Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nakoze Amakosa Menshi, Ariko Ubu Narize-Ariel Wayz
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImyidagaduroMu Rwanda

Nakoze Amakosa Menshi, Ariko Ubu Narize-Ariel Wayz

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 March 2025 3:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uwayezu Arielle wamamaye ku izina rya Ariel Wayz avuga ko ikitishe umuntu kimukomeza, akemeza ko mu myaka ine amaze akora umuziki yakoze amakosa menshi, ananizwa na benshi ariko ntiyacika intege. Ubu arishimira imbuto z’iyo miruho.

Mu mwaka wa 2020 nibwo uyu mukobwa ukomoka mu Karere ka Rubavu yatangiye umuziki, akorana n’abahungu bihurije mu itsinda riririmba rikanacurangira abahanzi ryitwa Symphony Band.

Yakoranaga nabo basaza be mu gusubiramo indirimbo zakozwe n’ababatanze mu muziki ariko hakabamo n’izindi nke bikoreye ubwabo.

Abagize iri tsinda bize mu ishuri ry’umuziki ryitwa irya Nyundo kandi bari mu baharangirije amasomo mbere y’abandi.

Ariel Wayz yaje kwiyemeza gukora umuziki wenyine, ibyo bita carrière solo.

Gusa yemeza ko, ku ikubitiro, kari akazi avuga kagoye.

Ati: “ Ubwo natangiraga kwikorana umuziki nahuye na byinshi, nakoze amakosa ariko byose byaranyigishije”.

Yemeza ko ikintu cyamuciye intege kurusha ibindi ndetse kikamubabaza muri icyo gihe cyose ari abanyamakuru bakora imyidagaduro bamubwiraga ko ubwo atangiye gukora umuziki wenyine, bitazamuhira.

Bamubwiraga ko kwikorana ubwe ari icyemezo ahubukiye, ko atazamara kabiri.

Mu kiganiro yahaye abanyamakuru kuri uyu wa Kabiri yagize ati: “ Hari bagenzi banyu, sintinya kubivuga, banciye intege bavuga ko ibintu ninjiyemo ntazabishobora, ko nigize umuntu wa danger”.

Uko bimeze kose, uyu mukobwa avuga ko kudacika intege kwe kwatumye agamburuza abamucaga intege.

Avuga ko kuva ubwo bamubwiraga ko atazarenga umutaru, yahisemo gukora uko ashoboye kandi byaramuhiriye.

Wayz yemeza ko kuba akiri mu bahanzi ari umusaruro wo kudacika intege ndetse akemeza ko azafasha abakobwa bakora umuziki gutera imbere.

Yifuza ko mu gihe kiri imbere azashinga ikigo gifasha abahanzi bita label kugira ngo kizazamure abakobwa cyangwa abagore mu gihe kiri imbere.

Agiye gusohora alubumu mu buryo bwihariye…

Mu gihe gito kiri imbere, Ariel Wayz azasohora alubumu iriho indirimbo 12.

Avuga ko abazashaka kumureba ayisohora, bazabikora mu buryo bw’ikoranabuhanga bakishyura  Frw 1,000 kugira ngo bamurebe biciye ku mpuzanzira(link) azabaha.

Avuga ko hari abashatse kumuca intege ariko basanga adadiye

Asanga ubwo ari uburyo bwihariye kandi budahenze buzafasha abafana be kureba uko azamurika iyo alubumu bibereye mu ngo zabo, ku mashuri cyangwa ahandi bazahitamo.

Abajijwe niba ateganya kuzakoresha igitaramo gisanzwe, yasubije ko nta mpamvu yo kubikora nk’uko abandi babigenza, kuko hari n’abagiteguye haza bake.

Gusa avuga ko wenda hari igihe kizagera akaba yagikora nasanga ari ikintu ‘gikwiye’.

Kuri we, ikoranabuhanga ryafasha muri byinshi harimo gutegura no gukoresha igitaramo.

Alubumu ye yayise Hear To Stay, akavuga ko iyi nyito yayihisemo kugira ngo yumvishe abafana be ko ari ab’agaciro, ko ahari kubera bo.

TAGGED:ArielleIgitaramoIkoranabuhangaUwayezu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyarwanda Yashinzwe Kuyobora UN Muri Madagascar
Next Article DRC: Abasirikare 200 Bakatiwe Urwo Gupfa Kuko Bahunze M23
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

IbyamamareImyidagaduro

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?