Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Naganiriye Na Kagame Uko Abanyarwanda Bakomorerwa Kuza Iwacu Bisanga- Ramaphosa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Naganiriye Na Kagame Uko Abanyarwanda Bakomorerwa Kuza Iwacu Bisanga- Ramaphosa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 April 2024 10:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’Afurika y’Epfo Cyril Ramaphosa yatangaje ko yaganiriye na mugenzi we uyobora u Rwanda ku byakorwa ngo umubano hagati y’igihugu cye n’u Rwanda wongere kuba mwiza.

Avuga ko baganiriye ku ngingo zirimo gukemura ikibazo cya viza igihugu cye kimaze iminsi kima Abanyarwanda bashaka kujyayo ndetse n’uburyo iby’umutekano muke uri mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo byakemuka kugira ngo gice gitere imbere.

Ramaphosa avuga we na Perezida Kagame baganiriye kandi ku ngingo y’uburyo FDLR yareka gukomeza kuba ikibazo ku mutekano w’u Rwanda.

Iki kiganiro cyashyizwe kuri X y’Ibiro by’Umukuru wa Perezidansi y’Afurika y’Epfo, kigaruka kandi ku ngingo na Perezida Kagame yaraye agarutseho mu ijambo yagejeje ku bitabiriye kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, ivuga ku mubano mwiza wahoze uranga Kigali na Johannesbourg.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ramaphosa yavuze ko igihugu cyagiranye n’u Rwanda umubano mwiza mu gihe kirekire cyakurikiye ihagarikwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi, bikorwa binyuze mu gufasha urwego rw’ubuzima rw’u Rwanda kwiyubaka.

Si urw’ubuzima gusa ahubwo n’urwego rw’uburezi narwo byagenze uko.

Nawe yavuze ko ‘koko’ nyuma hari ibitaragenze neza ariko ko ibyo ari ibisanzwe mu mibanire y’ibihugu kandi ko igihe kigera ibintu bigakemuka.

Ramaphosa kandi avuga ko igihugu cye giha agaciro uburyo bw’amahoro bwa Nairobi na Luanda kandi ngo aho buganisha ni ahantu heza.

Avuga ko Afurika y’Epfo ifite inshingano zo gukorana n’abayobora uru buryo bw’amahoro kugira ngo bugende neza.

- Advertisement -

Ngo ntabwo igihugu cye cyatangiza ubundi buryo, ahubwo ngo nk’abanyamuryango ba SADC bazakorana n’uburyo bwa Luanda na Nairobi kugira ngo bugere ku ntego kuko ikigenderewe ari amahoro arambye.

Ku kibazo cya viza, Ramaphosa avuga ko we na Kagame basanze iki ari ikibazo kinini kandi ko mu gihe kitarambiranye bazagiha umurongo, ariko ngo nta taliki cyangwa ingengabihe yashyizweho ibyo bizakorerwa.

Umva ikiganiro yagejeje ku banyamakuru:

LIVE: Wrapup Interview with His Excellency President @CyrilRamaphosa in Kigali, Rwanda, on conclusion of his working visit.#Kwibuka30 https://t.co/n0aZ3BqOvW

— The Presidency 🇿🇦 (@PresidencyZA) April 7, 2024

Hagati aho, muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Mbere taliki 08, Mata, 2024 Perezida Paul Kagame nawe araha itangazamakuru ikiganiro ‘gishobora’ kuza kwibanda ku biganiro yagiranye na bagenzi be bari baje kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka ndetse n’ibindi bibazo bireba ubuzima bw’u Rwanda muri iki gihe.

 

TAGGED:CongoDRCfeaturedKagameRamaphosa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Sonia Rolland Arasaba Rugira Ngo Jenoside Ntizongere Ukundi
Next Article Ab’i Rusizi Bongeye Kubona Amazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?