Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nakoze Amakosa Menshi, Ariko Ubu Narize-Ariel Wayz
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImyidagaduroMu Rwanda

Nakoze Amakosa Menshi, Ariko Ubu Narize-Ariel Wayz

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 March 2025 3:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uwayezu Arielle wamamaye ku izina rya Ariel Wayz avuga ko ikitishe umuntu kimukomeza, akemeza ko mu myaka ine amaze akora umuziki yakoze amakosa menshi, ananizwa na benshi ariko ntiyacika intege. Ubu arishimira imbuto z’iyo miruho.

Mu mwaka wa 2020 nibwo uyu mukobwa ukomoka mu Karere ka Rubavu yatangiye umuziki, akorana n’abahungu bihurije mu itsinda riririmba rikanacurangira abahanzi ryitwa Symphony Band.

Yakoranaga nabo basaza be mu gusubiramo indirimbo zakozwe n’ababatanze mu muziki ariko hakabamo n’izindi nke bikoreye ubwabo.

Abagize iri tsinda bize mu ishuri ry’umuziki ryitwa irya Nyundo kandi bari mu baharangirije amasomo mbere y’abandi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ariel Wayz yaje kwiyemeza gukora umuziki wenyine, ibyo bita carrière solo.

Gusa yemeza ko, ku ikubitiro, kari akazi avuga kagoye.

Ati: “ Ubwo natangiraga kwikorana umuziki nahuye na byinshi, nakoze amakosa ariko byose byaranyigishije”.

Yemeza ko ikintu cyamuciye intege kurusha ibindi ndetse kikamubabaza muri icyo gihe cyose ari abanyamakuru bakora imyidagaduro bamubwiraga ko ubwo atangiye gukora umuziki wenyine, bitazamuhira.

Bamubwiraga ko kwikorana ubwe ari icyemezo ahubukiye, ko atazamara kabiri.

- Advertisement -

Mu kiganiro yahaye abanyamakuru kuri uyu wa Kabiri yagize ati: “ Hari bagenzi banyu, sintinya kubivuga, banciye intege bavuga ko ibintu ninjiyemo ntazabishobora, ko nigize umuntu wa danger”.

Uko bimeze kose, uyu mukobwa avuga ko kudacika intege kwe kwatumye agamburuza abamucaga intege.

Avuga ko kuva ubwo bamubwiraga ko atazarenga umutaru, yahisemo gukora uko ashoboye kandi byaramuhiriye.

Wayz yemeza ko kuba akiri mu bahanzi ari umusaruro wo kudacika intege ndetse akemeza ko azafasha abakobwa bakora umuziki gutera imbere.

Yifuza ko mu gihe kiri imbere azashinga ikigo gifasha abahanzi bita label kugira ngo kizazamure abakobwa cyangwa abagore mu gihe kiri imbere.

Agiye gusohora alubumu mu buryo bwihariye…

Mu gihe gito kiri imbere, Ariel Wayz azasohora alubumu iriho indirimbo 12.

Avuga ko abazashaka kumureba ayisohora, bazabikora mu buryo bw’ikoranabuhanga bakishyura  Frw 1,000 kugira ngo bamurebe biciye ku mpuzanzira(link) azabaha.

Avuga ko hari abashatse kumuca intege ariko basanga adadiye

Asanga ubwo ari uburyo bwihariye kandi budahenze buzafasha abafana be kureba uko azamurika iyo alubumu bibereye mu ngo zabo, ku mashuri cyangwa ahandi bazahitamo.

Abajijwe niba ateganya kuzakoresha igitaramo gisanzwe, yasubije ko nta mpamvu yo kubikora nk’uko abandi babigenza, kuko hari n’abagiteguye haza bake.

Gusa avuga ko wenda hari igihe kizagera akaba yagikora nasanga ari ikintu ‘gikwiye’.

Kuri we, ikoranabuhanga ryafasha muri byinshi harimo gutegura no gukoresha igitaramo.

Alubumu ye yayise Hear To Stay, akavuga ko iyi nyito yayihisemo kugira ngo yumvishe abafana be ko ari ab’agaciro, ko ahari kubera bo.

TAGGED:ArielleIgitaramoIkoranabuhangaUwayezu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyarwanda Yashinzwe Kuyobora UN Muri Madagascar
Next Article DRC: Abasirikare 200 Bakatiwe Urwo Gupfa Kuko Bahunze M23
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Perezida Wa Guinea Conakry Yaraye Yakiriwe N’Abaturage Be Baba Mu Rwanda

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbutabera

Kigali: Mu Minsi 10 Polisi Imaze Gufata Ibilo 50 By’Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?