Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Mwana Ukundwa’: Gahunda Yo Kugabanya Igwingira Muri Nyamasheke
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

‘Mwana Ukundwa’: Gahunda Yo Kugabanya Igwingira Muri Nyamasheke

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 May 2023 8:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Shot of an adorable little girl holding her mother’s hand
SHARE

Ababyeyi bo mu Karere ka Nyamasheke bamaze igihe babwirwa ko kugira ngo umwana ave mu igwingira ari ngombwa ko ahabwa indyo nzima, akarindwa umwanda kandi yarwara akavuzwa hakiri kare. Kubyumva no kubishyira mu bikorwa byatumye hari abana 284 bamaze kuva mu igwingira.

Byashobotse binyuze mu bukangurambaga bise ‘Mwana Ukundwa’.

 Icyakora muri rusange abana barenga 2000 baracyafite iki kibazo.

Hashize iminsi mike( hari taliki 24, Mata, 2023)  ubuyobozi bwa Nyamasheke buhuye n’abafatanyabikorwa b’aka karere basuzumira hamwe aho umuhati wo kurwanya igwingira mu bana ugeze utanga umusaruro.

Iyi nama yari irimo n’ababyeyi.

Abayitabiriye basanze abana bagwingiye ari 2,027 naho abafite imirire mibi ari 376.

Muri bo  hamaze gukira abana 284.

I Nyamasheke bavuga ko bafite intego zo gukomeza guhangana n’igwingira riterwa n’imirire mibi ikunze kwibasira abana bafite hagati y’imyaka itat(3) n’imyaka itanu(5).

Umuyobozi w’aka karere witwa Appolonie Mukamasaba yabwiye itangazamakuru ati: “Binyuze mu budasa twise ‘mwana ukundwa’, mu kugabanya ubugwingire, duha abana amata n’indyo yuzuye”.

Appolonie Mukamasabo

Mukamasabo avuga ko bagenzura imikurire y’abana bose abo basanze bafite ikibazo hakongerwa imbaraga mu kubitaho.

Yagize ati:  “Buri kwezi turapima abana bose kugira ngo dukomeze gukumira.Uwo dusanze arwaye imirire mibi n’igwingira dutangira kumukurikirana. Muri buri Mudugudu dufitemo abakorerabushake n’abajyanama b’ubuzima icumi”.

Akarere ka Nyamasheke gafite imirenge 15.

Mu bana bose bakabamo, abagera ku 5,970 bafite munsi y’imyaka y’imyaka ibiri y’amavuko.

Abana bafite hagati y’imyaka ibiri n’itatu(2-3) baba mu ngo mbonezamikurire ni 1,764.

Izi ngo mbonezamikurire ni iz’ababyeyi, hakiyongeraho izindi ngo enye z’ikitegererezo.

Imibare y’uko igwingira riteye mu Rwanda ivuga ko Akarere ka Nyamasheke kari ku mwanya wa 11 kakagira igwingira riri ku gipimo cya 37,7%.

N’ubwo Nyamasheke iri gukora uko ishoboye ngo ice igwingira mu bana bayo, iracyari mu turere 10 dufite igwingira riri hejuru.

Kaza ku mwanya wa mbere, hagakurikiraho Rutsiro, Ngororero, Nyabihu, Rubavu, Musanze, Burera, Gicumbi, Kirehe na Gasabo.

Utu ni uturere dufite igwingira kurusha utundi
TAGGED:AbanafeaturedIgwingiraImibareIndwaraIndyoMukamasaboNyamasheke
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nta Gishengura Nko Kutamenya Aho Abawe Bari- Hon Mukabalisa
Next Article Intambara Ya Sudani Iri Kwaguka, Akarere Kose Karahangayitse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?