro, bakiyubakamo icyizere cyo kubaho n’ejo hazaza.

Ngo  uriya muryango watangiye ugamije guhumuriza abari baramariwe ababo.

Muri iki gihe ariko, Balikungeri avuga ko umuryango ayoboye wamaze gukorera mu murongo mugari wa Leta y’u Rwanda.

Ibi ngo bivuze ko abagore bagomba gukomeza gukorera mu murongo wa Leta y’u Rwanda ugamije ko abagize umuryango wose bafatana urunana bakawubaka, waba mwiza bikagirira igihugu cyose akamaro.

Iriya nama yitabiriwe n’abagore 20 bahagarariye abandi mu Karere ka Bugesera

Abagore 20 nibo bitabiriye iriya nama  kandi bose baturutse mu Karere ka Bugesera.

- Advertisement -

Basuzumye n’ibibangamira umugore mu buzima bwe bwa buri munsi birimo imigenzo ishingiye ku muco n’ibindi.

Imibare itangwa n’inzego bireba ivuga ko 75% by’abagize Inteko zishinga amategeko ku isi ari abagabo.

73% by’abayobora ibigo bya Leta cyangwa iby’abigenga ni abagabo mu gihe kandi abagabo bangana na 70% muri iki gihe ari bo bari mu biganiro bigamije gukumira ko ikirere gikomeza kwandura.

Abangana n’aba kandi nibo baba bahagarariye ibihugu mu biganiro bigamije kuzaana amahoro aho yabuze ku isi.

Ku ruhande rw’u Rwanda, iki gihugu cyerekanye ko giha agaciro abagore k’uburyo kiri mu bifite abagore benshi mu nzego zitandukanye z’ubuzima bw’igihugu.

Mu mwaka wa 2019 mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda abagore banganaga na 61% mu gihe muri Guverinoma bangana na 47.6%.

Uko bimeze kose ariko, haracyari icyuho abagore bataraziba.

Umugore w’Umunyarwandakazi akeneye iterambere mu ngeri zitandukanye

Icyo cyuho kigaragara mu nzego zifatirwamo ibyemezo ndetse no mu zindi nzego z’ubuzima bw’igihugu.

Akarere ka Bugesera gafite imirenge 15, igizwe n’Utugari 72.

TAGGED:AbagoreAkarereBugeserafeatured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Mafoto: Igitaramo Cya Israel Mbonyi Cyitabiriwe Bishimishije
Next Article Nimwiza Meghan Yitandukanyije N’Abategura Irushanwa Rya Miss Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?